Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uherutse kwemeza ko hari abacancuro b’Abarusiya bari gufatanya na FARDC mu ntambara ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo, wagaragaje ifoto y’izi ndwanyi bivugwa ko ari izo mu itsinda rya Wagner bari mu modoka ifite ibirango bya DRC.

Mu butumwa buherutse gutangazwa na M23 ku wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023 buvuga ko ari ubw’umwaka mushya, uyu mutwe weruye ko mu bari gufasha FARDC bahanganye, harimo abacancuro baturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Muri ubu butumwa bwa M23, uyu mutwe waboneyeho kugaya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwinjiza abanyamahanga mu bibazo byabo, ndetse unabusaba ibisobanuro kuri iki gikorwa bwakoze cyo kuzana abacancuro.

Uyu mutwe wa M23 kandi umaze iminsi ugaragaza ibimenyetso bihamya ko aba bacancuro koko bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, uyu mutwe washyize hanze amafoto agaragaza abo wise abo bacancuro, uvuga ko bafotorewe aho bacumbitse kuri Hoteli ya Biza iri mu Mujyi wa Goma.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, uyu mutwe wongeye kugaragaza ifoto y’abo barwanyi bari mu modoka ifite ibirango bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bambaye impuzankano ndetse banafite imbunda.

Ubutumwa buherekeje iyi foto yashyizwe kuri Twitter y’uwitwa General Sultan Makenga [ntibizwi niba ari Umugaba mukuru wa M23], bugira buti “Itsinda ry’abarwanyi ry’Abarusiya Wagner ubu bari mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo bafashe uruhande rwa FARDC ihanganye na M23.”

Ubu butumwa bugaragaza ikitonderwa, busoza bugira buti “Kinshasa [ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bugomba kuzirengera ingaruka.”

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hari hagaragaye ifoto y’umurwanyi w’umuzungu warasiwe ku rugamba ruhanganishihe FARDC na M23, bivugwa ko ari umwe muri aba bacancuro bahawe ikiraka n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − three =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba zari zashimuse abarimo uruhinja zakoze ibitari byitezwe

Next Post

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Related Posts

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

by radiotv10
05/11/2025
0

Mu Gihugu cy’u Buhindi, abantu 11 bapfiriye mu mpanuka ya gari ya moshi yari itwaye abagenzi, yagonganye n’iyari itwaye ibicuruzwa...

IZIHERUKA

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame
AMAHANGA

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.