Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Abacancuro b’indwanyi kabuhariwe ‘bafasha FARDC’ bagaragaye bambariye urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uherutse kwemeza ko hari abacancuro b’Abarusiya bari gufatanya na FARDC mu ntambara ihanganishije uyu mutwe n’igisirikare cya Congo, wagaragaje ifoto y’izi ndwanyi bivugwa ko ari izo mu itsinda rya Wagner bari mu modoka ifite ibirango bya DRC.

Mu butumwa buherutse gutangazwa na M23 ku wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023 buvuga ko ari ubw’umwaka mushya, uyu mutwe weruye ko mu bari gufasha FARDC bahanganye, harimo abacancuro baturutse ku Mugabane w’u Burayi.

Muri ubu butumwa bwa M23, uyu mutwe waboneyeho kugaya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kwinjiza abanyamahanga mu bibazo byabo, ndetse unabusaba ibisobanuro kuri iki gikorwa bwakoze cyo kuzana abacancuro.

Uyu mutwe wa M23 kandi umaze iminsi ugaragaza ibimenyetso bihamya ko aba bacancuro koko bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, uyu mutwe washyize hanze amafoto agaragaza abo wise abo bacancuro, uvuga ko bafotorewe aho bacumbitse kuri Hoteli ya Biza iri mu Mujyi wa Goma.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, uyu mutwe wongeye kugaragaza ifoto y’abo barwanyi bari mu modoka ifite ibirango bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bambaye impuzankano ndetse banafite imbunda.

Ubutumwa buherekeje iyi foto yashyizwe kuri Twitter y’uwitwa General Sultan Makenga [ntibizwi niba ari Umugaba mukuru wa M23], bugira buti “Itsinda ry’abarwanyi ry’Abarusiya Wagner ubu bari mu Burasirazuba bwa DRC kugira ngo bafashe uruhande rwa FARDC ihanganye na M23.”

Ubu butumwa bugaragaza ikitonderwa, busoza bugira buti “Kinshasa [ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bugomba kuzirengera ingaruka.”

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi hari hagaragaye ifoto y’umurwanyi w’umuzungu warasiwe ku rugamba ruhanganishihe FARDC na M23, bivugwa ko ari umwe muri aba bacancuro bahawe ikiraka n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 1 =

Previous Post

DRC: Inyeshyamba zari zashimuse abarimo uruhinja zakoze ibitari byitezwe

Next Post

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.