Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu bantu 1 149 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare bagize muri, Jenoside yakorewe Abatutsi, hamaze gufatwa 59 gusa bangana na 5%.

Kuva mu mwaka wa 1998 kugeza muri 2024; imyaka 26 irashize u Rwanda rutangiye gutanga impapuro mu mahanga zisaba Ibihugu guta muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kuva icyo gihe bumaze gutanga impapuro 1 149, zoherejwe mu Bihugu 33 byo ku Migabane y’u Burayi, Africa, Austlaria na America y’amajyaruguru.

Imibare igaragaza ko 962 bashyiriwe izo mpapuro bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Africa, bangana na 84,2% by’abashakiswa bose, ndetse 60,9% by’abashyiriweho izi mpapuro, bose bakaba bari mu Bihugu bibiri bihana imbibi n’u Rwanda, ari byo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

Mu barenga 1 000 bashyiriweho izi mpapuro; Ibihugu barimo byafashe 59 gusa; bangana na 5.1%; akaba ari bo bamaze gushyikirizwa ubutabera.

John Bosco Siboyintore uyobora ishami ry’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana abihishe mu mahanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ati “Muri Afurika ni ho hari menshi, hari 968. No muri ayo ya Afurika hari Ibihugu bibiri byiganjemo benshi, bagera hafi ya magana arindwi.  Muri DRC hariyo 408, icyakora batwoherereje batanu, muri Uganda hariyo 278, ariko batwoherereje 3.

I Burayi ahari benshi ni mu Bufaransa, hariyo 47, Ariko bamaze kohereza 7, ariko muri rusange abamaze kuburanishwa hanze ni 29, naho aboherejwe mu Rwanda ni 30. Bivuze ko abantu 59 ubakuye muri 1 149 usanga ari nk’igitonyanga mu nyanja.”

Kuba imibare igaragaza ko abakurikiranwa bakiri ku rugero ruto; Ubushinjayaha bw’u Rwanda buvuga ko bikomoka ku mpamvu zitandukanye zirimo n’ubushake bucye bwa politike bw’ibi Bihugu bibacumbikiye.

Siboyontore ati “Amashyirahamwe mpuzamahanga arimo n’ayitwa ko arengera uburenganzira bwa muntu yagiye atuvangira. Mu gihe u rwanda rwasabaga ko abo bantu bazanwa kuburanishwa mu Rwanda; bo bakajyayo bavuga ngo ntimubohereze muri kiriya Gihugu nta butabera buhari, kandi muzi ko muri 2007 igihano cy’urupfu twari twaragikuyeho. Ikindi hari ubushake bucye bwa politike bwo kubakurikirana.”

Yakomeje atanga ugero, ko muri 2010 Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda yagiye mu Gihugu kimwe cyo muri Afurikam agatungurwa no gusanga umwe mu bashakishwaga afite amangazini akomeye.

Ati “Yahise ababwira ngo ko twabasabye kumuta muri yombi ubu n’uyu mwaramubuze? Uwo baramufashe, aiko Umushinjacayaha Mukuru ataranavayo bahise bamurekura.”

Perezida Paul Kagame aherutse kugaruka kuri aba bakidembya nyamara barasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rutahwemye gusaba Ibihugu bibacumbikiye.

Perezida Kagame yagize ati “Tugirana ibiganiro kenshi n’abayoboye Ibihugu bibacumbikiye, tumaze imyaka myinshi tubikora. Ibihugu bimwe hari icyo byakoze; ariko ibyinshi ntacyo byabikozeho, icyakora abo bantu ntibashobora guhagarika ubuzima bwacu.”

Gusa Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritwe; ubutabera bw’u Rwanda bwakoze akazi gakomeye, by’umwihariko hakoreshejwe Inkiko Gacaca.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Uwabaye Perezida wigeze no gufungwa yamenyeshejwe icyemezo cyiza yafatiwe

Next Post

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.