Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abafashwe mu bashyiriweho impapuro kubera uruhare bagize muri Jenoside ni nk’igitanyanga mu nyanja
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu bantu 1 149 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi kubera uruhare bagize muri, Jenoside yakorewe Abatutsi, hamaze gufatwa 59 gusa bangana na 5%.

Kuva mu mwaka wa 1998 kugeza muri 2024; imyaka 26 irashize u Rwanda rutangiye gutanga impapuro mu mahanga zisaba Ibihugu guta muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko kuva icyo gihe bumaze gutanga impapuro 1 149, zoherejwe mu Bihugu 33 byo ku Migabane y’u Burayi, Africa, Austlaria na America y’amajyaruguru.

Imibare igaragaza ko 962 bashyiriwe izo mpapuro bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Africa, bangana na 84,2% by’abashakiswa bose, ndetse 60,9% by’abashyiriweho izi mpapuro, bose bakaba bari mu Bihugu bibiri bihana imbibi n’u Rwanda, ari byo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

Mu barenga 1 000 bashyiriweho izi mpapuro; Ibihugu barimo byafashe 59 gusa; bangana na 5.1%; akaba ari bo bamaze gushyikirizwa ubutabera.

John Bosco Siboyintore uyobora ishami ry’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana abihishe mu mahanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ati “Muri Afurika ni ho hari menshi, hari 968. No muri ayo ya Afurika hari Ibihugu bibiri byiganjemo benshi, bagera hafi ya magana arindwi.  Muri DRC hariyo 408, icyakora batwoherereje batanu, muri Uganda hariyo 278, ariko batwoherereje 3.

I Burayi ahari benshi ni mu Bufaransa, hariyo 47, Ariko bamaze kohereza 7, ariko muri rusange abamaze kuburanishwa hanze ni 29, naho aboherejwe mu Rwanda ni 30. Bivuze ko abantu 59 ubakuye muri 1 149 usanga ari nk’igitonyanga mu nyanja.”

Kuba imibare igaragaza ko abakurikiranwa bakiri ku rugero ruto; Ubushinjayaha bw’u Rwanda buvuga ko bikomoka ku mpamvu zitandukanye zirimo n’ubushake bucye bwa politike bw’ibi Bihugu bibacumbikiye.

Siboyontore ati “Amashyirahamwe mpuzamahanga arimo n’ayitwa ko arengera uburenganzira bwa muntu yagiye atuvangira. Mu gihe u rwanda rwasabaga ko abo bantu bazanwa kuburanishwa mu Rwanda; bo bakajyayo bavuga ngo ntimubohereze muri kiriya Gihugu nta butabera buhari, kandi muzi ko muri 2007 igihano cy’urupfu twari twaragikuyeho. Ikindi hari ubushake bucye bwa politike bwo kubakurikirana.”

Yakomeje atanga ugero, ko muri 2010 Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda yagiye mu Gihugu kimwe cyo muri Afurikam agatungurwa no gusanga umwe mu bashakishwaga afite amangazini akomeye.

Ati “Yahise ababwira ngo ko twabasabye kumuta muri yombi ubu n’uyu mwaramubuze? Uwo baramufashe, aiko Umushinjacayaha Mukuru ataranavayo bahise bamurekura.”

Perezida Paul Kagame aherutse kugaruka kuri aba bakidembya nyamara barasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rutahwemye gusaba Ibihugu bibacumbikiye.

Perezida Kagame yagize ati “Tugirana ibiganiro kenshi n’abayoboye Ibihugu bibacumbikiye, tumaze imyaka myinshi tubikora. Ibihugu bimwe hari icyo byakoze; ariko ibyinshi ntacyo byabikozeho, icyakora abo bantu ntibashobora guhagarika ubuzima bwacu.”

Gusa Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritwe; ubutabera bw’u Rwanda bwakoze akazi gakomeye, by’umwihariko hakoreshejwe Inkiko Gacaca.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 19 =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Uwabaye Perezida wigeze no gufungwa yamenyeshejwe icyemezo cyiza yafatiwe

Next Post

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Kigali: Hatanzwe umucyo ku byakekwaga ko Hoteli iri mu zikomeye yibasiwe n’inkongi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.