Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, bemera ko ari urwabo, bavuga ko rwinjiye mu Rwanda ruvuye muri Tanzania.
Abafashwe barimo uw’imyaka 19 na mugenzi we w’imyaka 23, bafatiwe mu Mudugusu wa Cyugamo mu Kagari ka Nyahahinga mu Murenge wa Rusororo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa tatu.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko nyuma yuko aba bantu bafashwe, bemeye ko uru rumogi ari urwabo.
Ati “Bemeye ko uru rumogi ari urwabo bakaba bari barukuye mu Karere ka Kirehe aho rwinjiye ruvuye muri Tanzania runyujijwe mu nzira zitemewe.”
Aba bantu kandi bavuze ko hari undi muntu bakorana ubafasha kwinjiza uru rumogi mu Rwanda byumwihariko mu Karere ka Kirehe, arukuye muri Tanzania.
Bafashwe batwaye iki kiyobyabwenge kuri moto, banemerera Polisi ko basanzwe bagicuruza bakoresheje iki kinyabiziga kibafasha kugeza urwo rumogi aho baba bagiye kurugurisha.
CIP Wellars Gahonzire yasabye abantu bishoye muri ibi bikorwa bitemewe, kubihagarika, kuko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye, kandi ko n’utarafatwa ubu, umusibo ari ejo ejobundi agafatwa.
Ati “Polisi y’Igihugu ifatanyije n’inzego z’umutekano, inzego z’ibanze n’abaturage; yahagurikiye abantu bacuruza ibiyobyabwenge bitandukanye birimo n’urumogi.”
Yaboneyeho kandi kwibutsa abaturage kujya batanga amakuru yatuma abakora ibikorwa nk’ibi batahurwa, byumwihariko asaba abaturiye imipaka ikunze kunyuzwaho ibi biyobyabwenge, kujya batungira agatoki inzego igihe babonye abo bakeka.
RADIOTV10