Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry’Intare’ cyateguwe n’Abakunzi b’ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418 Frw yo kuzayishyigikira mu mwaka w’imikino ugiye gutangira.

Iki gikorwa cyabereye ku Kimihurura ahazwi nko kuri Senior Officers Mess cyitabiriwe n’abarimo abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangajwe imbere na General Mubarakh Muganga wari n’umushyitsi mukuru.

Cyitabiriwe kandi n’Umugaba mukuru w’Inkeragutabara Maj.Gen Alexis Kagame wigeze no kuyobora iyi kipe, Brig.Gen Déo Rusanganwa uyobora APR FC ndetse n’abandi bacuruzi basanzwe bakunda iyi kipe.

Igitekerezo cy’iki gikorwa cyaturutse mu bafana, aho bifuje kugira uruhare rwabo mu buzima bw’ikipe nubwo batayobewe ko isanzwe iri mu biganza byiza bya Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) isanzwe iyimenyera buri kimwe.

Mu bitanze ku barimo Eric Rutayisire usanzwe uyobora Kompanyi ya Betting ya FORZZA wahaye APR FC Miliyoni 100 Frw arimo no kuba iyi kipe azayifasha kwakirira imikino 10 ya shampiyona muri Sitade Amahoro, dore ko ubusanzwe bisaba ubushobozi mu kuhakirira imikino.

Mulefu Richard usanzwe ari Umuyobozi wa APR Basketball Club, yemereye APR FC kuzayiha Miliyoni 50 Frw, Umucuruzi Jacques Rusirare nawe yemereye APR Miliyoni 50 Frw.

Usibye aba kandi, harimo n’abandi bakunzi ba APR FC bitanze bityo haboneka agera kuri Miliyoni 418 Frw mu buryo bufatika, yiyongeraho n’ibindi bikorwa byagiye byemerwa nk’abemeye kuzayiha Sound System izakoresha muri sitade, kugurira abafana amatike, kwishyura ikarita y’ubunyamuryango, kugura umwambaro wa APR FC, ku buryo ubiteranyije byose hamwe n’ayatanzwe byagera hafi kuri Miliyoni 600 Frw.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen. Mubarakh Muganga yashimiye abitabiriye iki gikorwa ahishura ko ari ibintu basabwe kenshi n’abafana bifuzaga kugira icyo bafasha ikipe yabo, ndetse anishimira umusaruro wabonetse.

Gen.Mubarakh Muganga yanabwiye abakunzi ba APR bitabiriye iki gikorwa ko bagomba kugira icyizere cyo gukuramo ikipe ya Pyramids bazahura mu ijonjora rya mbere ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika, yashimangiye ko icyo baburaga ngo bakuremo iyi kipe bakimenye.

Igikorwa cy’Ijoro ry’Intare cyabimburiye icyumweru cy’Inkera y’Imihigo kizatangira ku cyumweru, aho ikipe ya APR FC izakina na Power Dynamos yo muri Zambia, Ku wa Kabiri w’icyumqeru gitaha APR izongera ikine na AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa Kane ikine na Police FC, ubundi ku Cyumweru tariki 24 Kanama APR izasoze ikina na AZAM yo muri Tanzania muri Sitade Amahoro.

Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga yari muri iki Gikorwa
N’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alexis Kagame
Na Chairman wa APR yari ahari
Mulefu wa APR BBC yitanze miliyoni 50 Frw
Regis wahoze ari PS muri MINISPORTS na we yitabiriye uyu mugoroba

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Next Post

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.