Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura.
Sosiyete ya EAP (East Africa Promoters) itegura ibi bitaramo, yatangaje ko iby’uyu mwaka bigiye kongera kuba, aho bizatangira mu Nyakanga uyu mwaka.
Nta makuru menshi yatangajwe kuri iri serukiramuco, gusa amakuru yizewe yemeza ko ibitaramo byaryo bizagera mu Mijyi umunani (8) yo mu Ntara zose z’Igihugu nk’uko bisanzwe bizengura mu bice byose by’u Rwanda.
Iri serukiramuco ryaherukaga kuba umwaka ushize, aho ryasojwe tariki 19 Ukwakira 2024, ryaririmbyemo abahanzi b’amazina azwi muri muzika Nyarwanda, barimo Bruce Melodie, Kenny Sol, Bwiza, Danny Nanone, Bushali, Chris Eazy na Ruti Joel.
Kugeza ubu ntiharatangazwa abahanzi bazataramira abazitabira iri serukiramuco kuri iyi nshuro, dore ko nta makuru menshi kuri ryo arajya hanze.
Uretse gususurutsa abakunzi ba muzika Nyarwanda, ibi bitaramo bizenguruka Igihugu bigira uruhare mu gukura mu bwigunge abaturiye iyo mijyi ndetse no gutanga imirimo ku bahaturiye kimwe no ku bahanzi babiririmbamo.
Khamiss SANGO
RADIOTV10