Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA

radiotv10by radiotv10
27/09/2021
in SIPORO
0
Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) basoje inama y’inteko rusange banzura ko bagiye guafatanya mu ruganba rwo kuzamura agaciro k’uyu mukino mu gihugu ku buryo bizabafasha gutsinda amarushanwa mpuzamahanga atandukanye arimo n’imikino Olempike bakunze kwitabira.

Uku gusenyera umugozi umwe muri iri shyirahamwe byanzuwe kuri iki Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021 ubwo hasozwaga imirimo y’inama y’inteko rusange y’iri shyirahamwe (RSF), inama yaberaga muri Olympic Hotel iri mu murenge wa Kimironko mu mujyi wa Kigali.

Muri iyi nama y’inteko yari iyobowe na Girimbabazi Pamela usanzwe ari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga (RSF), abanyamuryango basanze icyatuma barushaho gukomeza umukino ukagira imbaraga ari uko bagomba gushaka ahava amikoro azajya abafasha mu gushyira mu bikorwa gahunda z’itera mbere ry’umukino.

Iyo urebye aho ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF) bakura amikoro usanga amafaranga bifashisha ari miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda (25,000,000 FRW) bahabwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi (FINA).

Aya mafaranga niyo akora ibikorwa byose iri shyirahamwe riba rifite buri mwaka kuko nta bandi baterankunga cyangwa abandi bafatanya bikorwa bakorana muri gahunda yo kuzamura agaciro k’umukino nyirizina.

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) avuga ko kuri ubu basanze basa n’aho bagomba guhaguruka bagahera hasi bubaka umukino bizajyana na gahunda irambye yo gushaka abaterankunga bafatanya.

“Nk’uko nanabisabye abanyamuryango, umukino wo koga mu Rwanda turi mu nzira yo kwiyubaka. Niyo mpamvu mu nama y’inteko rusange twasabye ko twashyiraho komisiyo ishinzwe gushaka amasoko kugira ngo ababifitemo ubushobozi bazadufashe dukorane bakore ubuvugizi tubone abafatanyabikorwa n’abaterankunga kuko inkunga tubona ntihagije ugereranyije n’ibikorwa tuba dufite.” Girimbabazi

Image

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF)

Mbere y’uko haterana inama y’inteko rusange ya RSF, habanje kubaho amahugurwa yahawe abayobozi b’amakipe atandukanye abarizwa muri iri shyirahamwe muri gahunda yo kubahugura imiyoborere ya siporo, bizabafasha mu kunoza neza imigenzereze yabo mu makipe bayoboye.

Muri iyi nama kandi abanyamuryango barebeye hamwe ahi gahunda y’amezi atandatu bari bihaye yagombaga gutangira muri Nyakanga 2021 ikazasozwa mu Ukuboza 2021, basanze hari ibyakozwe birimo no kohereza abakinnyi babiri mu mikino Olempike iheruka kubera i Tokyo mu Buyapani. Aba bakinnyi yari, Maniraguha Eloi waserutse mu cyiciro cy’abagabo na Alphonsine Agahozo waserutse mu cyiciro cy’abagore.

Image

Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF)

Mu mezi asigaye kugira ngo basoze gahunda bakomeje, RSF barateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga azategurwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi nk’uko Girimbabazi Pamela yabisobanuriye abanyamakuru.

“Turateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga ari kuri gahunda ya FINA. Hari ayazaba mu Ukuboza 2021 i Abu Dhabi, mbere yaho tuzaba twarohereje abandi muri Ghana mu marushanwa azakinwa mu Ukwakira 2021” Girimbabazi

Image

Mu bitekerezo bitandukanye abanyamuryango batanze bemeranyije gusenyera umugozi umwe

Girimbabazi Pamela avuga ko mu gihe abakinnyi b’u Rwanda bazaba babashije kwitwara neza muri aya marushanwa mpuzamahanga bizabongerera ubunararibonye bwo ku rwego rwo hejuru ku buryo binafasha abari munsi ye bazaba basigaye mu gihugu.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Next Post

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.