Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA

radiotv10by radiotv10
27/09/2021
in SIPORO
0
Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) basoje inama y’inteko rusange banzura ko bagiye guafatanya mu ruganba rwo kuzamura agaciro k’uyu mukino mu gihugu ku buryo bizabafasha gutsinda amarushanwa mpuzamahanga atandukanye arimo n’imikino Olempike bakunze kwitabira.

Uku gusenyera umugozi umwe muri iri shyirahamwe byanzuwe kuri iki Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021 ubwo hasozwaga imirimo y’inama y’inteko rusange y’iri shyirahamwe (RSF), inama yaberaga muri Olympic Hotel iri mu murenge wa Kimironko mu mujyi wa Kigali.

Muri iyi nama y’inteko yari iyobowe na Girimbabazi Pamela usanzwe ari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga (RSF), abanyamuryango basanze icyatuma barushaho gukomeza umukino ukagira imbaraga ari uko bagomba gushaka ahava amikoro azajya abafasha mu gushyira mu bikorwa gahunda z’itera mbere ry’umukino.

Iyo urebye aho ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF) bakura amikoro usanga amafaranga bifashisha ari miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda (25,000,000 FRW) bahabwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi (FINA).

Aya mafaranga niyo akora ibikorwa byose iri shyirahamwe riba rifite buri mwaka kuko nta bandi baterankunga cyangwa abandi bafatanya bikorwa bakorana muri gahunda yo kuzamura agaciro k’umukino nyirizina.

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) avuga ko kuri ubu basanze basa n’aho bagomba guhaguruka bagahera hasi bubaka umukino bizajyana na gahunda irambye yo gushaka abaterankunga bafatanya.

“Nk’uko nanabisabye abanyamuryango, umukino wo koga mu Rwanda turi mu nzira yo kwiyubaka. Niyo mpamvu mu nama y’inteko rusange twasabye ko twashyiraho komisiyo ishinzwe gushaka amasoko kugira ngo ababifitemo ubushobozi bazadufashe dukorane bakore ubuvugizi tubone abafatanyabikorwa n’abaterankunga kuko inkunga tubona ntihagije ugereranyije n’ibikorwa tuba dufite.” Girimbabazi

Image

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF)

Mbere y’uko haterana inama y’inteko rusange ya RSF, habanje kubaho amahugurwa yahawe abayobozi b’amakipe atandukanye abarizwa muri iri shyirahamwe muri gahunda yo kubahugura imiyoborere ya siporo, bizabafasha mu kunoza neza imigenzereze yabo mu makipe bayoboye.

Muri iyi nama kandi abanyamuryango barebeye hamwe ahi gahunda y’amezi atandatu bari bihaye yagombaga gutangira muri Nyakanga 2021 ikazasozwa mu Ukuboza 2021, basanze hari ibyakozwe birimo no kohereza abakinnyi babiri mu mikino Olempike iheruka kubera i Tokyo mu Buyapani. Aba bakinnyi yari, Maniraguha Eloi waserutse mu cyiciro cy’abagabo na Alphonsine Agahozo waserutse mu cyiciro cy’abagore.

Image

Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF)

Mu mezi asigaye kugira ngo basoze gahunda bakomeje, RSF barateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga azategurwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi nk’uko Girimbabazi Pamela yabisobanuriye abanyamakuru.

“Turateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga ari kuri gahunda ya FINA. Hari ayazaba mu Ukuboza 2021 i Abu Dhabi, mbere yaho tuzaba twarohereje abandi muri Ghana mu marushanwa azakinwa mu Ukwakira 2021” Girimbabazi

Image

Mu bitekerezo bitandukanye abanyamuryango batanze bemeranyije gusenyera umugozi umwe

Girimbabazi Pamela avuga ko mu gihe abakinnyi b’u Rwanda bazaba babashije kwitwara neza muri aya marushanwa mpuzamahanga bizabongerera ubunararibonye bwo ku rwego rwo hejuru ku buryo binafasha abari munsi ye bazaba basigaye mu gihugu.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + six =

Previous Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Next Post

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.