Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhango wo gushyingura umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana azize impanuka, witabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo abanyapolitiki nka Depite Dr Frank Habineza ndetse na Ingabire Victoire Umuhoza na Ntaganda Bernard.

Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, wabimburiwe n’isengesho ryo kumusabira bwa nyuma ryabereye mu rusengero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi.

Iri sengero ryakurikiwe n’umuhango nyirizina wo gushyingura nyakwigendera Ntwali John Williams, wabereye mu irimbi ry’Akarere ka Kamonyi.

Uyu muhango yaba uwo kumusabira bwa nyuma ndetse no kumushyingura, witabiriwe n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo inshuti n’abavandimwe ba Ntwali John Williams, abanyamakuru ndetse n’abanyapolitiki.

Mu banyapolitiki bitabiriye uyu muhango, barimo Dr Frank Habineza usanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko akaba na Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije.

Iyi ntumwa ya rubanda yitabiriye umuhango wo guherekeza Ntwali John Williams, nyuma yuko anagarutse ku rupfu rwa nyakwigendera, aho yagaragaje agahinda yatewe n’itabaruka rye.

Muri uyu muhango kandi hari Ingabire Victoire Umuhoza, umuyobozi w’Ishyaka DALFA-Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda, ndetse na Ntaganda Bernard, bombi bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Masabo Emmanuel, umuvandimwe wa nyakwigendera Ntwali John Williams, wanamenyeshejwe bwa mbere iby’urupfu rwe, yagarutse ku byamurangaga birimo guca bugufi ndetse n’umurava mu byo yakoraga.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), wabajijwe ku byakurikiye urupfu rwa Ntwali John Williams aho bamwe biganjemo imiryango iharanira Uburenganzira bwa muntu basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyahitanye uyu munyamakuru, abazwa niba uru rwego na rwo ruzabyinjiramo rugasaba ibisobanuro.

Yasubije avuga ko ibisobanuro byahawe umuryango wa nyakwigendera bihagije ku buro RMC itajya kwaka ibitarahawe abandi.

Yagize ati “Ni ibisanzwe abantu babaho bagapfa n’abariho burya igihe kizagera tugende, abo bafite ibyabo n’impamvu zibatera kuvuga ibyo. Twe nka RMC nta bindi tujyamo birenze kuba dutabaye umunyamuryango wacu.”

Urupfu rwa Ntwali John Williams rwamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri apfuye azize impanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023 mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera yakoreye ibitanagazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo icyandikiraga kuri murandasi kitwa Ireme.net yari yarashinze ndetse n’ikinyamakuru Igihe, akaba yaratabarutse amaze iminsi akorera umuyoboro wo kuri YouTube uzwi nka PAX TV yari yaranashinze.

Habanje kubaho isengesho ryo gusabira nyakwigendera
Hari kandi Depite Dr Frank Habineza (Igihe)
Ingabire Victoire Umuhoza (Igihe)
Nyakwigendera Ntwali yashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + seven =

Previous Post

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Next Post

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.