Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhango wo gushyingura umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana azize impanuka, witabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo abanyapolitiki nka Depite Dr Frank Habineza ndetse na Ingabire Victoire Umuhoza na Ntaganda Bernard.

Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, wabimburiwe n’isengesho ryo kumusabira bwa nyuma ryabereye mu rusengero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi.

Iri sengero ryakurikiwe n’umuhango nyirizina wo gushyingura nyakwigendera Ntwali John Williams, wabereye mu irimbi ry’Akarere ka Kamonyi.

Uyu muhango yaba uwo kumusabira bwa nyuma ndetse no kumushyingura, witabiriwe n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo inshuti n’abavandimwe ba Ntwali John Williams, abanyamakuru ndetse n’abanyapolitiki.

Mu banyapolitiki bitabiriye uyu muhango, barimo Dr Frank Habineza usanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko akaba na Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije.

Iyi ntumwa ya rubanda yitabiriye umuhango wo guherekeza Ntwali John Williams, nyuma yuko anagarutse ku rupfu rwa nyakwigendera, aho yagaragaje agahinda yatewe n’itabaruka rye.

Muri uyu muhango kandi hari Ingabire Victoire Umuhoza, umuyobozi w’Ishyaka DALFA-Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda, ndetse na Ntaganda Bernard, bombi bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Masabo Emmanuel, umuvandimwe wa nyakwigendera Ntwali John Williams, wanamenyeshejwe bwa mbere iby’urupfu rwe, yagarutse ku byamurangaga birimo guca bugufi ndetse n’umurava mu byo yakoraga.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), wabajijwe ku byakurikiye urupfu rwa Ntwali John Williams aho bamwe biganjemo imiryango iharanira Uburenganzira bwa muntu basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyahitanye uyu munyamakuru, abazwa niba uru rwego na rwo ruzabyinjiramo rugasaba ibisobanuro.

Yasubije avuga ko ibisobanuro byahawe umuryango wa nyakwigendera bihagije ku buro RMC itajya kwaka ibitarahawe abandi.

Yagize ati “Ni ibisanzwe abantu babaho bagapfa n’abariho burya igihe kizagera tugende, abo bafite ibyabo n’impamvu zibatera kuvuga ibyo. Twe nka RMC nta bindi tujyamo birenze kuba dutabaye umunyamuryango wacu.”

Urupfu rwa Ntwali John Williams rwamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri apfuye azize impanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023 mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera yakoreye ibitanagazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo icyandikiraga kuri murandasi kitwa Ireme.net yari yarashinze ndetse n’ikinyamakuru Igihe, akaba yaratabarutse amaze iminsi akorera umuyoboro wo kuri YouTube uzwi nka PAX TV yari yaranashinze.

Habanje kubaho isengesho ryo gusabira nyakwigendera
Hari kandi Depite Dr Frank Habineza (Igihe)
Ingabire Victoire Umuhoza (Igihe)
Nyakwigendera Ntwali yashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 17 =

Previous Post

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Next Post

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.