Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki barimo abavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi bitabiriye ishyingurwa ry’umunyamakuru Ntwali
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhango wo gushyingura umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana azize impanuka, witabiriwe n’abo mu ngeri zinyuranye barimo abanyapolitiki nka Depite Dr Frank Habineza ndetse na Ingabire Victoire Umuhoza na Ntaganda Bernard.

Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, wabimburiwe n’isengesho ryo kumusabira bwa nyuma ryabereye mu rusengero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi.

Iri sengero ryakurikiwe n’umuhango nyirizina wo gushyingura nyakwigendera Ntwali John Williams, wabereye mu irimbi ry’Akarere ka Kamonyi.

Uyu muhango yaba uwo kumusabira bwa nyuma ndetse no kumushyingura, witabiriwe n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo inshuti n’abavandimwe ba Ntwali John Williams, abanyamakuru ndetse n’abanyapolitiki.

Mu banyapolitiki bitabiriye uyu muhango, barimo Dr Frank Habineza usanzwe ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko akaba na Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije.

Iyi ntumwa ya rubanda yitabiriye umuhango wo guherekeza Ntwali John Williams, nyuma yuko anagarutse ku rupfu rwa nyakwigendera, aho yagaragaje agahinda yatewe n’itabaruka rye.

Muri uyu muhango kandi hari Ingabire Victoire Umuhoza, umuyobozi w’Ishyaka DALFA-Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda, ndetse na Ntaganda Bernard, bombi bavuga ko batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Masabo Emmanuel, umuvandimwe wa nyakwigendera Ntwali John Williams, wanamenyeshejwe bwa mbere iby’urupfu rwe, yagarutse ku byamurangaga birimo guca bugufi ndetse n’umurava mu byo yakoraga.

Cleophas Barore uyobora Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), wabajijwe ku byakurikiye urupfu rwa Ntwali John Williams aho bamwe biganjemo imiryango iharanira Uburenganzira bwa muntu basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyahitanye uyu munyamakuru, abazwa niba uru rwego na rwo ruzabyinjiramo rugasaba ibisobanuro.

Yasubije avuga ko ibisobanuro byahawe umuryango wa nyakwigendera bihagije ku buro RMC itajya kwaka ibitarahawe abandi.

Yagize ati “Ni ibisanzwe abantu babaho bagapfa n’abariho burya igihe kizagera tugende, abo bafite ibyabo n’impamvu zibatera kuvuga ibyo. Twe nka RMC nta bindi tujyamo birenze kuba dutabaye umunyamuryango wacu.”

Urupfu rwa Ntwali John Williams rwamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, nyuma y’iminsi ibiri apfuye azize impanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023 mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera yakoreye ibitanagazamakuru binyuranye mu Rwanda birimo icyandikiraga kuri murandasi kitwa Ireme.net yari yarashinze ndetse n’ikinyamakuru Igihe, akaba yaratabarutse amaze iminsi akorera umuyoboro wo kuri YouTube uzwi nka PAX TV yari yaranashinze.

Habanje kubaho isengesho ryo gusabira nyakwigendera
Hari kandi Depite Dr Frank Habineza (Igihe)
Ingabire Victoire Umuhoza (Igihe)
Nyakwigendera Ntwali yashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − four =

Previous Post

Abapolisi babonye umusore ahetse ibikapu bamukeho ibitemewe bamusatse basanga ntibibeshye

Next Post

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Related Posts

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

IZIHERUKA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Uzwi muri football mu Rwanda wari umaze igihe atumwaho na RIB yageze aho arayumvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.