Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batandatu bahoze muri FDLR barimo uwari ufite ipeti rya General de Brigade, bamaze igihe baburanishwa ku byaha birimo kuba mu mutwe w’Iterabwoba, bahamijwe bimwe mu byaha bashinjwaga, bakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cy’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwemeje ko Leopord Mujyambere wahoze ari General de Brigade, na bagenzi be, bahamwana bimwe mu byaha bakekwaho.

Abandi baburanaga hamwe na Leopord wari uzwi nka Musenyeri, Habyarimana Joseph, Ruzindana Felicien, Emmanuel Habimana, na Mpakaniye Emelien; bahamwa na bimwe mu byaha bakekwaho.

Urukiko rwabahamije icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba, rubahanaguraho icyaha cyo kurema umutwe w’iterabwoba n’uwitwara gisirikare ndetse n’icyaha cy’ubugambanyi.

Mu isomwa ry’urubanza, ryakurikiranywe n’abaregwa bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure, Umucamanza yavuze ko Urukiko rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’ibyavuzwe n’abaregwa ubwabo, babaye mu mutwe wa FDLR mu buryo budashidikanywaho.

Abaregwa baburanye biyemerera ko babaga muri FDLR ariko ko bayigiyemo ku gahato, bakemera kuyigumamo mu rwego rwo gukiza amagara yabo.

Aba bagabo basabaga ko barekurwa bakajyanwa mu ngando z’i Mutobo nkuko bikorerwa abandi bari abarwanyi bataha ku bushake cyangwa bafashwe, ubundi bagasubira mu muryango nyarwanda mugari.

Urukiko ubwo rwasomaga icyemezo cyarwo, rwavuze ko kuko abaregwa batagoye ubutabera kuko biyemerera ko babaga muri uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya u Rwanda, bagabanyirizwa igihano, bagakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Bimwe mu bikorwa baregwa, birimo ibitero byagabwe na FDLR, mu Rwanda, birimo n’ibyagiye bihitana inzirakarengane z’Abanyarwanda.

Urukiko kandi rwateye utwatsi icyifuzo bakunze gutanga ko bifuza ko na bo bajyanwa i Mutobo, ruvuga ko ibikorwa bashinjwa bigize ibyaha, bityo ko bakwiye kubihanirwa, mu gihe abajyanwa mu Ngando ari aba badafite ibyaha bakurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

Umubyeyi wa Hakimi wavuzweho ibyatunguye Isi yose noneho we yavuze ibitangaje kurushaho

Next Post

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by'intambara birahangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.