Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batandatu bahoze muri FDLR barimo uwari ufite ipeti rya General de Brigade, bamaze igihe baburanishwa ku byaha birimo kuba mu mutwe w’Iterabwoba, bahamijwe bimwe mu byaha bashinjwaga, bakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cy’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwemeje ko Leopord Mujyambere wahoze ari General de Brigade, na bagenzi be, bahamwana bimwe mu byaha bakekwaho.

Abandi baburanaga hamwe na Leopord wari uzwi nka Musenyeri, Habyarimana Joseph, Ruzindana Felicien, Emmanuel Habimana, na Mpakaniye Emelien; bahamwa na bimwe mu byaha bakekwaho.

Urukiko rwabahamije icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba, rubahanaguraho icyaha cyo kurema umutwe w’iterabwoba n’uwitwara gisirikare ndetse n’icyaha cy’ubugambanyi.

Mu isomwa ry’urubanza, ryakurikiranywe n’abaregwa bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure, Umucamanza yavuze ko Urukiko rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’ibyavuzwe n’abaregwa ubwabo, babaye mu mutwe wa FDLR mu buryo budashidikanywaho.

Abaregwa baburanye biyemerera ko babaga muri FDLR ariko ko bayigiyemo ku gahato, bakemera kuyigumamo mu rwego rwo gukiza amagara yabo.

Aba bagabo basabaga ko barekurwa bakajyanwa mu ngando z’i Mutobo nkuko bikorerwa abandi bari abarwanyi bataha ku bushake cyangwa bafashwe, ubundi bagasubira mu muryango nyarwanda mugari.

Urukiko ubwo rwasomaga icyemezo cyarwo, rwavuze ko kuko abaregwa batagoye ubutabera kuko biyemerera ko babaga muri uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya u Rwanda, bagabanyirizwa igihano, bagakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Bimwe mu bikorwa baregwa, birimo ibitero byagabwe na FDLR, mu Rwanda, birimo n’ibyagiye bihitana inzirakarengane z’Abanyarwanda.

Urukiko kandi rwateye utwatsi icyifuzo bakunze gutanga ko bifuza ko na bo bajyanwa i Mutobo, ruvuga ko ibikorwa bashinjwa bigize ibyaha, bityo ko bakwiye kubihanirwa, mu gihe abajyanwa mu Ngando ari aba badafite ibyaha bakurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 13 =

Previous Post

Umubyeyi wa Hakimi wavuzweho ibyatunguye Isi yose noneho we yavuze ibitangaje kurushaho

Next Post

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Related Posts

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

IZIHERUKA

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye
MU RWANDA

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by'intambara birahangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.