Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abarimo General bahoze mu mutwe urwanya u Rwanda bafatiwe icyemezo n’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batandatu bahoze muri FDLR barimo uwari ufite ipeti rya General de Brigade, bamaze igihe baburanishwa ku byaha birimo kuba mu mutwe w’Iterabwoba, bahamijwe bimwe mu byaha bashinjwaga, bakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cy’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwemeje ko Leopord Mujyambere wahoze ari General de Brigade, na bagenzi be, bahamwana bimwe mu byaha bakekwaho.

Abandi baburanaga hamwe na Leopord wari uzwi nka Musenyeri, Habyarimana Joseph, Ruzindana Felicien, Emmanuel Habimana, na Mpakaniye Emelien; bahamwa na bimwe mu byaha bakekwaho.

Urukiko rwabahamije icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba, rubahanaguraho icyaha cyo kurema umutwe w’iterabwoba n’uwitwara gisirikare ndetse n’icyaha cy’ubugambanyi.

Mu isomwa ry’urubanza, ryakurikiranywe n’abaregwa bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure, Umucamanza yavuze ko Urukiko rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’ibyavuzwe n’abaregwa ubwabo, babaye mu mutwe wa FDLR mu buryo budashidikanywaho.

Abaregwa baburanye biyemerera ko babaga muri FDLR ariko ko bayigiyemo ku gahato, bakemera kuyigumamo mu rwego rwo gukiza amagara yabo.

Aba bagabo basabaga ko barekurwa bakajyanwa mu ngando z’i Mutobo nkuko bikorerwa abandi bari abarwanyi bataha ku bushake cyangwa bafashwe, ubundi bagasubira mu muryango nyarwanda mugari.

Urukiko ubwo rwasomaga icyemezo cyarwo, rwavuze ko kuko abaregwa batagoye ubutabera kuko biyemerera ko babaga muri uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya u Rwanda, bagabanyirizwa igihano, bagakatirwa gufungwa imyaka itanu.

Bimwe mu bikorwa baregwa, birimo ibitero byagabwe na FDLR, mu Rwanda, birimo n’ibyagiye bihitana inzirakarengane z’Abanyarwanda.

Urukiko kandi rwateye utwatsi icyifuzo bakunze gutanga ko bifuza ko na bo bajyanwa i Mutobo, ruvuga ko ibikorwa bashinjwa bigize ibyaha, bityo ko bakwiye kubihanirwa, mu gihe abajyanwa mu Ngando ari aba badafite ibyaha bakurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 5 =

Previous Post

Umubyeyi wa Hakimi wavuzweho ibyatunguye Isi yose noneho we yavuze ibitangaje kurushaho

Next Post

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by’intambara birahangana

Soudan: Nyuma y’agahenge urugamba rwongeye kwambikana ibifaru na kajugujugu by'intambara birahangana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.