Thursday, May 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in Uncategorized
0
Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Sudani y’Epfo na yo yohereje abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabwa kuzarangwa n’ikinyabupfura gihebuje, bakirinda gusambanya abagore n’abakobwa.

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bashyikirijwe ibendera ry’Igihugu cyabo na Perezida Salva Kiir kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Ni abasirikare 750 bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango.

Aba basirikare biyongereye ku b’ibindi Bihugu byo muri uyu muryango, barimo aba Kenya ari na yo iyoboye ubu butumwa, ab’u Burundi n’aba Uganda.

Ubwo yabagezagaho ubutumwa mbere yo kwerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yabasabye kuzitwara kinyamwuga ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Mugiye mu butumwa mugomba kugeraho bwo kugarura amahoro muri Congo. Mbasabye kuzagaragaza imyitwarire iboneye ndetse no kubahiriza amabwiriza.”

Yabasabye kandi kuzirinda kugwa mu bikorwa by’ibyaha birimo nko gusambanya abagore ndetse n’ibindi byose byabangamira abaturage kuko bajyanywe no kubarinda aho kubabangamira.

Ati “SPLA (Igisirikare cya Sudani y’Epfo) mu gihe cy’urugamba rw’ubwigenge cyari gifite imyitwarire myiza yo ku rwego rwo hejuru. Sinifuza ko mugenda mugateza ibibazo, ntimuzigere musambanya abagore n’abakobwa.”

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bagiye basanga bagenzi babo hari icyo bamaze kugeraho mu butumwa bwabajyanye, dore ko iri tsinda ry’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba riherutse kugira icyo rigeraho mu mishyikirano n’umutwe wa M23 uherutse no kurishyikiriza agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko y’uyu mutwe.

Perezida Salva Kiir yahaye ibendera aba basirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Next Post

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.