Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in Uncategorized
0
Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Sudani y’Epfo na yo yohereje abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabwa kuzarangwa n’ikinyabupfura gihebuje, bakirinda gusambanya abagore n’abakobwa.

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bashyikirijwe ibendera ry’Igihugu cyabo na Perezida Salva Kiir kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Ni abasirikare 750 bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango.

Aba basirikare biyongereye ku b’ibindi Bihugu byo muri uyu muryango, barimo aba Kenya ari na yo iyoboye ubu butumwa, ab’u Burundi n’aba Uganda.

Ubwo yabagezagaho ubutumwa mbere yo kwerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yabasabye kuzitwara kinyamwuga ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Mugiye mu butumwa mugomba kugeraho bwo kugarura amahoro muri Congo. Mbasabye kuzagaragaza imyitwarire iboneye ndetse no kubahiriza amabwiriza.”

Yabasabye kandi kuzirinda kugwa mu bikorwa by’ibyaha birimo nko gusambanya abagore ndetse n’ibindi byose byabangamira abaturage kuko bajyanywe no kubarinda aho kubabangamira.

Ati “SPLA (Igisirikare cya Sudani y’Epfo) mu gihe cy’urugamba rw’ubwigenge cyari gifite imyitwarire myiza yo ku rwego rwo hejuru. Sinifuza ko mugenda mugateza ibibazo, ntimuzigere musambanya abagore n’abakobwa.”

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bagiye basanga bagenzi babo hari icyo bamaze kugeraho mu butumwa bwabajyanye, dore ko iri tsinda ry’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba riherutse kugira icyo rigeraho mu mishyikirano n’umutwe wa M23 uherutse no kurishyikiriza agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko y’uyu mutwe.

Perezida Salva Kiir yahaye ibendera aba basirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Next Post

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.