Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in Uncategorized
0
Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Sudani y’Epfo na yo yohereje abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabwa kuzarangwa n’ikinyabupfura gihebuje, bakirinda gusambanya abagore n’abakobwa.

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bashyikirijwe ibendera ry’Igihugu cyabo na Perezida Salva Kiir kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Ni abasirikare 750 bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango.

Aba basirikare biyongereye ku b’ibindi Bihugu byo muri uyu muryango, barimo aba Kenya ari na yo iyoboye ubu butumwa, ab’u Burundi n’aba Uganda.

Ubwo yabagezagaho ubutumwa mbere yo kwerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yabasabye kuzitwara kinyamwuga ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Mugiye mu butumwa mugomba kugeraho bwo kugarura amahoro muri Congo. Mbasabye kuzagaragaza imyitwarire iboneye ndetse no kubahiriza amabwiriza.”

Yabasabye kandi kuzirinda kugwa mu bikorwa by’ibyaha birimo nko gusambanya abagore ndetse n’ibindi byose byabangamira abaturage kuko bajyanywe no kubarinda aho kubabangamira.

Ati “SPLA (Igisirikare cya Sudani y’Epfo) mu gihe cy’urugamba rw’ubwigenge cyari gifite imyitwarire myiza yo ku rwego rwo hejuru. Sinifuza ko mugenda mugateza ibibazo, ntimuzigere musambanya abagore n’abakobwa.”

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bagiye basanga bagenzi babo hari icyo bamaze kugeraho mu butumwa bwabajyanye, dore ko iri tsinda ry’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba riherutse kugira icyo rigeraho mu mishyikirano n’umutwe wa M23 uherutse no kurishyikiriza agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko y’uyu mutwe.

Perezida Salva Kiir yahaye ibendera aba basirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Next Post

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.