Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in Uncategorized
0
Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Sudani y’Epfo na yo yohereje abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, basabwa kuzarangwa n’ikinyabupfura gihebuje, bakirinda gusambanya abagore n’abakobwa.

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bashyikirijwe ibendera ry’Igihugu cyabo na Perezida Salva Kiir kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Ni abasirikare 750 bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byemejwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango.

Aba basirikare biyongereye ku b’ibindi Bihugu byo muri uyu muryango, barimo aba Kenya ari na yo iyoboye ubu butumwa, ab’u Burundi n’aba Uganda.

Ubwo yabagezagaho ubutumwa mbere yo kwerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yabasabye kuzitwara kinyamwuga ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Mugiye mu butumwa mugomba kugeraho bwo kugarura amahoro muri Congo. Mbasabye kuzagaragaza imyitwarire iboneye ndetse no kubahiriza amabwiriza.”

Yabasabye kandi kuzirinda kugwa mu bikorwa by’ibyaha birimo nko gusambanya abagore ndetse n’ibindi byose byabangamira abaturage kuko bajyanywe no kubarinda aho kubabangamira.

Ati “SPLA (Igisirikare cya Sudani y’Epfo) mu gihe cy’urugamba rw’ubwigenge cyari gifite imyitwarire myiza yo ku rwego rwo hejuru. Sinifuza ko mugenda mugateza ibibazo, ntimuzigere musambanya abagore n’abakobwa.”

Aba basirikare ba Sudani y’Epfo bagiye basanga bagenzi babo hari icyo bamaze kugeraho mu butumwa bwabajyanye, dore ko iri tsinda ry’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba riherutse kugira icyo rigeraho mu mishyikirano n’umutwe wa M23 uherutse no kurishyikiriza agace ka Kibumba kari kamaze iminsi kari mu maboko y’uyu mutwe.

Perezida Salva Kiir yahaye ibendera aba basirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Next Post

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare
AMAHANGA

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Akaga karagwira: Umugabo yagiye kurya inyama azivumbye iya mbere ihita imwivugana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.