Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali na yo imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’amikoro byatumye badaheruka umushahara, banze kujya mu myitozo, mu gihe abatoza bari bamaze kwitegura, bakabategereza amaso agahera mu kirere.

Iyi kipe ya AS Kigali na yo iri mu makipe amaze iminsi avugwamo ibibazo by’amikora, aho amakuru aturuka mu bakinnyi bayo, avuga ko bamaze igihe batazi uko umushahara umera ku buryo amezi atatu yihiritse.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, iyi kipe yagombaga gusubukura imyitozo yo kwitegura imikino itandatu isigaye ya Shampiyona y’u Rwanda, ariko abakinnyi barabura.

Ni mu gihe abatoza bayo babyukiye kuri Kigali Pele Stadium ahagombaga gukorerwa iyi myitozo, ndetse bagatangira kwitegura kuko bari bamaze gushyiraho ibikoresho bibafasha gukoresha imyitozo, ariko bategereza abakinnyi baraheba.

Ni imyitozo yagombaga gusubukurwa kuri uyu wa Gatanu nyuma y’uko abakinnyi bari bahawe akaruhuko katanzwe n’umutoza Guy Bukasa ubwo hasozwaga umunsi wa 24 wa Shampiyona hakabaho akaruhuko k’amakipe y’Ibihugu ari mu myiteguro y’imikino inyuranye.

Gusa amakuru ahari, avuga ko n’ubundi abakinnyi bagiye muri aka karuhuko babwiye umutoza wabo ko mu gihe baba badahawe imishahara y’amezi atatu baberewemo, batazagaruka mu myitozo.

Ikipe ya AS Kigali isanzwe ifashwa n’Umujyi wa Kigali, si yo ivugwamo ibibazo by’amikoro gusa, kuko n’umuvandimwe wayo Kiyovu Sports na yo imaze amezi atanu idahemba abakinnyi bayo, ibyatumye abakinnyi bayo bakomeye na bo basa nk’abayigumuraho aho banze kuyifasha mu mikino iheruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi

Next Post

Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.