Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abayoboye Rayon bavuzweho kudahuza bagarutse bunze ubumwe banafitiye ubutumwa amakipe
Share on FacebookShare on Twitter

Abayoboye ikipe ya Rayon Sports bigeze kuvugwaho kudahuza, biravugwa ko bamaze kwiyunga ngo bafashe iyi kipe idafite umuyobozi ubu, mu mikino ifite mu minsi iri imbere irimo uzayihuza na mucyeba wayo Kiyovu Sports.

Aba barimo Munyakazi Sadate na Paul Muvunyi, bagaragaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 bari kumwe, ndetse bavuga ko bari gufasha iyi kipe ya Rayon Sports kwitegura umukino uzayihuza na Kiyovu.

Sadate Munyakazi, mu butumwa yatanze yicaranye na Paul Muvunyi, yagarutse kuri uyu mukino ugiye guhuza Rayon na Kiyovu, avuga ko bagomba kuwutsinda.

Sadate asubiza Juvenal Mvukiyehe na we wahoze ayobora Kiyovu, na we wagarutse avuga ko na we yiteguye gutsinda ikipe yabo, yagize ati “Nyakubahwa Perezida Muvunyi, uyu muntu ntitwamuha ubutumwa ngo ahubwo twitegure, twitegure nk’Aba-Rayon, twitegure nk’abanyabikombe kugira ngo bakwereke uko ibikombe bitegurwa, uko ibikombe bijyanwa. Kiyovu rero ni wowe uhereweho.”

Munyakazi Sadate kandi yemeje ko uku guhura kwe na Muvunyi kwagennye agahimbazamushyi kazahabwa abakinnyi b’iyi kipe igihe bazatsinda Kiyovu.

Ati “Njye na Perezida Muvunyi rwose twabitekereje kandi neza, abasore badushimishe, dukore natwe ku makofi tubashimishe uko bikwiye.”

Juvenal Mvukiyehe wahoze ari Perezida wa Kiyovu, na we mu butumwa yari yatanze, yavuze ko nubwo yumvise ko “abo basaza ba Rayon bagarutse, mubabwire ko bagiye kubabara kuko natwe abasaza ba Kiyovu twagarutse.”

Umunyemari Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports, na we yavuze ko atari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri baba babaje abakunzi ba Kiyovu, ndetse ko hari n’igihe batazibagirwa ubwo bayimanuraga mu cyiciro cya Kabiri ariko ikaza kubicika.

Ati “Ntabwo tuje kuyibabaza nk’uburyo twayibabaje ubwo yagombaga kujya…ariko Kiyovu tuzayibabaza gahoro kuko twaratabaranye, turaziranye, tumaranye igihe, ariko turiteguye.”

Aba bayoboye Rayon Sports kandi bunze ubumwe mu gihe habura igihe gito ngo habe amatora ya Komiye Nyobozi ya Rayon Sports n’uzasimbura Uwayezu Jean Fidele uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’iyi kipe.

Mbere y’aya matora kandi, habanje gushyirwaho akanama kagomba kuvugurura amategeko agomba kugenga ahazaza h’umuryango wa Rayon Sports.

Aka kanama kayobowe na Paul Muvunyi, kagizwe n’abarimo Sadate Munyakazi, Gacinya Chance Deny, Prosper Muhirwa na Thadée Twagirayezu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Next Post

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Related Posts

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk'umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n'Ikipe y'Igihugu ya Brazil ko ari we...

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umutego umwe mu bafana ba Rayon Sports agasa nk’uguye...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Perezida Kagame yahagarariwe mu nama iri kubera i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.