Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

radiotv10by radiotv10
03/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
Share on FacebookShare on Twitter

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean Luc Ouédraogo, basezeranyijwe n’umukozi w’Imana wo mu rindi Torero, avuga ko ibyatangajwe ari ibinyoma, kuko uriya muhanzi atigeze amugana ngo amugezeho ubusabe bwo kubasezeranya.

Ishimwe Vestine n’umugabo we; Umunya-Burkina Faso Idriss Jean Luc Ouédraogo, bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka, aho basezeranyijwe na Pasiteri Jackson Mugisha wa Spirit Revival Temple, mu gikorwa cyabereye mu busitani bwa Intore Conference Arena i Rusororo.

Nyuma y’ubu bukwe, hari amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ko Itorero rya ADEPR ryanze gusezeranya uriya muririmbyi Vestine n’umugabo we, nyamara uyu muhanzikazi n’umuryango we basanzwe babarizwa muri iri Torero.

Ni amakuru yazamuwe n’uwiyita umukozi w’Imana, wavuze ko Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora iri Torero yanze gusezeranya uriya muhanzi n’umugabo we.

Uyu mushumba mukuru wa ADEPR, Rev. Ndayizeye Isaïe yahakanye aya makuru, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa cyatangajwe n’uriya wiyita Pasiteri.

Yagize ati “Ibyo yavuze byose yarambeshyeye. Vestine nta n’ubwo ndahura na we, mvuze ngo yaje mu biro byanjye [naba mbeshye]”

Uyu muyobozi wa ADEPR avuga ko iri Torero ritajya ryanga no gusezeranya abantu, kuko rihora ryifuriza abayoboke baryo ibyiza birimo no gushinga umuryango, bityo ko impamvu abantu bashobora gukeka ko yabuza iri Torero gusezeranya abantu, idashobora kubikoma mu nkokora.

Ati “Nta n’ubwo twanga gusezeranya abantu, tubagira inama, turabaganiriza, dukunda urubyiruko, dukunda umuryango.”

Rev. Ndayizeye Isaïe avuga ko uwatangaje ibintu nka biriya, aba adakwiye guhabwa umwanya muri sosiyete, kuko ashobora kuyobya abantu.

Ati “Mbega nimubona umuntu wagiye ku karubanda agakora inkuru y’ikinyoma kandi rwose ashishikaye muzabanze murebe ko hari n’izindi yakoze, murebe ko hari n’izindi nzima ajya avuga. Ntimukajye mutinda ku bantu batagira ibintu bizima, ahubwo mujye muhitamo kuvaga ibintu bizima.”

Ishimwe Vestine usanzwe aririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yakoze ubukwe ku myaka ye 22 y’amavuko, mu gihe umugabo we afite imyaka 36.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Next Post

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.