Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FRDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi, basenye ikiraro cyo muri Teritwri ya Walikare, bikabangamira urujya n’uruza rw’abaturage, kandi ko ari umugambi wateguwe wo gushyira mu kaga abaturage no kubicisha inzara.

Ibi byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, rigamije gukomeza kwamagana ibikorwa biriho bikorwa n’uruhande bahanganye bigira ingaruka kuri rubanda.

Iri Huriro ritangira rivuga ko Ubutegetsi bwa DRC bukomeje kurenga ku biganiro by’amahoro by’i Doha n’imyanzuro yagiye ifatirwamo irimo iyo guhagarika imirwano.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rigira riti “Kuri iki Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025, uruhande rwishyize hamwe rw’Ubutegetsi bwa Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, Mai-Mai WAZALENDO, abacancuro n’igisirikare cy’u Burundi (FDNB), rwasenye ikiraro Vital cya Mpeti muri Teritwari ya Walikare.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko iki gikorwa ari kimwe mu mugambi w’ubutegetsi bwa Kinshasa, wo kwangiza ibikorwa remezo bifitiye akamaro Abanyekongo bisanzwe bigira uruhare mu rujya n’uruza no guhuza abo mu duce tumwe n’utundi, ndetse binagamije kubabuza kubasha kugera ku mitungo yabo y’ingenzi.

Ati “Uyu mugambi wo gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi by’Abaturage b’Abanyekongo, byakozwe mu mugambo wateguwe, ugamije gushyira mu kato abaturage b’abasivile, no kuburizamo urujya n’uruza rw’abaturage n’ibyabo.”

Iri Huriro AFC/M23 rivuga ko “Rifata ibi bikorwa nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu bigamije kwicisha inzara abaturage b’inzirakarengane.”

Iri huriro rihamagarira Umuryango mpuzamahanga kumenya ibiriho bikorerwa muri Uvira, rikavuga ko ridashobora kubyihanganira, ahubwo ko rigikomeye ku ntego yaryo yo kurinda abaturage b’abasivile, kandi ko nk’uko ryakunze kubivuga rizajya rijya kuburizamo ibyo bikorwa ku isoko y’aho bitegurirwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 13 =

Previous Post

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Next Post

Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.