Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AFCON2023: Indi kipe yahabwaga amahirwe ku gikombe yasezerewe n’iherutse gutsindwa n’Amavubi

radiotv10by radiotv10
31/01/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
AFCON2023: Indi kipe yahabwaga amahirwe ku gikombe yasezerewe n’iherutse gutsindwa n’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Maroc iri mu makipe akomeye ku Isi dore ko mu Gikombe cy’Isi giheruka yageze muri 1/2 cy’irangiza, yasezerewe mu Gikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindwa na Afurika y’Epfo iherurse gutsindwa n’u Rwanda mu mikino yo gushaka itike y’icy’Isi.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye iri kubera muri Cote d’Ivoire aho uyu wari uwa nyuma wo muri 1/8 cy’irangiza, watangiye benshi baha amahirwe Maroc gutsinda Afurika y’Epfo.

Gusa si ko byagenze, kuko iyi Maroc yatsinzwe na Afurika y’Epfo ibitego 2-0, na yo iba isezerewe ityo muri 1/8 cy’irangiza.

Ibitego bibiri bya Afurika y’Epfo byatumye Maroc isezererwa, byatsinzwe na Evidence Makgopa ku munota wa 57’ ndetse n’igitego cya Teboho Mokoena cyabonetse mu minota itanu y’inyongera y’umukino.

Maroc iri mu makipe yahabwaga amahirwe ubwo iki gikombe cyatangiraga, yasezerewe nyuma ya Senegal ari na yo ifite iki gikombe, yo yasezerewe hirya y’ejo hashize.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mutarama 2024 kandi habaye umukino Mali yatsinzemo Burkinafaso ibitego 2-1.

Amakipe atanu ya mbere muri Afurika yose amaze gusezererwa, ari yo Maroc, Senegal, Egypt, Algeria ndetse na Tunisia.

Uko Gahunda y’imikino ya 1/4 iteye:

Ku wa Gatanu:

-Nigeria vs Angola (19:00)
-DR Congo vs Guinea (22:00)

Ku wa Gatandatu

-Mali vs Ivory Coast (19:00)
-Cape Verde vs South Africa (22:00)

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twelve =

Previous Post

Tanzania: Perezida yashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo na ambasaderi mu Rwanda

Next Post

Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Related Posts

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.