Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AFCON2023: Indi kipe yahabwaga amahirwe ku gikombe yasezerewe n’iherutse gutsindwa n’Amavubi

radiotv10by radiotv10
31/01/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
AFCON2023: Indi kipe yahabwaga amahirwe ku gikombe yasezerewe n’iherutse gutsindwa n’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Maroc iri mu makipe akomeye ku Isi dore ko mu Gikombe cy’Isi giheruka yageze muri 1/2 cy’irangiza, yasezerewe mu Gikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindwa na Afurika y’Epfo iherurse gutsindwa n’u Rwanda mu mikino yo gushaka itike y’icy’Isi.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye iri kubera muri Cote d’Ivoire aho uyu wari uwa nyuma wo muri 1/8 cy’irangiza, watangiye benshi baha amahirwe Maroc gutsinda Afurika y’Epfo.

Gusa si ko byagenze, kuko iyi Maroc yatsinzwe na Afurika y’Epfo ibitego 2-0, na yo iba isezerewe ityo muri 1/8 cy’irangiza.

Ibitego bibiri bya Afurika y’Epfo byatumye Maroc isezererwa, byatsinzwe na Evidence Makgopa ku munota wa 57’ ndetse n’igitego cya Teboho Mokoena cyabonetse mu minota itanu y’inyongera y’umukino.

Maroc iri mu makipe yahabwaga amahirwe ubwo iki gikombe cyatangiraga, yasezerewe nyuma ya Senegal ari na yo ifite iki gikombe, yo yasezerewe hirya y’ejo hashize.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mutarama 2024 kandi habaye umukino Mali yatsinzemo Burkinafaso ibitego 2-1.

Amakipe atanu ya mbere muri Afurika yose amaze gusezererwa, ari yo Maroc, Senegal, Egypt, Algeria ndetse na Tunisia.

Uko Gahunda y’imikino ya 1/4 iteye:

Ku wa Gatanu:

-Nigeria vs Angola (19:00)
-DR Congo vs Guinea (22:00)

Ku wa Gatandatu

-Mali vs Ivory Coast (19:00)
-Cape Verde vs South Africa (22:00)

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Tanzania: Perezida yashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo na ambasaderi mu Rwanda

Next Post

Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Mu Rwanda havutse injyana nshya ishobora kuzaba ikirango cya muzika Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.