• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Gabon baramukiye mu mihanda mu bice binyuranye by’Igihugu by’umwihariko mu Murwa Mukuru i Libre Ville, bishimira ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo wari utaramara n’umunsi umwe atorewe indi manda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nibwo igisirikare cya leta ya Gabon cyavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ko bahiritse ku butegetsi Perezida Ali Bongo wari umaze gutangazwa ko yatsinze amatora yabaye mu cyumweru gishize.

Komisiyo y’Amatora muri iki Gihugu, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ku mugaragaro ko ibyavuye mu matora bigaragaza ko Ali Bongo ari we watsindiye kuyobora iki Gihugu muri manda ya gatatu n’amajwi 64%.

Ni intsinzi abasirikare n’abatavugarumwe na Leta bamaganye, bavuga ko badashyigikiye ko Bongo umaze imyaka 14 ku butegetsi asubiraho kuko nta bushobozi agifite bwo kuyobora Igihugu cyane ko afite uburwayi bwamushegeshe amaranye imyaka itanu.

Ikindi gituma bamagana iyo ntsinzi, ni uko imyaka 53 ishize, umuryango wa Ali Bongo wihariye ubutegetsi ntawundi wo hanze babererekera.

Byatumye bahita bamushyira ku gatebe bafata ubutegetsi, basesa ibyavuye mu matora, banasesa Itegeko Nshinga n’inzego zose z’ubuyobozi.

Bamaze kandi kuvuga ko bamufunze, akaba asimbuwe n’uwari ukuriye abamurinda, akaba ari we Perezida w’inzibacyuho.

Abaturage bahise bagaragaza ko bishimiye ibi byakozwe n’igisirikare, bahita birara mu mihanda baririmba ko baruhutse akangari k’ibibazo byo ku ngoma ya Bongo byari byarabazengereje.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda yungutse imbaranga nshya

Next Post

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.