Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama y’Umuryango BRICS uhuriyemo Ibihugu byiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu, ibyo ku Mugabane wa Afurika byayitumiwemo, byiyemeje kuyoboka uyu Muryango, ariko Perezida umwe agaragaza igikwiye gushyirwa imbere kuri uyu Mugabane.

Muri iyi nama yari iteraniye muri Afurika y’Epfo, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh.

Kuva kuri Perezida w’u Bushinwa, Xi Jimping, Vladmir V Putin w’u Burusiya, Narendra Modi w’u Buhinde na Luiz Inácio Lula da Silva uyobora Brasil; bose bavuze ubuhangange ibihugu byabo bifite ku Mugabane wa Afurika, banemeza ko bizarushaho kwiyongera mu gihe ibihugu byo kuri uyu Mugabane byafata icyemezo kidasubira inyuma mu mikoranire yeruye n’umuryango wa BRICS.

Abakuru b’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane wa Afurika, kuva kuri Azali Assoumani uyobora Ibirwa bya Comores, unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Evariste Ndayishimiye unayobora u Burundi, na Ismael Omar Guelleh uyobora IGAD; bavuze ko imiryango bayoboye ibona amahirwe akomeye mu bufatanye n’uyu muryango utemerwa n’Abanyaburayi na Amerika.

Banaboneyeho no kuvuga ibibazo bafite bidindiza iterambere ry’Ibihugu byabo birimo amadeni byafashe mu mahanga ndetse n’umutungo kamere badashoboye kubyaza umusaruro.

Icyakora Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema unayobora Umuryango wa COMESSA; we yibukije ibi Bihugu ko bitagomba kubona Umugabane wa Afurika nk’imari ishyushye, ahubwo ko iyi mikoranire igomba gushyira imbere inyungu z’Abanyafurika.

Yagize ati “Ntushobora kuvuga iterambere ry’Isi mu gihe bamwe bahejejwe inyuma, kabone nubwo bafite imitungo idakoreshwa. Iyo tureba iterambere; tugomba kugaragaza ibyo dushyira hamwe kugira ngo turigereho. Aho harimo igishoro gihendutse, ikoranabuhanga rihendutse, ndetse n’ikoreshwa ry’umutungo kamere w’amabuye y’agaciro.”

Yakomeej agira ati “Icyo dushaka nka Zambia na COMESSA; ni uko iyi mikoranire y’Umuryango wa BRICS n’umugabane wa AfUrika n’ahandi, igomba gushyira imbere iterambere ry’Ibihugu byose biwugize.”

Yakomeje avuga kandi ko uyu “muryango ugomba kuba amahirwe wo guhindura imikoranire twari dusanganywe. Iyi mikoranire igomba kuba ishyira imbere kubyaza umusaruro umutungo kamere, ariko ukongererwa agaciro mu Bihugu ubonetsemo. Ibyo bivuze ko mugomba gushora imari mu kuwutunganyiriza muri ibyo Bihugu. Ibyo byatuma abaturage bacu babona akazi, ndetse bikanatuma Afurika itekana muri politike, mu ubukungu n’umutekano.”

Uyu Muryango wa BRIC binyuze muri banki yawo, uvuga ko ugiye gushaka ubushobozi bwo gufasha imishinga y’Ibihugu byo ku Mugabane wa afrika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.