Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama y’Umuryango BRICS uhuriyemo Ibihugu byiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu, ibyo ku Mugabane wa Afurika byayitumiwemo, byiyemeje kuyoboka uyu Muryango, ariko Perezida umwe agaragaza igikwiye gushyirwa imbere kuri uyu Mugabane.

Muri iyi nama yari iteraniye muri Afurika y’Epfo, yasojwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Kanama 2023, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh.

Kuva kuri Perezida w’u Bushinwa, Xi Jimping, Vladmir V Putin w’u Burusiya, Narendra Modi w’u Buhinde na Luiz Inácio Lula da Silva uyobora Brasil; bose bavuze ubuhangange ibihugu byabo bifite ku Mugabane wa Afurika, banemeza ko bizarushaho kwiyongera mu gihe ibihugu byo kuri uyu Mugabane byafata icyemezo kidasubira inyuma mu mikoranire yeruye n’umuryango wa BRICS.

Abakuru b’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane wa Afurika, kuva kuri Azali Assoumani uyobora Ibirwa bya Comores, unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Evariste Ndayishimiye unayobora u Burundi, na Ismael Omar Guelleh uyobora IGAD; bavuze ko imiryango bayoboye ibona amahirwe akomeye mu bufatanye n’uyu muryango utemerwa n’Abanyaburayi na Amerika.

Banaboneyeho no kuvuga ibibazo bafite bidindiza iterambere ry’Ibihugu byabo birimo amadeni byafashe mu mahanga ndetse n’umutungo kamere badashoboye kubyaza umusaruro.

Icyakora Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema unayobora Umuryango wa COMESSA; we yibukije ibi Bihugu ko bitagomba kubona Umugabane wa Afurika nk’imari ishyushye, ahubwo ko iyi mikoranire igomba gushyira imbere inyungu z’Abanyafurika.

Yagize ati “Ntushobora kuvuga iterambere ry’Isi mu gihe bamwe bahejejwe inyuma, kabone nubwo bafite imitungo idakoreshwa. Iyo tureba iterambere; tugomba kugaragaza ibyo dushyira hamwe kugira ngo turigereho. Aho harimo igishoro gihendutse, ikoranabuhanga rihendutse, ndetse n’ikoreshwa ry’umutungo kamere w’amabuye y’agaciro.”

Yakomeej agira ati “Icyo dushaka nka Zambia na COMESSA; ni uko iyi mikoranire y’Umuryango wa BRICS n’umugabane wa AfUrika n’ahandi, igomba gushyira imbere iterambere ry’Ibihugu byose biwugize.”

Yakomeje avuga kandi ko uyu “muryango ugomba kuba amahirwe wo guhindura imikoranire twari dusanganywe. Iyi mikoranire igomba kuba ishyira imbere kubyaza umusaruro umutungo kamere, ariko ukongererwa agaciro mu Bihugu ubonetsemo. Ibyo bivuze ko mugomba gushora imari mu kuwutunganyiriza muri ibyo Bihugu. Ibyo byatuma abaturage bacu babona akazi, ndetse bikanatuma Afurika itekana muri politike, mu ubukungu n’umutekano.”

Uyu Muryango wa BRIC binyuze muri banki yawo, uvuga ko ugiye gushaka ubushobozi bwo gufasha imishinga y’Ibihugu byo ku Mugabane wa afrika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 5 =

Previous Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Ibiteye amatsiko wamenya kuri umwe mu bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.