Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Dore imodoka yatowe nk’iy’umwaka ikoranye ikoranabuhanga ridasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hyundai Ioniq 5, imodoka yakozwe n’uruganda rwa Hyundai, yatowe nk’imodoka y’umwaka kubera udushya ikoranye turimo ikoranabuhanga ryo kuba ikoresha umuriro w’amashanyarazi kandi ukamaramo igihe kinini.

Iyi modoka yatowe mu imurika mpuzamahanga ry’imodoka ryabereye i New York rizwi nka New York International Auto Show.

Mu cyiciro cy’ubwoko butatu bw’imodoka zidasanzwe, Hyundai Ioniq 5 yahize izindi iba iya mbere muri ibyo byiciro byose birimo ‘Imodoka y’umwaka (World Car of the Year); imodoka nziza ikoresha amashanyarazi (World Electric Vehicle of the Year) ndetse n’icyiciro cy’imodoka iteretse neza (World Car Design of the Year).

Ni igihembo yatsindiye mu matora y’abanyamakuru 102 basanzwe bakora ibijyanye n’ibinyabiziga baturutse mu bihugu 33 binyuranye.

Aka kanama nkemurampaka k’Abanyamakuru, muri Gashyantare kari katoye Luc Donckerwolke usanzwe ari umuyobozi ushinzwe guhanga udushya mu ruganda rwa Hyundai, nk’umuntu wa mbere ku Isi uzi iby’imodoka (2022 World Car Person of the Year).

Uyu mugabo yari yatorewe uyu mwanya kubera uruhare yagize  mu guhanga iyi modoka ya Hyundai Ioniq 5.

Uruganda rwa Hyundai rurateganya ko mu mwaka wa 2030 ruzaba rufite ku isoko ubwoko 17 bw’imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi aho byitezwe ko muri uwo mwaka hazaba hari imodoka zingana na Miliyoni 1,87 zo muri ubu bwoko.

Imiterere yayo iri mu byatumye yegukana uyu mwanya

 

Hyundai Ioniq 5 yabaye iy’umwaka ni modoka ki?

Hyundai Loniq 5 yatowe nk’imodoka y’umwaka isanzwe ifite batterie ifite ubushobozi bwa kWh 77,4 ishobora kuyifasha kugenda ibilomero 480 ikaba kandi ishobora kongerwamo umuriro mu gihe cya vuba aho mu minota 18 ishobora kuba igeze kuri 80%.

Iyi modoka igura kuva ku bihumbi 40 USD [Miliyoni 40 Frw], ni ivatiri ntoya yasohotse mu mwaka ushize wa 2021.

Ikoranye ikoranabuhanga ryo hejuru by’umwihariko ikagira imbere hateye neza kubera urumuri rwayo rw’amatara y’imbere ndetse n’intebe zorohereye.

Ikoresha mudasobwa ifasha uyitwaye kugenda areba ibyerecyezo aganamo, ikanagira camera y’imbere n’iy’inyuma ifasha uyitwaye kuba atabasha kugonga cyangwa kugongwa.

Uburyo iteye imbere biri mu byishimirwa n’abasanzwe bazi iby’imodoka
Inyuma hashobora kwicara abantu babiri kandi batekanye
Uburyo Batterie yayo irambamo umuriro biri mu byatumye itorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 10 =

Previous Post

Nyamasheke: Babiri bakekwagaho kwica umukobwa washenguye benshi barashwe bagerageza gutoroka barapfa

Next Post

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Hamenyekanye impamvu Nimwiza Meghan atakiri Umuvugizi w’irushanwa rya Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.