Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

radiotv10by radiotv10
27/09/2025
in SIPORO
0
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne Ostiz Taco Paula yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy’abangavu batarengeje imyaka 19, noneho Umunyafurikakazi w’Umunya-Ethiopia aza mu icumi ba mbere, Abanyarwandakazi babiri na bo babasha kurangiza ku nshuro ya mbere.

Ni irushanwa ryabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, ahasiganwaga abangavu batarengeje imyaka 19, bakoze intera y’ibilometero 74, aho batangiye saa mbiri na makumyabiri (08:20′).

Uyu Munya-Espagne Ostiz Taco Paula atwaye shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu akoresheje amasaha 2:09’:19’’, aho yaje akurikirwa n’Umutaliyani Chantal Pegolo.

Ku mwanya wa gatatu kandi, haje Umusuwisikazi Anja Grossmann, mu gihe ku mwanya wa kane haza Umunya-Canada Sidney Swierenga, na we wakurikiwe ku mwanya wa gatanu n’Umutaliyani Giada Silo, mu gihe ku mwanya wa gatandatu haje Umufaransakazi Thais Poirier, warushijwe amasegonda 03”.

Umunya-Ethiopia Tsige Kiros uri mu bigaragaje uyu munsi, kuva iyi shampiyona yatangira mu Rwanda, ni we ubaye Umunyafurika uje mu icumi ba mbere, aho yaje ku mwanya wa karindwi, akaba yarushijwe amasegonda 08’’.

Ku mwanya wa munani haje Umunya-Australia Neve Parslow, ku wa cyenda haza Umunya-Pologne, Maria Okrucinska, mu gihe ku mwanya wa 10 haje Umunyamerikakazi Alyssa Sarkisov.

Abanyarwandakazi babiri, Masengesho Yvonne na Uwiringiyimana Liliane muri bane bari mu bakinnyi bitabiriye iyi shampiyona mu cyiciro cy’abangavu, babashije gusoza irushanwa, ibintu bibaye bwa mbere mu mateka ya Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Masengesho Yvonne yabaye uwa 48, naho mugenzi we Uwiringiyimana Liliane aza ku mwanya wa 49, bombi bakaba basizwe ibihe bingana n’iminota 12:’ 20 ” na Paula Ostiz wegukanye iyi Shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu batarengeje imyaka 19.

Mu myaka itanu ishize, Abanyarwandakazi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro nk’iki cy’abangavu, inshuro imwe, iyabreye i Glasgow aho hari hitabiriye Byukusenge Mariate na Uwera Aline batabashije gusoza.

Paula Ostiz yegukanye shampiyona
Ostiz Taco Paula ubwo yari yegukanye shampiyona y’Isi
Abaturutse mu Bihugu byose ku Isi baje kwihera ijisho iri rushanwa riri kubera mu Rwanda

Abanyarwanda na bo baberetse ko bahora bishimiye abashyitsi
Uwiringiyimana Liliane na Masengesho Yvonne babaye aba mbere babashije kurangiza shampiyona y’Isi mu bangavu batarengeje imyaka 19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Next Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Related Posts

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

IZIHERUKA

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi
FOOTBALL

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.