Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

radiotv10by radiotv10
27/09/2025
in SIPORO
0
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne Ostiz Taco Paula yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy’abangavu batarengeje imyaka 19, noneho Umunyafurikakazi w’Umunya-Ethiopia aza mu icumi ba mbere, Abanyarwandakazi babiri na bo babasha kurangiza ku nshuro ya mbere.

Ni irushanwa ryabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, ahasiganwaga abangavu batarengeje imyaka 19, bakoze intera y’ibilometero 74, aho batangiye saa mbiri na makumyabiri (08:20′).

Uyu Munya-Espagne Ostiz Taco Paula atwaye shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu akoresheje amasaha 2:09’:19’’, aho yaje akurikirwa n’Umutaliyani Chantal Pegolo.

Ku mwanya wa gatatu kandi, haje Umusuwisikazi Anja Grossmann, mu gihe ku mwanya wa kane haza Umunya-Canada Sidney Swierenga, na we wakurikiwe ku mwanya wa gatanu n’Umutaliyani Giada Silo, mu gihe ku mwanya wa gatandatu haje Umufaransakazi Thais Poirier, warushijwe amasegonda 03”.

Umunya-Ethiopia Tsige Kiros uri mu bigaragaje uyu munsi, kuva iyi shampiyona yatangira mu Rwanda, ni we ubaye Umunyafurika uje mu icumi ba mbere, aho yaje ku mwanya wa karindwi, akaba yarushijwe amasegonda 08’’.

Ku mwanya wa munani haje Umunya-Australia Neve Parslow, ku wa cyenda haza Umunya-Pologne, Maria Okrucinska, mu gihe ku mwanya wa 10 haje Umunyamerikakazi Alyssa Sarkisov.

Abanyarwandakazi babiri, Masengesho Yvonne na Uwiringiyimana Liliane muri bane bari mu bakinnyi bitabiriye iyi shampiyona mu cyiciro cy’abangavu, babashije gusoza irushanwa, ibintu bibaye bwa mbere mu mateka ya Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Masengesho Yvonne yabaye uwa 48, naho mugenzi we Uwiringiyimana Liliane aza ku mwanya wa 49, bombi bakaba basizwe ibihe bingana n’iminota 12:’ 20 ” na Paula Ostiz wegukanye iyi Shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu batarengeje imyaka 19.

Mu myaka itanu ishize, Abanyarwandakazi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro nk’iki cy’abangavu, inshuro imwe, iyabreye i Glasgow aho hari hitabiriye Byukusenge Mariate na Uwera Aline batabashije gusoza.

Paula Ostiz yegukanye shampiyona
Ostiz Taco Paula ubwo yari yegukanye shampiyona y’Isi
Abaturutse mu Bihugu byose ku Isi baje kwihera ijisho iri rushanwa riri kubera mu Rwanda

Abanyarwanda na bo baberetse ko bahora bishimiye abashyitsi
Uwiringiyimana Liliane na Masengesho Yvonne babaye aba mbere babashije kurangiza shampiyona y’Isi mu bangavu batarengeje imyaka 19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Next Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.