Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/11/2025
in SIPORO
0
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w’umwaka muri Afurika mu mukino w’amagare muri 2025, mu bihembo byatangiwe i Kigali muri Zaria Court kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025.

Biniam yatsinze bagenzi be bo muri Eritrea ari bo Henok Mulubrhan na Milkias Maekele bari baje mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.
Biniam utagaragaye i Kigali yavuze ko ashimira abateguye ibi bihembo ndetse abasaba ko bakomeza kugira umutima wo guteza imbere umukino w’amagare muri Afurika.

Mu cyiciro cy’Abagore, Kimberley Le Court ukomoka mu birwa bya Maurice yatsinze Gerefiel Selam Amha na Kahsay Tsige Kiros bombi bo muri Ethiopia, bakaba ari bo bari basigaye mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.

Mu bihembo byatanzwe kandi, hahembwe Paul Daumont wo muri Burkina Faso nk’Umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wahize abandi mu batarabigize umwuga. Umunya-Uganda Charles Kagimu n’Umurundikazi Odette Nsengiyumva bahembwe nk’abakinnyi bahize abandi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.

Mu Banyarwanda bahize abandi mu mwaka wa 2025, MASENGESHO Vainqueur waje imbere y’abandi Banyarwanda muri Tour du Rwanda 2025, ubu akaba akinira Benediction, ni we wahembwe mu cyiciro cy’abagabo, naho Xaverine Nirere ahembwa mu cyiciro cy’abagore.
Hahembwe kandi ikipe y’igihugu ya Eritrea nk’igihugu cyahize ibindi byose muri uyu mukino muri 2025.

Ni ku nshuro ya mbere ibi bihembo bitanzwe, bikaba byaraturutse ku gitekerezo cya Freddy Kamuzinzi wahoze ategura Tour du Rwanda, bigahabwa umugisha n’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika (CAC).
Ibihembo bisa n’ibi byajyaga bitegurwa ndetse bigatangwa n’abategura irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya La Tropicale Amissa Bongo, gusa kuva icyorezo cya Covid-19 cyaba, ibi bihembo ntibyongeye gutangwa.

Ibi bihembo bya Africa Cycling Excellence Awards byabaye ku nshuro ya mbere bikabera mu Rwanda, byanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe wari umushyitsi mukuru. Mu bandi bitabiriye harimo Perezida wa CAC (The Confederation of African Cycling), Umunya-Côte d’Ivoire Dr. Yao Jean-Marie Allah-Kouamé.

Rwego Ngarambe yashimiye abateguye ibi birori
Perezida wa Federasiyo y’amagare muri Eritrea ni we wafashe igihembo cya Biniam Girmay
Rwego Ngarambe na Perezida wa Ferwacy bahemba Vainqueur wahize abandi banyarwanda

Charles Kagimu wabaye Umukinnyi mwiza muri EAC
Paul Daumont wahembwe mu batarabigize umwuga

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Next Post

What every girl should know before 25

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.