Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yatsinzwe igitego 1-0 na Bénin mu mukino w’umunsi wa cyenda w’amajonjora wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

Muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Ukwakira 2025, ikipe ya Benin yabonewe igitego na Tosin Aiyegun ku munota wa 80′ w’umukino.

Uyu mukino witabiriwe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, wari ufite igisobanuro gikomeye cyane ku Mavubi, kuko gutsinda byari kuyongerera amahirwe no kwizera ko yajya mu gikombe cy’isi bwa mbere kuko iyi kipe yari afite amanota 11, yashoboraga guhita igira amanota 14 iyo itsinda, bityo ikaguma mu rugamba rwo gushaka itike.

Ni umukino waranzwe no gukinira hagati, aho u Rwanda rwabonye amahirwe macye imbere y’izamu, ku munota wa 40′ Mugisha Bonheur yinjiranye umupira mu kibuga hagati, awuhereza Bizimana Djihad ateye ishoti, umunyezamu Marcel Dandjinou arawuhoza mbere yo guhaguruka byihuse akawufata neza.

Ku munota wa 68′, Niyomugabo Claude yahushije uburyo bwiza bw’Amavubi ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina, ukurwamo n’umunyezamu Marcel Dandjinou

Nyuma y’imikino y’umunsi wa cyenda, Bénin yahise igira amanota 17, ikomeza kuyobora itsinda rya gatatu, ikurikiwe na Afurika y’Epfo nayo ifite amanota 17 nyuma yo gutsinda Zimbabwe. Nigeria yo yatsinze Lesotho ikagira amanota 14, bivuze ko Amavubi urugendo rwabo rurangiriye aha.

Amavubi arasoreza urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi ku wa Kabiri, tariki 14 Ukwakira 2025, aho azasura Afurika y’Epfo mu mukino usoza iri tsinda.

Perezida Kagame yarebye uyu mukino
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rw’Amavubi

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 9 =

Previous Post

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

by radiotv10
10/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwatangaje ko bwahagaritse mu gihe cy'iminsi 30 abakinnyi bayo babiri barimo rutahizamu Mamadou Sy, kubera...

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

by radiotv10
09/10/2025
0

Ikipe y'igihugu ya Benin ifite ihurizo rikomeye ry'uko ishobora kubura bamwe mu bakinnyi b'ingenzi ku mukino ugiye kuyihuza n'Amavubi y'u...

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

by radiotv10
09/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi mu myitozo bari gukora bitegura...

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

by radiotv10
08/10/2025
0

Shema Ngoga Fabrice umaze ukwezi n’igice atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), na Martin Ngoga wabaye mu nzego...

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

by radiotv10
07/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko abazitabira umukino uzahuza ikipe y’Igihugu Amavubi n’iya Benin, bazagira amahirwe ya tombola...

IZIHERUKA

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu
FOOTBALL

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

10/10/2025
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.