Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba yaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, bizagenwa n’amahitamo y’Abanyarwanda kuko baramutse bavuze ko bifuza gukomeza kuyoborwa n’ubayobora cyangwa ko bashaka undi, byombi azabyemera.

Yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri France 24 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022 ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru w’iki gitangazamakuru witwa Marc Perelman.

Ni ikiganiro kibanze ku mubano w’u Rwanda n’amahanga byumwihariko ku bibazo biri hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho Perezida Kagame yongeye gushimangira ko nta ruhare na ruto u Rwanda rufite mu guteza umutekano mucye muri iki Gihugu giherereye mu Burengerazuba bwarwo.

Ubwo ki kiganiro cyariho gihumuza, Umunyamakuru yabajije Perezida Kagame niba ateganya kuzongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024.

Perezida Kagame wahise amusubiza, yagize ati “Nzareba ko nakwiyamamaza mu yindi myaka 20, nta kibazo na kimwe mbifiteho.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko mbere na mbere ibi bireba Abanyarwanda kuko ari amahitamo yabo ariko ko icyo bazahitamo adashobora kugica ku ruhande.

Ati “Bashobora kuvuga ko bashaka undi muyobozi mushya nzabyemera, ariko nibavuga ko bifuza kuyoborwa n’usanzwe na byo nabyemera.”

Perezida Paul Kagame watsinze amatora ya 2017, yari yatanzwe n’umukandi w’Umuryango wa RPF-Inkotanyi nyuma yuko bisabwe n’Abanyarwanda babanje kuvugurura Itegeko Nshinga ryabo kugira ngo rihe uburenganzira Kagame kongera kwiymamaza.

Iri tegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015 ryemerera Perezida Paul Kagame kuzongera kwiyamamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itanu [imwe imwe].

Muri iki kiganiro na France 24, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagarutse ku banenga u Rwanda ko rutabahiriza ihame rya Demokarasi, yongera kwibutsa ko Demokarasi isobanutse ko ari amahitamo y’abaturage.

Yavuze ko mu banega u Rwanda, batajya bagaragaza niba amatora yo mu Rwanda ataba mu mucyo no mu bwisanzure mu gihe mu Bihugu byirirwa bivuga ko ari abarimu ba Demokarasi ari ho hakomeza kugaragara ibibazo mu miyoborere yabyo.

Ati “No muri iki gihe tuvugana hari ahari kuba ibyo bibazo mu Bihugu byateye imbere. Nemera ko abatuarge ari bo bakwiye guhitamo ibyo bashaka gukora.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abo birirwa bahanganye n’ibibazo by’imiyoborere atari bo bari bakwiye kunenga u Rwanda cyangwa ibindi Bihugu bigendera ku mahitamo y’Abaturage.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabonimpa Theoneste says:
    4 years ago

    Ntawutakifuza kuyoborwana biganza bigaba amariza. Nyiri umudende ugaba umudendezo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 20 =

Previous Post

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Next Post

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.