Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umufaransa, Paul Pogba wanyuze mu makipe akomeye ku Isi, ubu yemerewe kugaruka agaconga ruhago nk’uwabigize umwuga, nyuma y’umwaka n’igice ari mu bihano byo guhagarikwa.

Uyu mukinnyi wo hagati w’imyaka 31 y’amavuko, yarangije igihano cye kuri uyu wa 11 Werurwe 2025, ndetse ubu yemerewe kujya mu ikipe yamwifuza, dore ko ubu ari umukinnyi wigenga.

Muri Nzeri 2023, Pogba yari yafatiwe igihano cyo guhagarikwa imyaka ine adakira umupira w’amaguru nyuma yuko isuzuma ryari rimaze kugaragaza ko akoresha imiti yongera ingufu, ariko iki gihe cyaje kugabanywa n’Urukiko rushinzwe imisifurire muri Siporo, rwagishyize ku mezi 18.

Kuva tariki 03 Nzeri 2023 ubwo yakinaga umukino we wa nyuma, Pogba yakomeje kwitoza ku giti cye kugira ngo akomeze kuringaniza imbaraga ze, nubwo ibyo yagiye avugwaho bishobora kumubera imbogamizi mu kugaruka muri ruhago kwe.

Amakuru ava mu bakurikiranira hafi ibya ruhago, avuga ko Pogba ubu ari gushakisha amahirwe mu isoko ry’umupira w’amaguru kugira ngo yongere yigaragaze, nubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryamaze gufungwa.

Shampiyona y’iwabo mu Bufaransa (Ligue 1) bisa nk’aho nta mahirwe ayifitemo kuko imiterere yayo itemerera ko umukinnyi asinyishwa nta masezerano mu gice cya kabiri cy’umwaka w’imikino, nubwo hari amakipe yari yagaragaje kumwifuza.

Nanone kandi abasesengura ruhago, bavuga ko izindi shampiyona nk’iyo mu Butaliyani (Serie A) na yo bigaragara ko nta mahirwe yo kuyinjiramo afite nubwo amakipe yayo yo yemerewe gusinyisha umukinnyi wigenga na nyuma y’igura n’igurisha, kuko bisa nk’ibigoye ko yasubira muri iyi shamiyona ari na yo yahozemo. Ni kimwe no muri LaLiga yo muri Espagne, Bundesliga yo mu Budage, na Premier League yo mu Bwongereza.

Amakuru avuga ko uyu rurangiranwa muri ruhago, ashobora kwerecyeza muri shampiyona ziri kuzamuka, nk’iyo muri Saudi Arabia. Bivugwa kandi ko ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za America isanzwe ikinamo ba rurangiranwa Lionel Messi, Luis Suárez, iri kumwifuza dore ko ngo yanahuye na David Beckham inshuro zinyuranye, ariko na ho hakaba hakiri imbogamizi zijyanye n’amategeko.

Muri Saudi Arabia, amakipe nka Al Ittihad ni yo ihabwa amahirwe yo kuba yakwegukana Pogba, ku buryo yajya akinana n’inshuti ze banakinanye mu ikipe y’Igihugu Karim Benzema na N’Golo Kanté.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − two =

Previous Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Next Post

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.