Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umufaransa, Paul Pogba wanyuze mu makipe akomeye ku Isi, ubu yemerewe kugaruka agaconga ruhago nk’uwabigize umwuga, nyuma y’umwaka n’igice ari mu bihano byo guhagarikwa.

Uyu mukinnyi wo hagati w’imyaka 31 y’amavuko, yarangije igihano cye kuri uyu wa 11 Werurwe 2025, ndetse ubu yemerewe kujya mu ikipe yamwifuza, dore ko ubu ari umukinnyi wigenga.

Muri Nzeri 2023, Pogba yari yafatiwe igihano cyo guhagarikwa imyaka ine adakira umupira w’amaguru nyuma yuko isuzuma ryari rimaze kugaragaza ko akoresha imiti yongera ingufu, ariko iki gihe cyaje kugabanywa n’Urukiko rushinzwe imisifurire muri Siporo, rwagishyize ku mezi 18.

Kuva tariki 03 Nzeri 2023 ubwo yakinaga umukino we wa nyuma, Pogba yakomeje kwitoza ku giti cye kugira ngo akomeze kuringaniza imbaraga ze, nubwo ibyo yagiye avugwaho bishobora kumubera imbogamizi mu kugaruka muri ruhago kwe.

Amakuru ava mu bakurikiranira hafi ibya ruhago, avuga ko Pogba ubu ari gushakisha amahirwe mu isoko ry’umupira w’amaguru kugira ngo yongere yigaragaze, nubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryamaze gufungwa.

Shampiyona y’iwabo mu Bufaransa (Ligue 1) bisa nk’aho nta mahirwe ayifitemo kuko imiterere yayo itemerera ko umukinnyi asinyishwa nta masezerano mu gice cya kabiri cy’umwaka w’imikino, nubwo hari amakipe yari yagaragaje kumwifuza.

Nanone kandi abasesengura ruhago, bavuga ko izindi shampiyona nk’iyo mu Butaliyani (Serie A) na yo bigaragara ko nta mahirwe yo kuyinjiramo afite nubwo amakipe yayo yo yemerewe gusinyisha umukinnyi wigenga na nyuma y’igura n’igurisha, kuko bisa nk’ibigoye ko yasubira muri iyi shamiyona ari na yo yahozemo. Ni kimwe no muri LaLiga yo muri Espagne, Bundesliga yo mu Budage, na Premier League yo mu Bwongereza.

Amakuru avuga ko uyu rurangiranwa muri ruhago, ashobora kwerecyeza muri shampiyona ziri kuzamuka, nk’iyo muri Saudi Arabia. Bivugwa kandi ko ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za America isanzwe ikinamo ba rurangiranwa Lionel Messi, Luis Suárez, iri kumwifuza dore ko ngo yanahuye na David Beckham inshuro zinyuranye, ariko na ho hakaba hakiri imbogamizi zijyanye n’amategeko.

Muri Saudi Arabia, amakipe nka Al Ittihad ni yo ihabwa amahirwe yo kuba yakwegukana Pogba, ku buryo yajya akinana n’inshuti ze banakinanye mu ikipe y’Igihugu Karim Benzema na N’Golo Kanté.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 2 =

Previous Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Next Post

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.