Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya

radiotv10by radiotv10
23/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Kugeza ubu harabarwa abantu 60 baburiye ubuzima mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe ahaberaga igitaramo i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burusiya, aho Umutwe w’Iterabwoba wa ISIL wamaze kukigamba.

Ni igitero cyagabwe ahazwi nka Crocus City Hall, ubwo abantu bitwaje intwaro biraraga mu bitabiriye igitaramo, bakabamishamo amasasu, bakanatera ibiturika.

Abantu batanu bari biyoberanyije bambaye imyambaro ibahishe amasura, ni bo bagabye iki gitero cy’iterabwoba, binjiye muri sale yari yuzuyemo abantu mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, bari baje mu gitaramo cy’injyana ya Rock.

Urwego rw’iperereza mu Burusiya, rwatangaje ko kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 60 bitabye Imana, ndetse inzego zishinzwe ubuzima muri iki Gihugu zikaba zatangaje ko abakomeretse ari 145 barimo 60 bakomeretse bikabije.

Mu butumwa bwatambutse ku muyoboro wa Telegram, Umutwe wa ISIL, wigambye ko ari wo wagabye iki gitero, ndetse ko izi ntagondwa zakigabye zabashije gucika.

Kuri uyu wa Gatandatu, Umuvugizi wa Komisiyo y’Iperereza mu Burusiya, yavuze ko hakiri kare kugira byinshi bitangazwa kuri iki gitero no ku gushakisha abakigabye.

Iki cyumba kigari cyari giteraniyemo abari baje muri iki gitaramo, gisanzwe ari kimwe mu bikomeye i Moscow kuko kibasha kwakira abantu 6 200.

Umucuranzi witwa Alexei wari muri iki gitaramo wari wicaye ku rubyiniro, aganira na AFP, yavuze ko yagiye kumva “numva urusakuru rwinshi.”

Yakomeje agira ati “Nahise mbona ko ari urufaya rw’amasasu mpita nkeka ko ari ibintu bibi cyane, ko ari igitero cy’iterabwoba.”

Yavuze ko ubwo abantu babyiganaga bashaka gusohoka, ari bwo “hahise haraswa amasasu menshi cyane.” Ari na ko abantu bavuzaga induru nyinshi.

Abayobozi mu Burusiya batangaza ko nyuma y’iki gitero cyagabwe kuri wa Gatanu, hahise hakazwa ingamba ku Bibuga by’Indege, mu nzira za gari ya moshi ndetse n’iza Metro kugira ngo hashakishwe abagabye iki gitero.

Ni mu gihe kandi ibitaramo ndetse n’ibindi bikorwa byose bihuza abantu benshi byari biteganyijwe i Moscow muri izi mpera z’icyumweru, byahise bihagarikrwa.

Sergei Sobyanin uyobora Umujyi wa Moscow yatangaje ko iki gitero ari “amahano akomeye”  nk’uko byanatangajwe na Perezida Vladimir Putin ukomeje gukurikiranira hafi ibyacyo.

Igitero gikanganye nk’iki cyaherukaga kuba mu Burusiya muri 2004 cyagabwe ku ishuri rya Beslan cyaguyemo abantu barenga 330.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Hatangajwe impamvu Urwego rukomeye ku Isi rwahaye u Rwanda Miliyari 200Frw n’icyo azakoreshwa

Next Post

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.