Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya

radiotv10by radiotv10
23/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku gitero kidasanzwe cy’iterabwoba cyakangaranyije benshi mu Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Kugeza ubu harabarwa abantu 60 baburiye ubuzima mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe ahaberaga igitaramo i Moscow mu Murwa Mukuru w’u Burusiya, aho Umutwe w’Iterabwoba wa ISIL wamaze kukigamba.

Ni igitero cyagabwe ahazwi nka Crocus City Hall, ubwo abantu bitwaje intwaro biraraga mu bitabiriye igitaramo, bakabamishamo amasasu, bakanatera ibiturika.

Abantu batanu bari biyoberanyije bambaye imyambaro ibahishe amasura, ni bo bagabye iki gitero cy’iterabwoba, binjiye muri sale yari yuzuyemo abantu mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, bari baje mu gitaramo cy’injyana ya Rock.

Urwego rw’iperereza mu Burusiya, rwatangaje ko kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 60 bitabye Imana, ndetse inzego zishinzwe ubuzima muri iki Gihugu zikaba zatangaje ko abakomeretse ari 145 barimo 60 bakomeretse bikabije.

Mu butumwa bwatambutse ku muyoboro wa Telegram, Umutwe wa ISIL, wigambye ko ari wo wagabye iki gitero, ndetse ko izi ntagondwa zakigabye zabashije gucika.

Kuri uyu wa Gatandatu, Umuvugizi wa Komisiyo y’Iperereza mu Burusiya, yavuze ko hakiri kare kugira byinshi bitangazwa kuri iki gitero no ku gushakisha abakigabye.

Iki cyumba kigari cyari giteraniyemo abari baje muri iki gitaramo, gisanzwe ari kimwe mu bikomeye i Moscow kuko kibasha kwakira abantu 6 200.

Umucuranzi witwa Alexei wari muri iki gitaramo wari wicaye ku rubyiniro, aganira na AFP, yavuze ko yagiye kumva “numva urusakuru rwinshi.”

Yakomeje agira ati “Nahise mbona ko ari urufaya rw’amasasu mpita nkeka ko ari ibintu bibi cyane, ko ari igitero cy’iterabwoba.”

Yavuze ko ubwo abantu babyiganaga bashaka gusohoka, ari bwo “hahise haraswa amasasu menshi cyane.” Ari na ko abantu bavuzaga induru nyinshi.

Abayobozi mu Burusiya batangaza ko nyuma y’iki gitero cyagabwe kuri wa Gatanu, hahise hakazwa ingamba ku Bibuga by’Indege, mu nzira za gari ya moshi ndetse n’iza Metro kugira ngo hashakishwe abagabye iki gitero.

Ni mu gihe kandi ibitaramo ndetse n’ibindi bikorwa byose bihuza abantu benshi byari biteganyijwe i Moscow muri izi mpera z’icyumweru, byahise bihagarikrwa.

Sergei Sobyanin uyobora Umujyi wa Moscow yatangaje ko iki gitero ari “amahano akomeye”  nk’uko byanatangajwe na Perezida Vladimir Putin ukomeje gukurikiranira hafi ibyacyo.

Igitero gikanganye nk’iki cyaherukaga kuba mu Burusiya muri 2004 cyagabwe ku ishuri rya Beslan cyaguyemo abantu barenga 330.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + one =

Previous Post

Hatangajwe impamvu Urwego rukomeye ku Isi rwahaye u Rwanda Miliyari 200Frw n’icyo azakoreshwa

Next Post

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Hatangajwe umwaka wagaragayemo ubushyuhe bwinshi n’uko muri 2024 bizamera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.