Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe.

Amakuru dukesha Radio yitwa Royal FM, avuga ko uyu musore uzwi mu biganiro byo gusetsa abantu ku mbuga nkoranyambaga, yarekuwe nyuma yuko yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Iki gitangazamakuru kivuga ko ‘Burikantu’ yarekuwe nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati ye n’abo akekwaho gukorera icyaha cyo kubafungirana.

Mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025, uyu musore yanyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram buherekejwa n’amashusho ari kumwe na mugenzi we Buringuni bakorana na Jacky na we uzwi ku mbuga nkoranyamba, aho yagize ati “Ubu ndi guhumeka umwuka w’i Nyarugenge.”

Mwitende Abdoulkarim AKA ‘Burikantu’ yari yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2025 nyuma yuko abakobwa akekwaho gufungirana biyambaje Polisi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yari yavuze ko Burikantu yafungiranye abo bakobwa mu nzu abamo nyuma yuko bagiranye ikibazo gishingiye ku mafaranga ibihumbi birindwi (7 000 Frw) yabishyuzaga by’agaciro k’amafaranga yari yabatanzeho arimo 5 000 Frw y’urugendo na 2 000 Frw ya Fanta yari yabazimaniye.

Dr Murangira kandi yari yagiriye inama abantu ko igihe hari ibyo batumvikanyeho na bagenzi babo, badakwiye kwishora mu bikorwa nk’ibi byabagusha mu gukora ibyaha, ahubwo ko bakwiye kujya biyambaza inzego.

Yagize ati “Iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Burikantu yari yatawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bari bagiye iwe ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, akaza gusaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba ngo baganiriremo, akamubera ibamba, ari ho yahereye afata icyemezo cyo kubasaba kumwishyura amafaranga y’ibyo yari yabatanzeho, bayabura akabafungirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Next Post

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Related Posts

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

by radiotv10
21/07/2025
0

In the vibrant and fast-paced world of fashion and entertainment, some figures work behind scenes to shape talent, build confidence...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.