Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe.

Amakuru dukesha Radio yitwa Royal FM, avuga ko uyu musore uzwi mu biganiro byo gusetsa abantu ku mbuga nkoranyambaga, yarekuwe nyuma yuko yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Iki gitangazamakuru kivuga ko ‘Burikantu’ yarekuwe nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati ye n’abo akekwaho gukorera icyaha cyo kubafungirana.

Mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025, uyu musore yanyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram buherekejwa n’amashusho ari kumwe na mugenzi we Buringuni bakorana na Jacky na we uzwi ku mbuga nkoranyamba, aho yagize ati “Ubu ndi guhumeka umwuka w’i Nyarugenge.”

Mwitende Abdoulkarim AKA ‘Burikantu’ yari yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2025 nyuma yuko abakobwa akekwaho gufungirana biyambaje Polisi.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yari yavuze ko Burikantu yafungiranye abo bakobwa mu nzu abamo nyuma yuko bagiranye ikibazo gishingiye ku mafaranga ibihumbi birindwi (7 000 Frw) yabishyuzaga by’agaciro k’amafaranga yari yabatanzeho arimo 5 000 Frw y’urugendo na 2 000 Frw ya Fanta yari yabazimaniye.

Dr Murangira kandi yari yagiriye inama abantu ko igihe hari ibyo batumvikanyeho na bagenzi babo, badakwiye kwishora mu bikorwa nk’ibi byabagusha mu gukora ibyaha, ahubwo ko bakwiye kujya biyambaza inzego.

Yagize ati “Iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Burikantu yari yatawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bari bagiye iwe ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, akaza gusaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba ngo baganiriremo, akamubera ibamba, ari ho yahereye afata icyemezo cyo kubasaba kumwishyura amafaranga y’ibyo yari yabatanzeho, bayabura akabafungirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 13 =

Previous Post

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Next Post

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Related Posts

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.