• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Nigeria Ani Elijah, wifuza gukinira Ikipe y’Igihugu Amavubi, wari uherutse no kugaragara yagiye mu mwiherero ariko akawukurwamo bitunguranye, ubu biravugwa ko yawusubiyemo nyuma y’amasaha macye.

Uyu rutahizamu usanzwe akinira Bugesera FC, yari yagaragaye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024 ubwo abakinnyi b’Amavubi bari bagiye kwerecyeza i Bugesera mu mwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Nyuma y’uko Ani Elijah agaragaye ku Cyicaro cya FERWAFA aho yari yahuriye n’abandi bakinnyi, ngo bafate imodoka iberecyeza aho bari gukorera umwiherero, haje kumenyekana amakuru ko we yawukuwemo, kugira ngo habanze hashakwe ibyangombwa bimwerera gukinira u Rwanda.

Amakuru yavugaga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryari riri kuvugana n’iryo muri Nigeria niba Ani Elijah atarigeze akinira ikipe y’Igihugu, ndetse rikarisubiza ko atayikiniye.

FERWAFA yahise itangira gushaka ibyangombwa by’uyu musore kugira ngo hataba havuka ibibazo mu gihe yaba akiniye ikipe y’Igihugu nk’uko byigeze kugenda mu minsi ishize.

Amakuru agezweho ubu, avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2021 rutahizamu Ani Elijah yasubiye mu mwiherero, ubu akaba ari kumwe na bagenzi be ndetse bagakomezanya imyitozo.

Ani Elijah kandi yitabiriye uyu mwiherero atari yanagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Frank Spittler.

Ni mu gihe bivugwa ko uyu rutahizamu ukomoka muri Nigeria yifuje gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ndetse n’umutoza Frank Spittler akaba yaramushimye kubera imikinire ye.

Ani Elijah ni umwe mu bakinnyi bahiriwe na Shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024, dore ko aza no mu batsinze ibitego byinshi, aho yatsinze ibitego 15.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye mu iperereza ku bakekwaho gufasha abo mu butabera kwakira indonke

Next Post

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.