Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Nigeria Ani Elijah, wifuza gukinira Ikipe y’Igihugu Amavubi, wari uherutse no kugaragara yagiye mu mwiherero ariko akawukurwamo bitunguranye, ubu biravugwa ko yawusubiyemo nyuma y’amasaha macye.

Uyu rutahizamu usanzwe akinira Bugesera FC, yari yagaragaye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024 ubwo abakinnyi b’Amavubi bari bagiye kwerecyeza i Bugesera mu mwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Nyuma y’uko Ani Elijah agaragaye ku Cyicaro cya FERWAFA aho yari yahuriye n’abandi bakinnyi, ngo bafate imodoka iberecyeza aho bari gukorera umwiherero, haje kumenyekana amakuru ko we yawukuwemo, kugira ngo habanze hashakwe ibyangombwa bimwerera gukinira u Rwanda.

Amakuru yavugaga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryari riri kuvugana n’iryo muri Nigeria niba Ani Elijah atarigeze akinira ikipe y’Igihugu, ndetse rikarisubiza ko atayikiniye.

FERWAFA yahise itangira gushaka ibyangombwa by’uyu musore kugira ngo hataba havuka ibibazo mu gihe yaba akiniye ikipe y’Igihugu nk’uko byigeze kugenda mu minsi ishize.

Amakuru agezweho ubu, avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2021 rutahizamu Ani Elijah yasubiye mu mwiherero, ubu akaba ari kumwe na bagenzi be ndetse bagakomezanya imyitozo.

Ani Elijah kandi yitabiriye uyu mwiherero atari yanagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Frank Spittler.

Ni mu gihe bivugwa ko uyu rutahizamu ukomoka muri Nigeria yifuje gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ndetse n’umutoza Frank Spittler akaba yaramushimye kubera imikinire ye.

Ani Elijah ni umwe mu bakinnyi bahiriwe na Shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024, dore ko aza no mu batsinze ibitego byinshi, aho yatsinze ibitego 15.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye mu iperereza ku bakekwaho gufasha abo mu butabera kwakira indonke

Next Post

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.