Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wari wakuwe by’igitaraganya mu mwiherero w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Nigeria Ani Elijah, wifuza gukinira Ikipe y’Igihugu Amavubi, wari uherutse no kugaragara yagiye mu mwiherero ariko akawukurwamo bitunguranye, ubu biravugwa ko yawusubiyemo nyuma y’amasaha macye.

Uyu rutahizamu usanzwe akinira Bugesera FC, yari yagaragaye mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024 ubwo abakinnyi b’Amavubi bari bagiye kwerecyeza i Bugesera mu mwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Nyuma y’uko Ani Elijah agaragaye ku Cyicaro cya FERWAFA aho yari yahuriye n’abandi bakinnyi, ngo bafate imodoka iberecyeza aho bari gukorera umwiherero, haje kumenyekana amakuru ko we yawukuwemo, kugira ngo habanze hashakwe ibyangombwa bimwerera gukinira u Rwanda.

Amakuru yavugaga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryari riri kuvugana n’iryo muri Nigeria niba Ani Elijah atarigeze akinira ikipe y’Igihugu, ndetse rikarisubiza ko atayikiniye.

FERWAFA yahise itangira gushaka ibyangombwa by’uyu musore kugira ngo hataba havuka ibibazo mu gihe yaba akiniye ikipe y’Igihugu nk’uko byigeze kugenda mu minsi ishize.

Amakuru agezweho ubu, avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2021 rutahizamu Ani Elijah yasubiye mu mwiherero, ubu akaba ari kumwe na bagenzi be ndetse bagakomezanya imyitozo.

Ani Elijah kandi yitabiriye uyu mwiherero atari yanagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Frank Spittler.

Ni mu gihe bivugwa ko uyu rutahizamu ukomoka muri Nigeria yifuje gukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ndetse n’umutoza Frank Spittler akaba yaramushimye kubera imikinire ye.

Ani Elijah ni umwe mu bakinnyi bahiriwe na Shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024, dore ko aza no mu batsinze ibitego byinshi, aho yatsinze ibitego 15.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye mu iperereza ku bakekwaho gufasha abo mu butabera kwakira indonke

Next Post

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.