Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru atanejeje ku itsinda rya muzika riyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba ryihebeye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Amakuru atanejeje ku itsinda rya muzika riyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba ryihebeye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rya muzika rya Sauti Sol ryafatwaga nk’irya mbere mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ryatangaje ko rigiye guhagarika gukora nk’itsinda, mu gihe ryari rigiye kuzuza imyaka 20 ribayeho.

Iri tsinda ryo muri Kenya, ryashinzwe muri 2005, rigizwe n’abagabo bane, ari bo; uzwi nka Bien-Aimé Baraza, Willis Chimano Savara Mudigi na Polycarp Otieno.

Iri tsinda ryamenyekanye mu ndirimo zirimo Short and Sweety, Suzana, The girl next door, zose zagiye zimenyekana muri Kenya ndetse no muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Gusa indirimbo bahuriyeho uko ari bane, zishobora kutazongera gusohoka kuko batangaje ko bagiye gushyira akadomo ku bikorwa byabo nk’itsinda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri tsinda, bagize bati “Rwari urugendo rwiza rwuje ibyiza twabanye nk’abavandimwe gusa kuri ubu buri umwe muri twe azakomeza umuziki ku giti cye.”

Sauti Sol itangaza ko ibikorwa byo gukora nk’itsinda bizarangira nyuma y’ibitaramo bagomba gukorera mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane w’u Burayi, nk’u Butaliyani.

Aba bagabo bagize iri tsinda, ni bamwe mu bahanzi bakunda u Rwanda ndetse bakunze kubirugarariza kenshi, mu bitaramo bagiye bitabira byaberaga muri iki Gihugu.

Mu muhango wo Kwita izina abana b’Ingagi wabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze, abagize iri tsinda rya Sauti Sol na bo bari mu bise umwe mu bana b’Ingagi wiswe, aho bamwise ‘Kwisanga’.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Next Post

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.