Friday, July 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana Bigirimana Abedi nk’umukinnyi wayo mushya.

Biteganyijwe ko uyu mukinnyi mpuzamahanga ukomoka mu Burundi yerekanwa na Rayon Sports kuri uyu wa Kane.

Bigirimana Abedi yagiye yifuzwa na Rayon Sports inshuro nyinshi, ariko kuyinjiramo bikanga, ubu akaba yamaze guhabwa ibyo yasabaga kugira ngo asinye.

Amakuru avuga ko mu byo yahawe kugira ngo yinjire muri Rayon, birimo amafaranga yaguzwe angana na miliyoni 22 Frw mu gihe kingana n’umwaka umwe.

Bigirimana Abedi wari umaze igihe mu biruhuko muri Tanzania, ubu ari i Kigali aho byitezwe ko saa cyenda z’umugoroba kuri uyu wa Kane tariki 24 Nyakanga 2025 aribwo yerekanirwa mu Nzove ahari kubera imyitozo ya Rayon Sports.

Uyu mukinnyi usanzwe akina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, amakuru avuga ko gusinya muri Rayon Sports kwe byagizwemo uruhare n’umufatanyabikorwa w’iyi kipe, uruganda rwaSkol, akaba ari rwo rwatanze amafaranga yo kugura uyu musore.

Abedi yakiniye ikipe ya Kiyovu Sports imyaka ibiri hanyuma ayivamo yerecyeza muri Police FC ari na yo avuyemo ajya muri Rayon Sports.

Uyu mukinnyi kandi asanzwe ahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Burundi ndetse imikino myinshi abanza mu kibuga.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 15 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

Next Post

Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

by radiotv10
22/07/2025
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ibiciro by’amatike yo kwinjira mu mukino wa gicuti uzayihuza na Younga Africans, harimo iya...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

Why do weddings nowadays cost so much and seem like a competition?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.