Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abana icumi (10) barohamye mu mugenzi wa Nyabarongo mu gice cyo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, imibiri yabo yose yabonetse.

Imibiri y’aba bana icumi, yabonetse yose kugeza uyu munsi ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, mu gihe kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka ine.

Ibikorwa byo gushakisha aba bana byahise bitangira, haza no kwiyambazwa ishami ry’ingabo rishinzwe umutekano wo mu mazi, ari na ryo ryari ryabonye imibiri ine yari yabonetse kuri uyu wa Kabiri.

Kuri uyu wa Gatatu, Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, bwemeje ko imibiri y’aba bana bose uko ari icumi yari yamaze kuboneka, aho yabonetse kugeza muri metero 17 z’ubujyakuzimu.

Aba bana 10 barohamye mu mugezi wa Nyabarongo ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, ubwo bari mu bwato bwavaga mu Karere ka Muhanga bwambuka bugana mu Karere ka Ngororero.

Nyuma y’aya makuru yababaje benshi, ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, bihutiye kuhagera, ari nab wo hatawe muri yombi umugabo wari ubatwaye muri ubu bwato, bivugwa ko yari abajyanye mu bikorwa byo kumufasha gupakira amategura.

Uyu mugabo wahise atabwa muri yombi, yari yavuze ko bari abantu 14 na we arimo, ariko hakaza kurohorwa abana batatu muri bo, naho abandi 10 bakaba bari babuze.

Nyuma y’iyi mpanuka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yari yatangaje ko hakurikijwe igihe cyari gishize hashakishwa aba bana, nta cyizere cyo kuba baboneka bakirimo umwuka.

Guverineri Alice Kayitesi yari yagize ati “Dukomeje ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo tube twabona imibiri yabo kuko kuba baboneka ari bazima byo ntabwo umuntu yabyizera ugereranyije n’igihe gishize.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umunsi umwe habaye iyi mpanuka, abaturage bo muri aka gace, bari bakomeje kuza gukorera ikiriyo kuri uyu mugezi, kuko imibiri ya bamwe muri aba bana yari itaraboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Ibibangamye bikorerwa abakobwa ku myanya ndangagitsina bifatwa nk’umuco byahagurukiwe

Next Post

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Related Posts

6 Fruits you should eat after every meal

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Eating fruits after meals is a simple way to stay healthy. Fruits help your body digest food, give you energy,...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

IZIHERUKA

6 Fruits you should eat after every meal
IMIBEREHO MYIZA

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n'igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

6 Fruits you should eat after every meal

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.