Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abana icumi (10) barohamye mu mugenzi wa Nyabarongo mu gice cyo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, imibiri yabo yose yabonetse.

Imibiri y’aba bana icumi, yabonetse yose kugeza uyu munsi ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, mu gihe kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka ine.

Ibikorwa byo gushakisha aba bana byahise bitangira, haza no kwiyambazwa ishami ry’ingabo rishinzwe umutekano wo mu mazi, ari na ryo ryari ryabonye imibiri ine yari yabonetse kuri uyu wa Kabiri.

Kuri uyu wa Gatatu, Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, bwemeje ko imibiri y’aba bana bose uko ari icumi yari yamaze kuboneka, aho yabonetse kugeza muri metero 17 z’ubujyakuzimu.

Aba bana 10 barohamye mu mugezi wa Nyabarongo ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, ubwo bari mu bwato bwavaga mu Karere ka Muhanga bwambuka bugana mu Karere ka Ngororero.

Nyuma y’aya makuru yababaje benshi, ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, bihutiye kuhagera, ari nab wo hatawe muri yombi umugabo wari ubatwaye muri ubu bwato, bivugwa ko yari abajyanye mu bikorwa byo kumufasha gupakira amategura.

Uyu mugabo wahise atabwa muri yombi, yari yavuze ko bari abantu 14 na we arimo, ariko hakaza kurohorwa abana batatu muri bo, naho abandi 10 bakaba bari babuze.

Nyuma y’iyi mpanuka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yari yatangaje ko hakurikijwe igihe cyari gishize hashakishwa aba bana, nta cyizere cyo kuba baboneka bakirimo umwuka.

Guverineri Alice Kayitesi yari yagize ati “Dukomeje ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo tube twabona imibiri yabo kuko kuba baboneka ari bazima byo ntabwo umuntu yabyizera ugereranyije n’igihe gishize.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umunsi umwe habaye iyi mpanuka, abaturage bo muri aka gace, bari bakomeje kuza gukorera ikiriyo kuri uyu mugezi, kuko imibiri ya bamwe muri aba bana yari itaraboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 4 =

Previous Post

Ibibangamye bikorerwa abakobwa ku myanya ndangagitsina bifatwa nk’umuco byahagurukiwe

Next Post

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n'igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.