Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abana icumi (10) barohamye mu mugenzi wa Nyabarongo mu gice cyo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, imibiri yabo yose yabonetse.

Imibiri y’aba bana icumi, yabonetse yose kugeza uyu munsi ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, mu gihe kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka ine.

Ibikorwa byo gushakisha aba bana byahise bitangira, haza no kwiyambazwa ishami ry’ingabo rishinzwe umutekano wo mu mazi, ari na ryo ryari ryabonye imibiri ine yari yabonetse kuri uyu wa Kabiri.

Kuri uyu wa Gatatu, Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, bwemeje ko imibiri y’aba bana bose uko ari icumi yari yamaze kuboneka, aho yabonetse kugeza muri metero 17 z’ubujyakuzimu.

Aba bana 10 barohamye mu mugezi wa Nyabarongo ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, ubwo bari mu bwato bwavaga mu Karere ka Muhanga bwambuka bugana mu Karere ka Ngororero.

Nyuma y’aya makuru yababaje benshi, ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, bihutiye kuhagera, ari nab wo hatawe muri yombi umugabo wari ubatwaye muri ubu bwato, bivugwa ko yari abajyanye mu bikorwa byo kumufasha gupakira amategura.

Uyu mugabo wahise atabwa muri yombi, yari yavuze ko bari abantu 14 na we arimo, ariko hakaza kurohorwa abana batatu muri bo, naho abandi 10 bakaba bari babuze.

Nyuma y’iyi mpanuka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yari yatangaje ko hakurikijwe igihe cyari gishize hashakishwa aba bana, nta cyizere cyo kuba baboneka bakirimo umwuka.

Guverineri Alice Kayitesi yari yagize ati “Dukomeje ibikorwa by’ubutabazi kugira ngo tube twabona imibiri yabo kuko kuba baboneka ari bazima byo ntabwo umuntu yabyizera ugereranyije n’igihe gishize.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’umunsi umwe habaye iyi mpanuka, abaturage bo muri aka gace, bari bakomeje kuza gukorera ikiriyo kuri uyu mugezi, kuko imibiri ya bamwe muri aba bana yari itaraboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 17 =

Previous Post

Ibibangamye bikorerwa abakobwa ku myanya ndangagitsina bifatwa nk’umuco byahagurukiwe

Next Post

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n'igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.