Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu waregwaga icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge by’urumogi waburanishijwe muri iki cyumweru bikazamura impaka, yahamijwe icyaha, akatirwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 15 watawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo ubwo yari afite imyaka 14, yaburanishijwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2023.

Mu rubanza rwe, we n’Umunyamategeko we Me Niyotwagira Camille, baburanye bemera icyaha dore ko no mu ibazwa rye rya mbere yari yacyemeye.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumuhamya icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rwemeza ko icyaha cyo gucuruza ibiyobabwenge cyakekwaga kuri uyu mwana kimuhama.

Umucamanza yavuze ko ubusanzwe itegeko riha ububasha umucamanza kugabanya igihano mu gihe hariho inyoroshyacyaha, kandi ko uyu mwana yaburanye yemera icyaha bityo ko yagombaga guhabwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 n’imyaka 15 ariko ko akwiye kugabanyirizwa igihano.

Urukiko ruvuga ko uku kugabanyirizwa igihano gushingiye kandi ku kuba uyu mwana yarakoze iki cyaha kubera kuyobywa n’ababyeyi be babimushoyemo, bityo agomba guhanishwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’imyaka ine ndetse n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Urubanza rw’uyu mwana rwazamuye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko umwana ungana gutya atari akwiye gufungwa.

Ubushinjacyaha bwanataze umucyo kuri iki kibazo, bwavuze ko mu mategeko y’u Rwanda, umwana ugejeje imyaka 14 ariko ataruzuza imyaka y’ubukure (18) iyo afatiwe mu cyaha habaho uburyozwacyaha ku giti cye.

Bwavuze ko uyu mwana yafatiwe mu mukwabu wo gutahura ibiyobyabwenge, bakabimusangana iwabo mu rugo aho yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 53.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mwana yemeye icyaha yaba mu mabazwa ndetse no mu rukiko, yaburanishijwe hubahirizwa ibiteganywa ku mwana uburana atujuje imyaka y’ubukure.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M.LEONCE says:
    2 years ago

    Nge ndabona bitoroshye,uyu mwana ntiyarakwiriye gufungwa ahubwo bakamujyanye mukigo ngororamuco cy’abana.kuko urebye neza wasanga atariwe wabyikoreraga yarabikoreraga abandi cg hari izindi mpamvu zibirinyuma kuko akiri umwana.

    Naho rwose ni ishyano ritugwiririye kumva ko dufunga nimpinja pe. Bikwiye gusubirwamo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.