Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu waregwaga icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge by’urumogi waburanishijwe muri iki cyumweru bikazamura impaka, yahamijwe icyaha, akatirwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 15 watawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo ubwo yari afite imyaka 14, yaburanishijwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 31 Mutarama 2023.

Mu rubanza rwe, we n’Umunyamategeko we Me Niyotwagira Camille, baburanye bemera icyaha dore ko no mu ibazwa rye rya mbere yari yacyemeye.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumuhamya icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rwemeza ko icyaha cyo gucuruza ibiyobabwenge cyakekwaga kuri uyu mwana kimuhama.

Umucamanza yavuze ko ubusanzwe itegeko riha ububasha umucamanza kugabanya igihano mu gihe hariho inyoroshyacyaha, kandi ko uyu mwana yaburanye yemera icyaha bityo ko yagombaga guhabwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 n’imyaka 15 ariko ko akwiye kugabanyirizwa igihano.

Urukiko ruvuga ko uku kugabanyirizwa igihano gushingiye kandi ku kuba uyu mwana yarakoze iki cyaha kubera kuyobywa n’ababyeyi be babimushoyemo, bityo agomba guhanishwa igifungo gisubitse cy’imyaka ibiri isubitse mu gihe cy’imyaka ine ndetse n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Urubanza rw’uyu mwana rwazamuye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko umwana ungana gutya atari akwiye gufungwa.

Ubushinjacyaha bwanataze umucyo kuri iki kibazo, bwavuze ko mu mategeko y’u Rwanda, umwana ugejeje imyaka 14 ariko ataruzuza imyaka y’ubukure (18) iyo afatiwe mu cyaha habaho uburyozwacyaha ku giti cye.

Bwavuze ko uyu mwana yafatiwe mu mukwabu wo gutahura ibiyobyabwenge, bakabimusangana iwabo mu rugo aho yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 53.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu mwana yemeye icyaha yaba mu mabazwa ndetse no mu rukiko, yaburanishijwe hubahirizwa ibiteganywa ku mwana uburana atujuje imyaka y’ubukure.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M.LEONCE says:
    3 years ago

    Nge ndabona bitoroshye,uyu mwana ntiyarakwiriye gufungwa ahubwo bakamujyanye mukigo ngororamuco cy’abana.kuko urebye neza wasanga atariwe wabyikoreraga yarabikoreraga abandi cg hari izindi mpamvu zibirinyuma kuko akiri umwana.

    Naho rwose ni ishyano ritugwiririye kumva ko dufunga nimpinja pe. Bikwiye gusubirwamo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Kigali: Impanuka idasanzwe y’ubwanikiro bwaguye biravugwa ko yahitanye benshi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.