Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in MU RWANDA
4
Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 28 wakekwagaho kwica umwarimu wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, baherutse gusanga mu muhanda i Muhanga yapfuye yakuwemo amaso yanaciwe ururimi, wanabyemeraga ko ari we wamwivuganye, na we yishwe arashwe n’inzego z’umutekano ubwo yashakaga kuzirwanya.

Urupfu rw’umwarimu wo muri Kaminuza witwa Muhirwe Karoro Charles, rwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Mbere w’icyumweru gishize, tariki 03 Mata 2023, ubwo bamusangaga mu muhanda yapfuye, yakuwemo amaso ndetse yakaswe n’ururimi.

Inzego z’iperereza zahise ziritangira, zita muri yombi umusore witwa Dusabe Albert w’imyaka 28 y’amavuko, ndetse tariki 05 Mata 2023, yemerera inzego ko ari we wivuganye nyakwigendera.

Uyu musore yabwiraga inzego z’iperereza ko yishe uyu wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yo kwishyurwa ibihumbi 300 Frw n’uwitwa Lambert, ngo kuko yari yarigeze kumutwara isoko bapiganirwaga.

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mata 2023 ahagana saa kumi, uyu musore Dusabe yagiye kwereka inzego z’umutekano uko yakoze iki cyaha ndetse n’ibyo yakoresheje dore ko yavugaga ko yamwicishije umuhini, ariko ngo ubwo  bari mu nzira yashatse gusingira Umupolisi ngo amwambure imbunda, undi ahita amurasa ahita yitaba Imana.

Yarashwe ubwo berecyezaga aho yakoreye iki cyaha yakekwagaho mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza.

Muri iki gitondo, uyu musore akimara kuraswa ubwo abantu bajyaga mu mirimo yabo hamaze gucya, umurambo we wari ukiri aho bivugwa ko warasiwe, ndetse hashyizwe ibimenyetso bibuza abantu kuhegera.

Uyu Dusabe uvugwaho yari asanzwe ari igisare wuka inabi abantu bose, ubwo yafatwaga nyuma y’urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza, bamusanze afite amaraso umubiri wose, ndetse abaturage bari bamurakariye bidasanzwe.

Dr Karoro Charles uherutse kwitaba Imana
Uwakekwagaho kumwica na we ubu ntakiri mu Isi y’abazima
Ahari umurambo w’uyu musore bivugwa ko ari ho yiciwe

RADIOTV10

Comments 4

  1. Bowazi valens says:
    3 years ago

    Ndashimira inzego z’umutekano zafashe uwishe umwarimu ariko ntanashimira RIB mukomeze mukore iperereza.

    Reply
  2. Umwali says:
    3 years ago

    Uwicisha inkota azicishwa indi, bamenyereye kuvutsa inzirakarengane ubuzima batabahaye.
    Umuntu muri iki gihe naho igihugu kigeze utinyuka kuvutsa undi ubuzima akwiye kwicwa nawe, kuko akaga twahuye nako nta umunyarwanda wakaba agitinyuka kwica undi.
    RIP Dr, Imana twizeye ko yakwakiriye udusuhurize abacu Bose binzirakarengane nkawe. Inzego z’umutekano zacu ndabemera 100%

    Reply
  3. Funny says:
    3 years ago

    Mwakoze akazi gakomeye, Imana ishimwe ko aho yashyize Dr Charle nae yagezeyo, gs turasaba ngo niyo mpyisi ngo ni Lambert nayo ifatwe bayikanire uriyikwiye ,umugome gs wumunyeshyari ,yaba nae warupfuye irwagashyinyaguro nkuko bagize Dr Charle nkareba ko iryosoko washaka urihambanwa wamugomeweee!!!gs twizeye inzego zumutekano zikora akazi zishinzwe neza nae urafatwa too.

    Reply
  4. Ndagijimana says:
    3 years ago

    Ahubwo se ko ntumva bavuga umuntu wamuhaye 300k. Jye numva nawe yagombye gukurikiranwa nawe akagerwaho nibyo yakoreye nyakwigendera.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Next Post

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.