Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in MU RWANDA
4
Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 28 wakekwagaho kwica umwarimu wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, baherutse gusanga mu muhanda i Muhanga yapfuye yakuwemo amaso yanaciwe ururimi, wanabyemeraga ko ari we wamwivuganye, na we yishwe arashwe n’inzego z’umutekano ubwo yashakaga kuzirwanya.

Urupfu rw’umwarimu wo muri Kaminuza witwa Muhirwe Karoro Charles, rwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Mbere w’icyumweru gishize, tariki 03 Mata 2023, ubwo bamusangaga mu muhanda yapfuye, yakuwemo amaso ndetse yakaswe n’ururimi.

Inzego z’iperereza zahise ziritangira, zita muri yombi umusore witwa Dusabe Albert w’imyaka 28 y’amavuko, ndetse tariki 05 Mata 2023, yemerera inzego ko ari we wivuganye nyakwigendera.

Uyu musore yabwiraga inzego z’iperereza ko yishe uyu wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yo kwishyurwa ibihumbi 300 Frw n’uwitwa Lambert, ngo kuko yari yarigeze kumutwara isoko bapiganirwaga.

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mata 2023 ahagana saa kumi, uyu musore Dusabe yagiye kwereka inzego z’umutekano uko yakoze iki cyaha ndetse n’ibyo yakoresheje dore ko yavugaga ko yamwicishije umuhini, ariko ngo ubwo  bari mu nzira yashatse gusingira Umupolisi ngo amwambure imbunda, undi ahita amurasa ahita yitaba Imana.

Yarashwe ubwo berecyezaga aho yakoreye iki cyaha yakekwagaho mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza.

Muri iki gitondo, uyu musore akimara kuraswa ubwo abantu bajyaga mu mirimo yabo hamaze gucya, umurambo we wari ukiri aho bivugwa ko warasiwe, ndetse hashyizwe ibimenyetso bibuza abantu kuhegera.

Uyu Dusabe uvugwaho yari asanzwe ari igisare wuka inabi abantu bose, ubwo yafatwaga nyuma y’urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza, bamusanze afite amaraso umubiri wose, ndetse abaturage bari bamurakariye bidasanzwe.

Dr Karoro Charles uherutse kwitaba Imana
Uwakekwagaho kumwica na we ubu ntakiri mu Isi y’abazima
Ahari umurambo w’uyu musore bivugwa ko ari ho yiciwe

RADIOTV10

Comments 4

  1. Bowazi valens says:
    3 years ago

    Ndashimira inzego z’umutekano zafashe uwishe umwarimu ariko ntanashimira RIB mukomeze mukore iperereza.

    Reply
  2. Umwali says:
    3 years ago

    Uwicisha inkota azicishwa indi, bamenyereye kuvutsa inzirakarengane ubuzima batabahaye.
    Umuntu muri iki gihe naho igihugu kigeze utinyuka kuvutsa undi ubuzima akwiye kwicwa nawe, kuko akaga twahuye nako nta umunyarwanda wakaba agitinyuka kwica undi.
    RIP Dr, Imana twizeye ko yakwakiriye udusuhurize abacu Bose binzirakarengane nkawe. Inzego z’umutekano zacu ndabemera 100%

    Reply
  3. Funny says:
    3 years ago

    Mwakoze akazi gakomeye, Imana ishimwe ko aho yashyize Dr Charle nae yagezeyo, gs turasaba ngo niyo mpyisi ngo ni Lambert nayo ifatwe bayikanire uriyikwiye ,umugome gs wumunyeshyari ,yaba nae warupfuye irwagashyinyaguro nkuko bagize Dr Charle nkareba ko iryosoko washaka urihambanwa wamugomeweee!!!gs twizeye inzego zumutekano zikora akazi zishinzwe neza nae urafatwa too.

    Reply
  4. Ndagijimana says:
    3 years ago

    Ahubwo se ko ntumva bavuga umuntu wamuhaye 300k. Jye numva nawe yagombye gukurikiranwa nawe akagerwaho nibyo yakoreye nyakwigendera.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + fourteen =

Previous Post

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Next Post

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.