Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, akaba yari Guverineri w’Intara y’Iburasiruzuba, nyuma yo guhagarikwa kuri uyu mwanya, hatangajwe ko yatawe muri yombi, n’icyaha akekwaho.

Itangazo rihagarika CG (Rtd) Emmanuel Gasana ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rivuga ko “hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.”

Nyuma y’amasaha macye ahagaritse, mu masaha y’ijoro Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana kubera ibyo akurikiranyweho birimo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite ubwo yari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, yagize ati “Ni byo koko yafashwe arafunzwe nyuma y’uko ahagaritswe ku mirimo nk’Umukuru w’Intara.”

Dr Murangira akomeza agira ati “Hari hashize igihe akorwaho iperereza ku cyaha akekwaho cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko, nk’Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, mu nyungu ze bwite.”

CG (Rtd) wigeze kumara imyaka icyenda (9) ari Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, kuva mu kwezi k’Ukwakira 2009 kugeza mu Ukwakira 2018, yanayoboye Intara ebyiri, zombi yagiye ahagarikwa bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Umwanya wo kuyobora Intara y’Amajyepfo yari yahawe mu kwezi k’Ukwakira 2018, yawuhagaritsweho muri Gicurasi 2020 aho Itangazo n’ubundi ryari ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe byavugaga we na Gatabazi Jean Marie Vianney wayobora Intara y’Amajyaruguru, hari ibyo bakurikiranyweho bagomba kubazwa.

Nyuma y’amezi icumi, ni ukuvuga muri Werurwe 2021, CG (Rtd) Emmanuel Gasana yahawe umwanya wo kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, inshingano yakoraga akibarirwa muri Bapolisi b’u Rwanda, dore ko aherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru mu kwezi gushize kwa Nzeri, we n’abandi bapolisi barimo abo ku rwego rwa Komiseri batatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Next Post

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City
AMAHANGA

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Amakuru agezweho: AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.