Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, akaba yari Guverineri w’Intara y’Iburasiruzuba, nyuma yo guhagarikwa kuri uyu mwanya, hatangajwe ko yatawe muri yombi, n’icyaha akekwaho.

Itangazo rihagarika CG (Rtd) Emmanuel Gasana ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rivuga ko “hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.”

Nyuma y’amasaha macye ahagaritse, mu masaha y’ijoro Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana kubera ibyo akurikiranyweho birimo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite ubwo yari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, yagize ati “Ni byo koko yafashwe arafunzwe nyuma y’uko ahagaritswe ku mirimo nk’Umukuru w’Intara.”

Dr Murangira akomeza agira ati “Hari hashize igihe akorwaho iperereza ku cyaha akekwaho cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko, nk’Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, mu nyungu ze bwite.”

CG (Rtd) wigeze kumara imyaka icyenda (9) ari Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, kuva mu kwezi k’Ukwakira 2009 kugeza mu Ukwakira 2018, yanayoboye Intara ebyiri, zombi yagiye ahagarikwa bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Umwanya wo kuyobora Intara y’Amajyepfo yari yahawe mu kwezi k’Ukwakira 2018, yawuhagaritsweho muri Gicurasi 2020 aho Itangazo n’ubundi ryari ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe byavugaga we na Gatabazi Jean Marie Vianney wayobora Intara y’Amajyaruguru, hari ibyo bakurikiranyweho bagomba kubazwa.

Nyuma y’amezi icumi, ni ukuvuga muri Werurwe 2021, CG (Rtd) Emmanuel Gasana yahawe umwanya wo kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, inshingano yakoraga akibarirwa muri Bapolisi b’u Rwanda, dore ko aherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru mu kwezi gushize kwa Nzeri, we n’abandi bapolisi barimo abo ku rwego rwa Komiseri batatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Next Post

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.