Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru aturuka muri RIB kuri Gasana nyuma yo guhagarikwa ku mwanya wa Guverineri
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, akaba yari Guverineri w’Intara y’Iburasiruzuba, nyuma yo guhagarikwa kuri uyu mwanya, hatangajwe ko yatawe muri yombi, n’icyaha akekwaho.

Itangazo rihagarika CG (Rtd) Emmanuel Gasana ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023, rivuga ko “hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.”

Nyuma y’amasaha macye ahagaritse, mu masaha y’ijoro Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana kubera ibyo akurikiranyweho birimo gukoresha nabi ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite ubwo yari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, yagize ati “Ni byo koko yafashwe arafunzwe nyuma y’uko ahagaritswe ku mirimo nk’Umukuru w’Intara.”

Dr Murangira akomeza agira ati “Hari hashize igihe akorwaho iperereza ku cyaha akekwaho cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko, nk’Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, mu nyungu ze bwite.”

CG (Rtd) wigeze kumara imyaka icyenda (9) ari Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, kuva mu kwezi k’Ukwakira 2009 kugeza mu Ukwakira 2018, yanayoboye Intara ebyiri, zombi yagiye ahagarikwa bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Umwanya wo kuyobora Intara y’Amajyepfo yari yahawe mu kwezi k’Ukwakira 2018, yawuhagaritsweho muri Gicurasi 2020 aho Itangazo n’ubundi ryari ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe byavugaga we na Gatabazi Jean Marie Vianney wayobora Intara y’Amajyaruguru, hari ibyo bakurikiranyweho bagomba kubazwa.

Nyuma y’amezi icumi, ni ukuvuga muri Werurwe 2021, CG (Rtd) Emmanuel Gasana yahawe umwanya wo kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, inshingano yakoraga akibarirwa muri Bapolisi b’u Rwanda, dore ko aherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru mu kwezi gushize kwa Nzeri, we n’abandi bapolisi barimo abo ku rwego rwa Komiseri batatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Haravugwa icyatumye Guverineri umwe mu Rwanda ahagarikwa ku nshuro ya kabiri

Next Post

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Bahishuye undi mutwaro bashobora kwikorezwa n’ikibazo gihangayikishije mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.