Imodoka y’umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca yari yaribwe mu Mujyi wa Kigali, yabonetse mu Karere ka Kamonyi.
Uyu munyamakurukazi usanzwe akorera imwe muri radiyo zikorera mu Rwanda, yari yibwe iyi modoka yo mu bwoko bwa Hyundai, mu cyumweru gishize tariki 11 Kamena 2025.
Bianca yavugaga ko imodoka ye yibwe n’umukozi we ayikuye iwe mu rugo aho atuye, ahita aniyambaza Inzego, aho yari yatanze ikirego kugira ngo zikurikirane iby’iki kibazo.
Amakuru yamenyekanye, ni uko iyi modoka y’uyu munyamakurukazi yabonetse nyuma y’iminsi ibiri yibwe mu cyumweru gishize, ariko ikaba yabonetse yarangiritse.
Uyu munyamakuru aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, yagize ati “Ku wa Gatanu tariki 13 Kamena 2025 nibwo twayibonye Bishenyi, yaragiye arayigongesha ayita muri ‘bordure’ akuramo ‘batterie’ ndetse atwara urufunguzo rw’imodoka arigendera ayita aho.”
Nubwo imodoka y’uyu munyamakuru yabonetse ariko ukekwaho kuyiba ari we wari umukozi we wo mu rugo, ntarafatwa ngo akurikiranyweho iki cyaha.
Umunyamakuru Bianca waguze imodoka ye ya mbere muri 2020 yo mu bwoko bwa Toyota RAV 4, icyo gihe yabwiye Umunyamakuru bagiranye ikiganiro ko yayigezeho yiyushye akuya, aho yabashije kuyigura nyuma yo kwizigama no kwizirika umukanda.

RADIOTV10