Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko habayeho gushidikanya ku isezerano ryo gushyingirwa hagati y’umuririmbyikazi Vestine n’Umunya-Burkina Faso, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya bwakiriye indahiro y’ishyingirwa ryabo, bwatanze umucyo, bwemeza ko iri sezerano ryabayeho.

Inkuru yo gusezerana kwa Ishimwe Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we ‘Vestine& Dorcas’ na Ouedraogo Idrissa, yavuzwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, ubwo uyu muhango wari ukimara kuba.

Ibitangazamakuru bimwe byatangaje iyi nkuru, ariko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025, ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe amakuru y’abavugaga ko uyu muhango utabayeho.

Suzan Murora, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya wabereyemo uyu muhango, yemereye ikinyamakuru cyitwa The New Times ko uyu muhango wabayeho ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 saa kumi z’umugoroba ku Biro by’uyu Murenge.

Abashingiraga ku kuba nta mafoto yashyizwe hanze y’aba basezeranye, ibi byatewe no kuba ba nyiri ubwite barifuje ko uyu muhango ubera mu muhezo, dore ko abasanzwe bareberera inyungu uyu muhanzikazi bari bashyizeho amabwiriza ko nta muntu wemerewe gufata amafoto cyangwa amashusho.

Indi gihamya y’uku gusezerana kwa Vestine na Ouedraogo Idrissa, ni uko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 hahise hanasohoka icyangombwa cy’uko aba bombi bamaze kuba umugore n’umugabo mu irangamimerere ry’u Rwanda, aho umugabo arusha imyaka 16 aho kuva 20 nk’uko byari byiriwe bicicikana ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu Munya-Burkina Faso Ouedraogo Idrissa wasezeranye na Vestine, bigaragara ko yavutse tariki 21 Mutarama 1989, mu gihe umugore we Vestine yavutse tariki 02 Mata 2003.

Vestine n’umugabo we Ouedraogo Idrissa basezeranye imbere y’amategeko
Ubu bombi ni umugore n’umugabo
Vestine yari aberewe
N’umugabo we Ouedraogo Idrissa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    10 months ago

    Imana izamwubakire urugo rw’umugisha Kandi azarurindirwemo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubucamanza

Next Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Related Posts

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.