Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko habayeho gushidikanya ku isezerano ryo gushyingirwa hagati y’umuririmbyikazi Vestine n’Umunya-Burkina Faso, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya bwakiriye indahiro y’ishyingirwa ryabo, bwatanze umucyo, bwemeza ko iri sezerano ryabayeho.

Inkuru yo gusezerana kwa Ishimwe Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we ‘Vestine& Dorcas’ na Ouedraogo Idrissa, yavuzwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, ubwo uyu muhango wari ukimara kuba.

Ibitangazamakuru bimwe byatangaje iyi nkuru, ariko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025, ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe amakuru y’abavugaga ko uyu muhango utabayeho.

Suzan Murora, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya wabereyemo uyu muhango, yemereye ikinyamakuru cyitwa The New Times ko uyu muhango wabayeho ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 saa kumi z’umugoroba ku Biro by’uyu Murenge.

Abashingiraga ku kuba nta mafoto yashyizwe hanze y’aba basezeranye, ibi byatewe no kuba ba nyiri ubwite barifuje ko uyu muhango ubera mu muhezo, dore ko abasanzwe bareberera inyungu uyu muhanzikazi bari bashyizeho amabwiriza ko nta muntu wemerewe gufata amafoto cyangwa amashusho.

Indi gihamya y’uku gusezerana kwa Vestine na Ouedraogo Idrissa, ni uko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 hahise hanasohoka icyangombwa cy’uko aba bombi bamaze kuba umugore n’umugabo mu irangamimerere ry’u Rwanda, aho umugabo arusha imyaka 16 aho kuva 20 nk’uko byari byiriwe bicicikana ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu Munya-Burkina Faso Ouedraogo Idrissa wasezeranye na Vestine, bigaragara ko yavutse tariki 21 Mutarama 1989, mu gihe umugore we Vestine yavutse tariki 02 Mata 2003.

Vestine n’umugabo we Ouedraogo Idrissa basezeranye imbere y’amategeko
Ubu bombi ni umugore n’umugabo
Vestine yari aberewe
N’umugabo we Ouedraogo Idrissa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    10 months ago

    Imana izamwubakire urugo rw’umugisha Kandi azarurindirwemo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubucamanza

Next Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Related Posts

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

IZIHERUKA

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.