Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Tonzi uherutse gushyira hanze igitabo, yarangije icyirico cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Tewolojiya, habura iminsi micye ngo anamurike album ye ya 10.

Uyu muhanzikazi Uwitonze Clémentine wamamaye nka Tonzi, yahawe impamyabumenyi ya masters yakuye muri Kaminuza ya ’Gate breakers university’ yo muri Uganda.

Ni impamyabumenyi abonye habura ibyumweru bibiri gusa ngo amurike album ye ya 10, izajya hanze tariki 15 z’uku kwezi kwa Nzeri 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Tonzi yagaragaje amashimwe afitiye Imana. aho yagize ati “Urakoze Mana kuri buri kimwe. Mbega urugendo rutari rworoshye.”

Uyu muhanzikazi uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, avuga ko kuba arangije amasomo ya masters yarayafatanyaga n’ibindi bikorwa binyuranye, ari ibyo kwishimira.

Yagize ati “Rwari urugendo rutoroshye, kwiga mbivanga n’izindi nshingan, nahoraga mbifite mu nzozi, none mbigezeho.”

Uyu muhanzikazi ahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza unitegura gushyira hanze album ye ya 10, mu gihe kandi hashize ukwezi ashyize hanze igitabo yise ‘An Open Jail: When the World Crucifies You’, yamuritse mu mpera za Nyakanga.

Ni igitabo agaragazamo imbogamizi n’ibibazo yagiye anyuramo, ariko akanga ko bimuherana, agashikama mu rugendo rwe yabaga arimo, aho yatangaje ko yagize iyerekwa ryacyo muri 2012.

Tonzi yishimiye iyi ntambwe yindi yateye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Next Post

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Related Posts

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

by radiotv10
02/09/2025
0

Umukinnyi wa Film Dwayne Johnson wamamaye nka The Rock, yazamuye impaka ku isura nshya ye, agaragara yaratakaje ibilo mu buryo...

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Umuhanzikazi Knowless yifurije isabukuru nziza umugabo we Ishimwe Clement, akoresheje amagambo aryohereye, amushimira uburyo yamubereye uw’agaciro gakomeye mu buzima bwe....

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

by radiotv10
01/09/2025
0

Umuhanzi Jean Pierre Clever Tuyizere wamenyekanye nka Papi Clever uririmbana n’umugore we Dorcas, yemeza ko umuziki wo kuramya no guhimbaza...

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

by radiotv10
28/08/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi, Uwankusi Nkusi Lynda wamamaye nka Lynda Priya, yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we mushya, amwifuriza isabukuru nziza...

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

by radiotv10
26/08/2025
0

Umuhanzi Kayigi Andy wamamaye nka Andy Bumuntu, wanigeze gukora umwuga w’itangazamakuru, wamenyerewe afite imisatsi miremire izwi nka Dreadlocks, yagaragaye yarogoshe...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

03/09/2025
Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

03/09/2025
A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.