Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amashusho ababaje y’abasirikare b’u Burusiya bishwe yateje impagarara kuri Ukraine

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amashusho ababaje y’abasirikare b’u Burusiya bishwe yateje impagarara kuri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ndetse n’imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu, barasaba Ukraine gukora iperereza ku mashusho agaragaza abasirikare b’u Burusiya bafatiwe ku rugamba bagaragagaye baryamye mu maraso nyuma yo kwicwa.

Akanama k’Umurango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu muri Ukraine, kasabye ubutegetsi bwa Ukraine gukora igenzura ryihuse kuri ayo mashusho agaragaza imfungwa z’intamba z’abasirikare b’u Burusiya bishwe.

Ubutegetsi bw’u Burusiya bwo buravuga ko iki gikorwa cyakozwe n’igisirikare cya Ukraine, ari icy’ubunyamaswa kuko bitumvikana uburyo imfungwa z’intambara zicwa urw’agashinyaguro.

Umwe mu bayobozi b’Umuryango w’Abibumbye, aganira n’Ibiro Ntaramakuru Associated Press, yagize ati “Twababajwe cyane n’ariya mashusho kandi kuri kuyakurikirana.”

Yakomeje agira ati “Twasabye ko ibirego byose bivugwa ko bikorwaho iperereza ryimbitse kandi rinyuze mu mucyo n’ubuyobozi.”

Aya mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu ntangiro z’icyumweru twaraye dusoje, agaragaza itsinda ry’abasirikare b’u Burusiya bafatiwe ku rugamba bazengurutswe n’aba Ukraine baryamye barambaraye hasi, hakaza kugaragaza andi mashusho abagaraza imirambo yabo irambitse mu kidendezi cy’amaraso.

Hagaragara akandi gace k’amashusho y’umusirikare w’u Burusiya asohoka mu nyubako imwe, akarasa urufaya rw’amasasu ku basirikare ba Ukraine, gusa ntibizwi niba aya mashusho afitanye isano n’ariya ya mbere.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko aya mashusho ari gihamya cy’ubwicanyi bubabaje bukorerwa abasirikare b’iki Gihugu muri Ukraine.

Minisiriri w’Intebe Wungirije wa Ukraine, Olga Stefanishina kuri iki Cyumweru yabwiye Itangazamakuru ati “Yego rwose Ubuyobozi bwa Ukraine buzakora iperereza kuri aya mashusho.” Gusa akavuga ko aya mashusho ashobora kuba atari ibintu byabayeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Next Post

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.