Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura imikino ibiri izayihuza na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN), yatangiye imyitozo nyuma yo guhamagarwa.

Iyi myitozo ya mbere yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe, yagaragayemo abakinnyi 21 basanzwe bakina muri shampiyona y’imbere mu Gihugu ndetse na Ally Niyonzima

I waraye uhageze aturutse i Burundi, mu gihe Abandi 9 basigaye bamwe  bategerejwe mu minsi ya vuba abandi bakazahurira muri Ethiopia no muri Benin.

Ikibuga cy’ishuri rishya rya NTARE SCHOOL riherereye mu Karere ka Bugesera, ni cyo Amavubi azajya yifashisha mu myitozo kuko gifite ubwatsi busanzwe (terrain naturel) cyane ko n’ikibuga bazakiniraho umukino gifite ubwatsi nk’ubwo.

Mbere yo gukina na Benin tariki ya 22 Werurwe 2023, Amavubi azabanza gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’Igihugu ya Ethiopia hanyuma umunsi ukurikira bahite berekeza Cotonou muri BENIN.

Biteganyijwe ko ikipe izahaguruka mu Rwanda Tariki ya 17 Werurwe 2023 berekeze Ethiopia, bakine umukino wa gicuti tariki ya 19.03.2023, bukeye bwaho ku ya 20 Werurwe bazerekeza Cotonou muri Benin aho bazakina Umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, bagaruke ku ya 23, mu gihe umukino wundi na Benin uzabera i Huye ku ya 27 Werurwe 2023.

Mu Bakinnyi bandi bategerejwe mu Rwanda barimo Muhire Kevin, Hakim Sahabo Habimana Glen, Bizimana Djihad, Rafael York na Kagere Meddi, ndetse na Kwizera Olivier uzasanga bagenzi be muri Ethiopia; mu gihe Emmanuel IMANISHIMWE, STEVE RUBANGUKA na MUTSINZI Ange bo ikipe izabasanga muri Benin.

Amavubi ari mu itsinda L mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Ivory Coast muri Mutarama 2024.

Iyi kipe y’u Rwanda imaze gukina imikino 2, umwe yanganyije 1-1 na Mozambique, undi itsindwa 1-0 na Senegal i Dakar.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Next Post

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.