Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura imikino ibiri izayihuza na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN), yatangiye imyitozo nyuma yo guhamagarwa.

Iyi myitozo ya mbere yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe, yagaragayemo abakinnyi 21 basanzwe bakina muri shampiyona y’imbere mu Gihugu ndetse na Ally Niyonzima

I waraye uhageze aturutse i Burundi, mu gihe Abandi 9 basigaye bamwe  bategerejwe mu minsi ya vuba abandi bakazahurira muri Ethiopia no muri Benin.

Ikibuga cy’ishuri rishya rya NTARE SCHOOL riherereye mu Karere ka Bugesera, ni cyo Amavubi azajya yifashisha mu myitozo kuko gifite ubwatsi busanzwe (terrain naturel) cyane ko n’ikibuga bazakiniraho umukino gifite ubwatsi nk’ubwo.

Mbere yo gukina na Benin tariki ya 22 Werurwe 2023, Amavubi azabanza gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’Igihugu ya Ethiopia hanyuma umunsi ukurikira bahite berekeza Cotonou muri BENIN.

Biteganyijwe ko ikipe izahaguruka mu Rwanda Tariki ya 17 Werurwe 2023 berekeze Ethiopia, bakine umukino wa gicuti tariki ya 19.03.2023, bukeye bwaho ku ya 20 Werurwe bazerekeza Cotonou muri Benin aho bazakina Umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, bagaruke ku ya 23, mu gihe umukino wundi na Benin uzabera i Huye ku ya 27 Werurwe 2023.

Mu Bakinnyi bandi bategerejwe mu Rwanda barimo Muhire Kevin, Hakim Sahabo Habimana Glen, Bizimana Djihad, Rafael York na Kagere Meddi, ndetse na Kwizera Olivier uzasanga bagenzi be muri Ethiopia; mu gihe Emmanuel IMANISHIMWE, STEVE RUBANGUKA na MUTSINZI Ange bo ikipe izabasanga muri Benin.

Amavubi ari mu itsinda L mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Ivory Coast muri Mutarama 2024.

Iyi kipe y’u Rwanda imaze gukina imikino 2, umwe yanganyije 1-1 na Mozambique, undi itsindwa 1-0 na Senegal i Dakar.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Next Post

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.