Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, yageze muri Nigeria, kwitegura umukino uzayihuza n’ikipe y’iki Gihugu mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho yasabwe na Perezida mushya wa FERWAFA ko gutsindwa bitari mu byabahagurukije i Kigali.

Iyi kipe y’u Rwanda yahagurutse i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yageze muri Leta ya Uyo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Shema Ngoga Fabrice wajyanye n’Ikipe y’Igihugu nyuma y’iminsi ibiri gusa atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yavuze ko yishimiye guherekeza bwa mbere Amavubi ari Perezida wa FERWAFA.

Ati “Iyo utwaye Ikipe y’Igihugu cyangwa se iyo mujyanye, uba utwaye Igihugu, bivuze ko ibyo usaba abakinnyi biba birenze uko Abanyarwanda bazadukurikirana baturi inyuma bazatwifuriza intsinzi.”

Akomeza avuga ko nubwo Ikipe y’Igihugu yakunze kunengerwa umusaruro wayo mucye, ndetse bamwe bakabyatura mu magambo y’urucantege, ariko we yumva ko ahubwo ibi bizayiha imbaraga zo kwitwara neza.

Ati “Iyo wumvise abantu bavuga bati ‘n’ubundi Amavubi ntakigenda’, hari umuntu uguca intege utaranatangira no kugera cyangwa no guha amahirwe ikipe yacu, ariko icyo nabasabye uyu munsi, ni uko option yo gutsindwa, kuri njye sinyemera, waba ufite ubundi buryo ushaka gusobanura kudatsinda ariko bwa mbere bituruka kuri wowe bituruka kuri motivation yawe, bigaturuka ku cyo wowe wumva watanga ku Gihugu.”

Shema uherekeje bwa mbere Ikipe y’Igihugu ari Perezida wa FERWAFA, avuga ko Igihugu kiba cyatanze byinshi ku ikipe y’Igihugu, bityo ko abakinnyi bayo na bo bakwiye gukoresha imbaraga zose zishobora kugira ngo bacyiture.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo bari bamaze kururuka indege
Perezida wa FERWAFA yavuze ko yababwiye ko option yo gutsindwa itari mu zibajyanye muri Nigeria
Kapiteni Djihad arizeza kwitwara neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Icyo abunganira uwari Minisitiri muri Congo bavuga ku gihano yakatiwe ahamijwe kunyereza Miliyari 27Frw

Next Post

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Related Posts

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

by radiotv10
02/09/2025
0

Ikipe y’Igihugu y'u Rwanda ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali yerecyeje muri Nigeria gukina umukino w’umunsi wa karindwi gushaka itike y'Igikombe cy'Isi...

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

by radiotv10
28/08/2025
0

Ikipe ya APR FC izahagararira u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup, yisanze mu itsinda rya kabiri ririmo ikipe ya NEC...

Al Merreikh yo muri Sudani ibaye ikipe ya kane ije gukorera Pre-season mu Rwanda

Al Merreikh yo muri Sudani ibaye ikipe ya kane ije gukorera Pre-season mu Rwanda

by radiotv10
28/08/2025
0

Ikipe ya Al Merreikh yo muri Sudan yabaye iya 4 yo mu mahanga ije mu Rwanda kuhitegurira umwaka w’imikino (pre-season...

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

by radiotv10
28/08/2025
0

Mu mikino Nyafurika y’ijonjora ry’ibanze CAF Champions League, umukino wa mbere uzahuza ikipe ya APR FC na Pyramids FC yo...

Dore abakinnyi batagaragaye ku rutonde rw’abahamagawe mu Mavubi bikibazwaho

Dore abakinnyi batagaragaye ku rutonde rw’abahamagawe mu Mavubi bikibazwaho

by radiotv10
26/08/2025
0

Abakinnyi Hakim Sahabo, Samuel Gueulette, Niyigena Clement, Ruboneka Jean Bosco bari mu bigaragaje mu mwaka w’imikino ushize, ntibaje muri 27...

IZIHERUKA

Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye
MU RWANDA

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

by radiotv10
03/09/2025
0

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

03/09/2025
Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

03/09/2025
Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

03/09/2025
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

Amavubi yageze muri Nigeria ahabwa umukoro na Perezida mushya wa FERWAFA

03/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado 'irasa ibyihebe nta kubibabarira'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.