Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira muri Leta Zunze Ubumwe za America. Bivugwa ko yifuzaga uruhushya ubundi akazaguma muri iri serukiramuco ariko biranga.

Amakuru y’isezera rya Kevin Kade muri MTN Iwacu Muzika Festival 2025, yagiye hanze mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho abareberera inyungu uyu muhanzi bandikiye East African Promoters (EAP), itegura ibi bitaramo, bayimenyesha ko uyu munanzi atakibashije kubyitabira.

Mu mpamvu batanze harimo iz’uko bari mu myiteguro y’ibindi bitaramo byatumiwemo uyu muhanzi Kevin Kade bizabera muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nkuko bigaragara ku mbuga nkoranyamagaga z’uyu musore, bigaragara ko ari mu batumiwe kuzaririmba muri Rwanda Convention USA izabera muri America tariki 05 Nyakanga 2025, umunsi uhura n’igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera i Musanze.

Nubwo yari yasinye amasezerano y’ibanze yo kwitabira MTN Iwacu Muzika Festival, Kevin Kade yari atarahabwa amasezerano ya burundu.

Bivugwa ko ibi bitaramo birindwi yagombaga kuzaririmbamo yari kuzahabwa arenga Miliyoni 20 Frw, mu gihe amakuru aturuka muri America avuga ko muri Rwanda Convention USA ashobora kuzahabwa arenga $10,000 (Miliyoni 13 Frw).

Amakuru avuga ko EAP yamenyeshejwe ibiri kuba mbere yuko icyemezo cya nyuma gifatwa, aho aba bareberera inyungu za Kevin Kade basabye uruhushya rwihariye rwo kujya kuririmba muri Rwanda Convention USA, ariko basubizwa ko igihe cyose yahitamo kujya muri America, yahita ava mu bitaramo byose bya MTN Iwacu Muzika Festival.

Mu masaha macye nyuma y’iyo baruwa yandikiwe EAP, Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yasohoye itangazo rigaragaza ko Kevin Kade na Producer Element bongeye kwemezwa nk’abahanzi bazaririmba muri Rwanda Convention USA, nyuma yo guhabwa Visa ku wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025.

Andi makuru avuga ko Kevin Kade yari yaratangiye ibiganiro n’abategura MTN Iwacu Muzika Festival, yakomeje no kugirana ibiganiro n’abari gutegura ibitaramo byo muri Amerika. Uyu musore akimara kubona Visa, nibwo yahise afata umwanzuro ntakuka.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Related Posts

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho,...

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Douglas Mayanja uzwi nka Weasel Manizo usanzwe afitanye abana n’Umunyarwandakazi Teta Sandra bigeze kuvugwaho kugirana amakimbirane, yajyanywe mu...

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Abahanzi Israel Mbonyi na Prosper Nkomezi bari mu bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bagiye gushyira hanze indirimbo...

Umuhanzi ugezweho Kevin Kade arateguza abakunzi ba muzika agashya abahishiye

Umuhanzi ugezweho Kevin Kade arateguza abakunzi ba muzika agashya abahishiye

by radiotv10
05/08/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade, yararikiye abakunzi be n’aba muzika nyarwanda kwitegura indirimbo nshya abafitiye yise ‘Nyanja’, yemeza ko izakundwa n’abatari bacye...

IZIHERUKA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft
IMIBEREHO MYIZA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Digital detox: Can you survive 24 hours without your phone?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.