Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku bagaragaye mu mashusho y’ibiterasoni byabereye mu muhanda rwagati n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Andi makuru ku bagaragaye mu mashusho y’ibiterasoni byabereye mu muhanda rwagati n’icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umugabo n’umukobwa bari gukorera ibiterasoni mu muhanda rwagati bakikijwe n’abamotari mu Mujyi wa Kigali, ababikekwaho batawe muri yombi, hanavugwa icyatumye babikora.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko uruzwi nka X, hacicikanye amashusho agaragaza umusore n’umukobwa bari gusa nk’abatera akabariro mu muhanda, bahagaze, bashungerewe n’abamotari.

Inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira gushakisha abakoze ibi biterasoni, zita muri yombi umusore w’imyaka 33 n’umukobwa w’imyaka 23, bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ukuboza 2023.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje ko aba bantu batawe muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo yarwo ya Kacyiru.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry uvuga ko uru rwego ruri gukora dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha, yibukije abantu kwirinda gukora ibikorwa nk’ibi by’ibiterasoni, kuko bihanirwa n’amategeko.

Yavuze ko by’umwihariko abantu bakwiye kwirinda kunywa ibiyobyabwenge ndetse no gusinda, kuko abakora ibiterasoni nka biriya, baba baganjijwe na byo.

 

Bari bashyiriweho intego y’amafaranga

Aba bombi bagaragaye bakora ibiterasoni, hari amakuru avuga ko babikoze nyuma yo gushyirirwaho intego y’amafaranga, aho bari bizejwe kuyahabwa nibaramuka basambaniye ku muhanda.

Amakuru avuga ko umukobwa yari yashyiriweho agahigo ko guhabwa ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe umusore we yari yemerewe ibihumbi bitandatu (6 000 Frw).

Ngo ni intego bari bashyiriweho n’abamotari, babonaga umukobwa yasinze, bagasaba ko umugabo yamusambanyiriza ku muhanda, ubundi bakamuha amafaranga.

Aba bagaragaye basa nk’abaganjijwe n’agasembuye, bivugwa ko ari bwo bahise biyemeza guca ako gahigo, bakoreye ahazwi nko ku Kinamba, mu Mudugudu wa Nkingi mu Kagari ka Kamutwe mu Murenge wa Kacyiru.

Muri Mata uyu mwaka, na bwo havuzwe inkuru y’umugabo wari usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe wagaragaye mu kabari ko mu ko mu Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, na we asa nk’usambana n’umukobwa wari umwicayeho.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 143: Gukora ibiterasoni mu ruhame

Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seven =

Previous Post

CECAFA U18: Nyuma y’uko Amavubi asezerewe na Uganda umutoza wayo agaragaje aho byapfiriye

Next Post

M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.