Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku bagaragaye mu mashusho y’ibiterasoni byabereye mu muhanda rwagati n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Andi makuru ku bagaragaye mu mashusho y’ibiterasoni byabereye mu muhanda rwagati n’icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umugabo n’umukobwa bari gukorera ibiterasoni mu muhanda rwagati bakikijwe n’abamotari mu Mujyi wa Kigali, ababikekwaho batawe muri yombi, hanavugwa icyatumye babikora.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko uruzwi nka X, hacicikanye amashusho agaragaza umusore n’umukobwa bari gusa nk’abatera akabariro mu muhanda, bahagaze, bashungerewe n’abamotari.

Inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira gushakisha abakoze ibi biterasoni, zita muri yombi umusore w’imyaka 33 n’umukobwa w’imyaka 23, bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ukuboza 2023.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje ko aba bantu batawe muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo yarwo ya Kacyiru.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry uvuga ko uru rwego ruri gukora dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha, yibukije abantu kwirinda gukora ibikorwa nk’ibi by’ibiterasoni, kuko bihanirwa n’amategeko.

Yavuze ko by’umwihariko abantu bakwiye kwirinda kunywa ibiyobyabwenge ndetse no gusinda, kuko abakora ibiterasoni nka biriya, baba baganjijwe na byo.

 

Bari bashyiriweho intego y’amafaranga

Aba bombi bagaragaye bakora ibiterasoni, hari amakuru avuga ko babikoze nyuma yo gushyirirwaho intego y’amafaranga, aho bari bizejwe kuyahabwa nibaramuka basambaniye ku muhanda.

Amakuru avuga ko umukobwa yari yashyiriweho agahigo ko guhabwa ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe umusore we yari yemerewe ibihumbi bitandatu (6 000 Frw).

Ngo ni intego bari bashyiriweho n’abamotari, babonaga umukobwa yasinze, bagasaba ko umugabo yamusambanyiriza ku muhanda, ubundi bakamuha amafaranga.

Aba bagaragaye basa nk’abaganjijwe n’agasembuye, bivugwa ko ari bwo bahise biyemeza guca ako gahigo, bakoreye ahazwi nko ku Kinamba, mu Mudugudu wa Nkingi mu Kagari ka Kamutwe mu Murenge wa Kacyiru.

Muri Mata uyu mwaka, na bwo havuzwe inkuru y’umugabo wari usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe wagaragaye mu kabari ko mu ko mu Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, na we asa nk’usambana n’umukobwa wari umwicayeho.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 143: Gukora ibiterasoni mu ruhame

Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 12 =

Previous Post

CECAFA U18: Nyuma y’uko Amavubi asezerewe na Uganda umutoza wayo agaragaje aho byapfiriye

Next Post

M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.