Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Fulgence Kayishema ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uherutse gufatirwa muri Afurika y’Epfo, yatangiye gukorwaho iperereza na Guverinoma ya Malawi, ryo kumenya uburyo yabonye Pasiporo y’iki Gihugu.

Kayishema ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside mu yahoze ari Komini ya Kivumu, by’umwihariko mu kwica Abatutsi ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange, yafatiwe muri Afurika y’Epfo mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 24 Gicurasi 2023.

Nyuma y’umunsi umwe afashwe, uyu mugabo yahise agezwa imbere y’Urukiko rwa Bellville rw’i Cape Town kugira ngo aburane ku byo ashinjwa n’inzego z’iki Gihugu cya Afurika y’Epfo.

Ni ibyaha bishingiye ku mpapuro mpimbano n’uburiganya yakoresheje mu nzira zo kubona ubuhungiro, ndetse n’uburyo yagiye akoresha kugira ngo akore ingendo zamugejeje muri kiriya Gihugu yafatiwemo.

Guverinoma ya Malawi na yo yatangaje ko yatangiye iperereza ryo gucukumbura uburyo Kayishema Fulgence yabonye urwandiko rw’Inzira (Pasiporo) y’iki Gihugu, hagati y’imyaka ya 2017 na 2018, aho yakoresheje yitwa izina ry’irihimbano rya Positani Chikuse.

Byatangajwe na Minisitiri w’Imiturire muri Malawi, Kenneth Zikhale Ng’oma kuri uyu wa Mbere tariki 05 Kamena mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, wavuze ko uwahaye uriya mugabo Pasiporo, agomba kubiryozwa.

Yagize ati “Twarabikurikiranye kandi uwo ari we wese wamuhaye iyi Pasiporo, azagezwa imbere y’ubutabera. Turi gukosora amakosa yakozwe mu ikoranabuhanga.”

Minisitiri Ng’oma yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yanatanze impapuro zo guta muri yombi abantu 55 bari muri iki Gihugu cya Malawi, bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse ko hatangiye ibikorwa byo kubashakisha hagendewe ku mazina yatanzwe.

Ati “Nubwo abo bantu ari Abanyarwanda ariko bashobora kuba barahinduye imyirondoro yabo kuko harimo bamwe bari mu bashakishwa cyane ku Isi. Turi gushaka isano baba bahuriyeho n’u Burundi kugira ngo dufate abo bantu bakekwaho kwica abarenga 2 000.”

Minisitiri Ng’oma yanahishuye kandi ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) yandikiye Guverinoma ya Malawi iyisaba kohereza abantu barenga 500 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Next Post

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Related Posts

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

IZIHERUKA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills
MU RWANDA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Tuganire: Umukobwa kuba yagura agakingirizo cyangwa yakitwaza kuki bifatwa nka sakirirego?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.