Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rumaze guta muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien [Yampano] n’umukunzi we bari gukora imibonano mpuzabitsina.

Abatawe muri yombi barimo uwitwa Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo wanakunze gushyirwa mu majwi n’umuhanzi Yampano ko ari we wari ufite ariya mashusho kandi ko yakunze kumukangisha kenshi kuyashyira hanze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko Uworizagwira Florien [Yampano] yatanze ikirego tariki 09 Ugushyingo 2025.

Yagize ati “Babiri bakekwaho uruhare mu gukwirakwiza amashusho ye bamaze gutabwa muri yombi. Muri aba harimo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man wafashwe ku wa 11 Ugushyingo 2025 na Kalisa John uzwi nka K. John watawe muri yombi ku wa 14 Ugushyingo 2025.”

Dr Murangira uvuga ko iperereza rigikomeje, yaboneyeho kugira inama abantu kwirinda kuba ba nyirabayazana w’ibibazo nka biriya bibagusha mu bisebo, by’umwihariko urubyiruko rukunze kwifata amashusho y’urukozasoni nk’ariya, abibutsa ko nubwo umuntu atayishyirira hanze, ariko iyo yageze hanze na we bimusigira igisebo.

Yibukije ko nyuma y’icyo gisebo, binabasigira ingaruka zirimo gutakarizwa icyizere n’abantu, ndetse no kuba bashobora amahirwe bakeshaga imibereho nko kwamburwa akazi.

ati “Abantu rero bafite iyo mico y’ubwomanzi bakwiye kujya babanza gutekereza mbere yo kwishora muri ibyo bikorwa. Bakibaza bati ese biramutse bigiye hanze byanshimisha, nakwitwara nte? Abana banjye, ababyeyi, abavandimwe ndetse na sosiyete muri rusange baramutse babonye ayo mashusho bamfata bate?”

kuri Dr Murangira, we ntanumva ukundu abantu batinyuka kwifata amashusho nk’ariya yo mu gikorwa cy’ibanga, bakanayabika, kandi ntacyo bazayakoresha.

Ati “Ese ubwo baba babika ibiki? Gusa icyo nababwira ni uko kwifata no kubika amashuso nk’ayo muri telefone cyangwa ahandi ari ho hose, ari nko kwicarira igisasu umunsi umwe kizaguturikana, kigagusenya, kigasenya umwuga wawe kigasenya icyizere n’icyubahiro wari ufite muri rubanda.”

Umuvugizi wa RIB kandi yanagiriye inama abantu baba hanze bakunze gusaba amashusho y’ubwambure bw’abantu kugira ngo abe ari bo bayasakaza ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubihagarika, anabibutsa ko nubwo baba bavuga ko bari hanze, ariko ko hari igihe na bo bashobora kuzakurikiranwa.

Pazzo Man ari mu batawe muri yombi
Hamwe na Kalisa John uziw nka K John

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Related Posts

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

IZIHERUKA

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.