Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate
Share on FacebookShare on Twitter

Imvugo ya Munyakazi Sadate yakoresheje ku ifoto igaragaza Depite Frank Habineza ‘yasinziririye’ mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, ikomeje kunengwa na bamwe barimo uwitwa Cleophas Nzeyimana wavuze ko iyi foto ari incurano anibaza niba umuco mbonezabupfura hari abo utareba.

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports yakoresheje imvugo ikarishye ubwo yagaragazaga ifoto ya Hon Frank Habineza asinziriye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu mugabo usanzwe azwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga, yashyize iyi foto kuri Twitter, ayiherekeza amagambo agaragaza ko agaya Dr Frank Habineza kuba asinzirira mu Nteko.

Yagize ati “Ariko Ubu tuzajya turwana no kutarenza tariki 15 za buri kwezi tutarasora niturenza turwane n’amande yiyongeraho kugira ngo izo mbaraga abandi baziryamemo barekura imyuka mibi hasi no hejuru?! Oya u Rwanda ntiturarengwa kugera aha.”

https://twitter.com/CleophasCiceron/status/1557765516110008321

Ubu butumwa bwa Sadate yabusoresheje ijambo ryanenzwe na benshi avuga ngo “Dr Frank Habineza akure [umwuka usohokera hasi] mu nteko.”

Cleophas Nzeyimana, uri mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, yavuze ko ari incurano [Photoshop], ati “Ikibyemeza ni uko Frank Habineza atari uriya mwanya yicaramo mu Nteko.”

Cleophas Nizeyimana yakomeje agira ati “Ariko umuco mbonezabupfura, kwiyubaha no kubaha abandi hari abo bibangamira cyangwa bitareba? Iyo ukoresheje mu ruhame imvugo nyandagazi wibasira uwatowe n’Abanyarwanda si bo uba usuzuguye?”

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu na we wahise atanga igiterekezo kuri iki cya Cleophas Nzeyimana, yagize ati “Ushinzwe itumanaho mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda avuga ko iriya foto igaragaza Frank Habineza yagikatiye mu nteko atari ukuri. Urabivugaho iki Sadate Munyakazi?”

Oswald Mutuyeyezu yakomeje agira ati “Ariko na we Hon. Dr Frank Habineza, iriya foto (isura) yawe yafatiwe he? Note: Sinshyigikiye abatukana.”

Bamwe bakomeje kuvuga ko Munyakazi Sadate yarengereye mu mvugo ye

RADIOTV10

Comments 2

  1. David Bwanakweli says:
    4 years ago

    Uwomugabo ngo ni sedate ari very arrogant and rude nafatwe afungwe yige agororwe kuko nta disciplines agira just to secure his future

    Reply
  2. H.J.D says:
    4 years ago

    Biriya nukwibasira,ndetse no gusebanya muruhame!ntubikwiye I Rwanda pe! agomba gusaba imbabazi cg se amategeko agakora akazi kayo, bitabaye ibyo nejo wajya kumva abantu ari kuriya abaturage batangira burira abayobozi ninzego za leta!!!!

    Reply

Leave a Reply to H.J.D Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eighteen =

Previous Post

Umukobwa wa Rusesabagina aracyemeza ko azarekurwa, ati “Iki kibazo ntaho u Rwanda ruzagihungira”

Next Post

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

Related Posts

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

by radiotv10
24/02/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ibyiciro bishya by’imisanzu y’ubwishingizi bwa Mituweli, aho abo mu cyiciro cya kabiri cy’abunganirwa na Leta,...

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n'urugomo...

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

by radiotv10
24/02/2026
0

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi...

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

by radiotv10
24/02/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-For the First Time, Rwanda Will Know Its Position in the Quality of Education Worldwide

by radiotv10
24/02/2026
0

Rwanda is looking forward to the international assessment known as PISA (Programme for International Student Assessment), which will show how...

IZIHERUKA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
AMAHANGA

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

24/02/2026
Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

24/02/2026
Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

24/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

24/02/2026
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.