Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, n’uw’Urubyiruko n’Ubuhanzi, bongeye kugaragaza ko bashyigikiye abahanzi Nyarwanda, kandi ko banyurwa n’ibihangano byabo.

Ibi byagaragajwe no kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ugushyingo 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yakiriye mu biro bye umuhanzi Davis D witegura kwizihiza imyaka icumi amaze mu muziki.

Nanone kandi kuri uyu munsi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yishimiye ibyaciye amarenga ku mikoranire y’abahanzi babiri Nyarwanda.

Nyuma y’aho umuhanzikazi Bwiza ashyize ku mugarago ifoto ari kumwe n’umuhanzi w’Indirimbo z’Imana, Israel Mbonyi, abakunzi be batanze ibitekerezo bitandukanye bagaragaza ko banyotewe no kumva indirimbo y’aba bombi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wagaragaje ko iyi ifoto irimo abanyempano babiri kandi beza.

Yagize ati “Impano ibyeri z’agatangaza hamwe! Twe nk’abafana, turifuza ko mwakorana.”

Nyuma y’ibi, Minisitiri Utumatwishima yakiriye Davis D waje aherekejwe na Basile Uwimana wahoze ari umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, umujyanama we Bagenzi Bernard ndetse n’umuhanzikazi na Alyn Sano.

Utumatwishima yabwiye Davis D ko Leta ishyigikiye abahanzi, bityo ko bakwiye gushyira imbaraga mu kazi kabi, anamwizeza ko azitabira igitaramo cye.

Iki gitaramo cya David D yise ‘Shine Boy Fest’ kizaba mu mpera z’icyumweru gitaha, kizaba kinarimo abandi bahanzi barimo abafite amazina azwi muri Afurika bazajya kumushyigikira, nka Nasty C wo muri Afurika y’Epfo, ndetse n’abo mu Rwanda nka Platini P, Danny Nanone, na Nel Ngabo.

Davis D n’itsinda rimuherekeje bakiriwe na Dr. Utumatwishima

Ifoto ya Bwiza na Israel Mbonyi yanyuze benshi
Minisitiri Nduhungirehe yifuje ko bakorana indirimbo

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Ngoma: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe n’abaturage ku byo bavuga ko bahatirwa badafitiye ubushobozi

Next Post

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda
MU RWANDA

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.