Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bongeye kugaragaza urukundo bafitiye abahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, n’uw’Urubyiruko n’Ubuhanzi, bongeye kugaragaza ko bashyigikiye abahanzi Nyarwanda, kandi ko banyurwa n’ibihangano byabo.

Ibi byagaragajwe no kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ugushyingo 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yakiriye mu biro bye umuhanzi Davis D witegura kwizihiza imyaka icumi amaze mu muziki.

Nanone kandi kuri uyu munsi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yishimiye ibyaciye amarenga ku mikoranire y’abahanzi babiri Nyarwanda.

Nyuma y’aho umuhanzikazi Bwiza ashyize ku mugarago ifoto ari kumwe n’umuhanzi w’Indirimbo z’Imana, Israel Mbonyi, abakunzi be batanze ibitekerezo bitandukanye bagaragaza ko banyotewe no kumva indirimbo y’aba bombi.

Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto, harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wagaragaje ko iyi ifoto irimo abanyempano babiri kandi beza.

Yagize ati “Impano ibyeri z’agatangaza hamwe! Twe nk’abafana, turifuza ko mwakorana.”

Nyuma y’ibi, Minisitiri Utumatwishima yakiriye Davis D waje aherekejwe na Basile Uwimana wahoze ari umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, umujyanama we Bagenzi Bernard ndetse n’umuhanzikazi na Alyn Sano.

Utumatwishima yabwiye Davis D ko Leta ishyigikiye abahanzi, bityo ko bakwiye gushyira imbaraga mu kazi kabi, anamwizeza ko azitabira igitaramo cye.

Iki gitaramo cya David D yise ‘Shine Boy Fest’ kizaba mu mpera z’icyumweru gitaha, kizaba kinarimo abandi bahanzi barimo abafite amazina azwi muri Afurika bazajya kumushyigikira, nka Nasty C wo muri Afurika y’Epfo, ndetse n’abo mu Rwanda nka Platini P, Danny Nanone, na Nel Ngabo.

Davis D n’itsinda rimuherekeje bakiriwe na Dr. Utumatwishima

Ifoto ya Bwiza na Israel Mbonyi yanyuze benshi
Minisitiri Nduhungirehe yifuje ko bakorana indirimbo

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Ngoma: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe n’abaturage ku byo bavuga ko bahatirwa badafitiye ubushobozi

Next Post

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.