Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyawera mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batungujwe gahunda yo gusiga amarangi ku nzu zegereye umuhanda, babwirwa ko abatazabikora bazashaka aho bazerecyeza inzu zabo.

Aba baturage biganjemo abacururiza mu Gasantere k’ubucuruzi ka Murehe ko muri aka Kagari ka Nyawera ndetse n’abahafite inzu, babwiye RADIOTV10 ko iyi gahunda yo gusiga amarangi yaje ibagwa hejuru batayitegujwe.

Umwe usanzwe ari umucuruzi yagize ati “Ni ibintu badutunguje tutateguye tutatekerejeho. Hari ibyo nahombye nagombaga kuba narakoze ariko ndabihombya nsiga irangi. Baba bagomba kuduteguza bakaduha nk’umwaka.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari abaturage byasabye kugurisha ibyabo kugira ngo bashyire mu bikorwa iki cyemezo cyafashwe bagitungujwe.

Ati “Hari nk’uwahise agurisha umurima cyangwa akagurisha nk’itungo kubera ko bije byihuta, ugasanga bimugizeho ingaruka.”

Aba baturage bavuga kandi ko ubuyobozi bwababwiraga ko utazubahiriza iki cyemezo, azabihanirwa ku buryo hari n’ibihano bababwiraga bumva bidashoboka.

Undi muturage ati “John [Umuyobozi w’Akarere] yavuze ko utazasiga irangi nkuko abandi bari kubikora azareba aho yerecyeza ayo mazu.”

Bavuga kandi ko abatarabashije gusiga aya marangi, batemerewe gucuruza kuko amazu adasize yafunzwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco we avuga ko iki cyemezo cyavuye mu bitekerezo by’abaturage, bityo ko kitabatunguye nkuko babivuga.

Ati “Icya mbere si ikintu cy’agahato, haba harabayeho inama, tukajya inama n’abaturage bakabyemeranyaho kandi turabona bigenda bifata umurongo mwiza.”

Nyemazi avuga kandi ko icyemezo cyafashwe atari ugusaba abaturage gusiga irangi gusa, ahubwo ko basabwe gukora amasuku, bakaba bacukura ibimoteri byo kumenamo imyanda ndetse no kugira isuku yo ku mubiri.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Nibyo gutera irangi 1 mu myaka 2 bikaba bizwi byafasha, udafite irangi agashaka ingwa hakiri kare.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

Next Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.