Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyawera mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batungujwe gahunda yo gusiga amarangi ku nzu zegereye umuhanda, babwirwa ko abatazabikora bazashaka aho bazerecyeza inzu zabo.

Aba baturage biganjemo abacururiza mu Gasantere k’ubucuruzi ka Murehe ko muri aka Kagari ka Nyawera ndetse n’abahafite inzu, babwiye RADIOTV10 ko iyi gahunda yo gusiga amarangi yaje ibagwa hejuru batayitegujwe.

Umwe usanzwe ari umucuruzi yagize ati “Ni ibintu badutunguje tutateguye tutatekerejeho. Hari ibyo nahombye nagombaga kuba narakoze ariko ndabihombya nsiga irangi. Baba bagomba kuduteguza bakaduha nk’umwaka.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari abaturage byasabye kugurisha ibyabo kugira ngo bashyire mu bikorwa iki cyemezo cyafashwe bagitungujwe.

Ati “Hari nk’uwahise agurisha umurima cyangwa akagurisha nk’itungo kubera ko bije byihuta, ugasanga bimugizeho ingaruka.”

Aba baturage bavuga kandi ko ubuyobozi bwababwiraga ko utazubahiriza iki cyemezo, azabihanirwa ku buryo hari n’ibihano bababwiraga bumva bidashoboka.

Undi muturage ati “John [Umuyobozi w’Akarere] yavuze ko utazasiga irangi nkuko abandi bari kubikora azareba aho yerecyeza ayo mazu.”

Bavuga kandi ko abatarabashije gusiga aya marangi, batemerewe gucuruza kuko amazu adasize yafunzwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco we avuga ko iki cyemezo cyavuye mu bitekerezo by’abaturage, bityo ko kitabatunguye nkuko babivuga.

Ati “Icya mbere si ikintu cy’agahato, haba harabayeho inama, tukajya inama n’abaturage bakabyemeranyaho kandi turabona bigenda bifata umurongo mwiza.”

Nyemazi avuga kandi ko icyemezo cyafashwe atari ugusaba abaturage gusiga irangi gusa, ahubwo ko basabwe gukora amasuku, bakaba bacukura ibimoteri byo kumenamo imyanda ndetse no kugira isuku yo ku mubiri.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Nibyo gutera irangi 1 mu myaka 2 bikaba bizwi byafasha, udafite irangi agashaka ingwa hakiri kare.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 10 =

Previous Post

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

Next Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.