Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyawera mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batungujwe gahunda yo gusiga amarangi ku nzu zegereye umuhanda, babwirwa ko abatazabikora bazashaka aho bazerecyeza inzu zabo.

Aba baturage biganjemo abacururiza mu Gasantere k’ubucuruzi ka Murehe ko muri aka Kagari ka Nyawera ndetse n’abahafite inzu, babwiye RADIOTV10 ko iyi gahunda yo gusiga amarangi yaje ibagwa hejuru batayitegujwe.

Umwe usanzwe ari umucuruzi yagize ati “Ni ibintu badutunguje tutateguye tutatekerejeho. Hari ibyo nahombye nagombaga kuba narakoze ariko ndabihombya nsiga irangi. Baba bagomba kuduteguza bakaduha nk’umwaka.”

Uyu muturage akomeza avuga ko hari abaturage byasabye kugurisha ibyabo kugira ngo bashyire mu bikorwa iki cyemezo cyafashwe bagitungujwe.

Ati “Hari nk’uwahise agurisha umurima cyangwa akagurisha nk’itungo kubera ko bije byihuta, ugasanga bimugizeho ingaruka.”

Aba baturage bavuga kandi ko ubuyobozi bwababwiraga ko utazubahiriza iki cyemezo, azabihanirwa ku buryo hari n’ibihano bababwiraga bumva bidashoboka.

Undi muturage ati “John [Umuyobozi w’Akarere] yavuze ko utazasiga irangi nkuko abandi bari kubikora azareba aho yerecyeza ayo mazu.”

Bavuga kandi ko abatarabashije gusiga aya marangi, batemerewe gucuruza kuko amazu adasize yafunzwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco we avuga ko iki cyemezo cyavuye mu bitekerezo by’abaturage, bityo ko kitabatunguye nkuko babivuga.

Ati “Icya mbere si ikintu cy’agahato, haba harabayeho inama, tukajya inama n’abaturage bakabyemeranyaho kandi turabona bigenda bifata umurongo mwiza.”

Nyemazi avuga kandi ko icyemezo cyafashwe atari ugusaba abaturage gusiga irangi gusa, ahubwo ko basabwe gukora amasuku, bakaba bacukura ibimoteri byo kumenamo imyanda ndetse no kugira isuku yo ku mubiri.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Nibyo gutera irangi 1 mu myaka 2 bikaba bizwi byafasha, udafite irangi agashaka ingwa hakiri kare.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

Next Post

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.