Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi nubwo ritarafungura mu buryo bwemewe n’amategeko.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA yateganyije ko muri uyu mwaka amakipe yo mu Rwanda azemererwa kugura abakinnyi hagati ya tariki 10 Kamena na tariki 30 Kanama 2025.

Nubwo amakipe yo mu Rwanda azemererwa gutangira kwandikisha abakinnyi bashya ku wa Kabiri w’iki cyumweru ariko Rayon Sports yamaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wa mbere mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino 2025-26 kare.

Ni myugariro w’ibumoso Michel Prince Musore w’imyaka 26 wakinaga muri Vital’O FC y’i Burundi, usanzwe anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Burundi (Intamba ku rugamba), yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri. Bivugwa ko yaguzwe miliyoni 10 Frw, akazajya ahembwa ibihumbi 800 Frw ku kwezi.

Yabaye uwa mbere utangajwe n’ikipe ko yasinye, ariko Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup hari abandi bakinnyi bamaze kumvikana na yo barimo Umunyekongo, Mosengo Tansele wakiniraga Kiyovu Sports, na Chris Rushema wakiniraga Mukura VS.

Mucyeba wa Rayon Sports ari we APR FC yegukanye ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda muri mwaka w’imikino dusoje wa 2024-2025, na we ntasinziriye. Iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ntiratangaza ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi, gusa amakuru agera kuri RADIOTV10 ni uko izi mpera z’icyumweru zisize isinyishije abakinnyi batatu b’Abanyarwanda.

Abo bakinnyi ni Hadji Iraguha, rutahizamu usatira aca ku mpande wari umaze imyaka ine akinira Rayon Sports, Hakim Bugingo ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports na Pacifique Ngaboyisonga wakiniraga Police FC hagati mu kibuga.

Aba bakinnyi bivugwa ko batanzweho miliyoni 75 Frw uko ari batatu babaye intangiriro kuko APR FC irateganya kurema isoko mpuzamahanga ikazana abakinnyi b’amazina akomeye muri Afurika kuko ifite intego yo kugera mu matsinda ya CAF Champions League uyu mwaka.

Nubwo APR FC ikomeje gusinyisha mu ibanga rikomeye ariko, ntabwo irabona umutoza uzayitoza uyu mwaka kuko yatandukanye n’uwari umutoza wayo, Umunya-Serbia Darko Novic mu kwezi gushize. Abatoza bifuzwa muri iyi kipe bakomeje kuganirizwa n’ubuyobozi bwayo ariko nta mwanzuro urafatwa.

Biteganyijwe ko aya makipe yombi azasohokera u Rwanda azatangira imyitozo tariki 23 Kamena 2025.

Hadji Iraguha na Hakim Bugingo bakiniraga Rayon Sports bageze muri APR FC
Umukinnyo wo hagati w’Amavubi ya CHAN Pacifique Ngabonziza yateye umugongo Police FC ajya muri APR FC
Prince Michel Musore yabimburiye abandi atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Roben NGABO
RAIDIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Next Post

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.