Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi nubwo ritarafungura mu buryo bwemewe n’amategeko.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA yateganyije ko muri uyu mwaka amakipe yo mu Rwanda azemererwa kugura abakinnyi hagati ya tariki 10 Kamena na tariki 30 Kanama 2025.

Nubwo amakipe yo mu Rwanda azemererwa gutangira kwandikisha abakinnyi bashya ku wa Kabiri w’iki cyumweru ariko Rayon Sports yamaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wa mbere mu rwego rwo kwitegura umwaka w’imikino 2025-26 kare.

Ni myugariro w’ibumoso Michel Prince Musore w’imyaka 26 wakinaga muri Vital’O FC y’i Burundi, usanzwe anakinira Ikipe y’Igihugu y’u Burundi (Intamba ku rugamba), yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri. Bivugwa ko yaguzwe miliyoni 10 Frw, akazajya ahembwa ibihumbi 800 Frw ku kwezi.

Yabaye uwa mbere utangajwe n’ikipe ko yasinye, ariko Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup hari abandi bakinnyi bamaze kumvikana na yo barimo Umunyekongo, Mosengo Tansele wakiniraga Kiyovu Sports, na Chris Rushema wakiniraga Mukura VS.

Mucyeba wa Rayon Sports ari we APR FC yegukanye ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda muri mwaka w’imikino dusoje wa 2024-2025, na we ntasinziriye. Iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ntiratangaza ku mugaragaro ko yasinyishije umukinnyi, gusa amakuru agera kuri RADIOTV10 ni uko izi mpera z’icyumweru zisize isinyishije abakinnyi batatu b’Abanyarwanda.

Abo bakinnyi ni Hadji Iraguha, rutahizamu usatira aca ku mpande wari umaze imyaka ine akinira Rayon Sports, Hakim Bugingo ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports na Pacifique Ngaboyisonga wakiniraga Police FC hagati mu kibuga.

Aba bakinnyi bivugwa ko batanzweho miliyoni 75 Frw uko ari batatu babaye intangiriro kuko APR FC irateganya kurema isoko mpuzamahanga ikazana abakinnyi b’amazina akomeye muri Afurika kuko ifite intego yo kugera mu matsinda ya CAF Champions League uyu mwaka.

Nubwo APR FC ikomeje gusinyisha mu ibanga rikomeye ariko, ntabwo irabona umutoza uzayitoza uyu mwaka kuko yatandukanye n’uwari umutoza wayo, Umunya-Serbia Darko Novic mu kwezi gushize. Abatoza bifuzwa muri iyi kipe bakomeje kuganirizwa n’ubuyobozi bwayo ariko nta mwanzuro urafatwa.

Biteganyijwe ko aya makipe yombi azasohokera u Rwanda azatangira imyitozo tariki 23 Kamena 2025.

Hadji Iraguha na Hakim Bugingo bakiniraga Rayon Sports bageze muri APR FC
Umukinnyo wo hagati w’Amavubi ya CHAN Pacifique Ngabonziza yateye umugongo Police FC ajya muri APR FC
Prince Michel Musore yabimburiye abandi atangazwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports

Roben NGABO
RAIDIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 3 =

Previous Post

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Next Post

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.