Saturday, October 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

radiotv10by radiotv10
11/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi nka Julius Chita, usanzwe ari inshuti ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wafunguywe nyuma yo guhamywa ibyaha agakatirwa igifungo gisubitse, yatangaje ko yageze mu rugo kandi ko ashimira abamubaye hafi.

Bishop Gafaranga yarekuwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025 nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rumuhamije ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, rukamukatira igifungo cy’umwaka usubitse no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Uyu mugabo wahamijwe ibyaha bishingiye ku ihohotera yakoreye umugore we Annette Murava usanzwe ari umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yasohotse mu Igororero rya Nyarugenge rizwi nka Mageragere ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Umunyamakuru Julius Chita usanzwe ari inshuti ikomeye ya Gafaranga, ni na we wagiye kumwakira ndetse ari kumwe na Annette Murava ubwe, ndetse n’umunyamategeko Me Mbarushimana Veneranda wunganiye Gafaranga.

Nyuma y’igihe gito uyu mugabo uzwi mu biganiro bikundwa ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube asohotse mu Igororero, Julius Chita yatangaje ko yamaze kugera mu rugo.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto bari kumwe bicaye ahantu bigaragara ko ari mu ruganiriro, Julius Chita yagize ati “Umuvandimwe Bishop Gafaranga yageze mu rugo kandi ameze neza! Nyuma y’amezi 5 niminsi 3 afunzwe! Yantumye ngo mbashimire mwese abamubaye hafi. UWITEKA AHABWE ICYUBAHIRO.”

Gafaranga nyuma yo gufungurwa

Bishop Gafaranga wari waratawe muri yombi mu ntangiro za Gicurasi 2025, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye no gukubita no gukomeretsa ku bushake, aho ibi byaha yahamijwe bishingiye ku byo yakoreye umugore we Annette Murava, byavuzwe n’Ubushinjacyaha ko byamugizeho ingaruka mu mitekerereze.

Mu maburanisha anyuranye, Gafaranga utarahakanye ko yagiranye ibibazo n’umugore we, yavugaga ko ibyabaye mu rugo rwabo ari kimwe n’ibiba mu zindi.

Umunyamategeko we Me Mbarushimana Veneranda, mu iburanisha rya nyuma mu rubanza rwo mu mizi, yasabye Urukiko kuzaca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano, ndetse rukaba rwanamukatira igisubitse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 10 =

Previous Post

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

Next Post

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Related Posts

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

In today’s social media age, Fridays have almost become a performance. As soon as the weekend hits, timelines fill with...

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

by radiotv10
10/10/2025
0

For many African parents, the idea of being an “influencer” sounds confusing, unserious, or even risky. To them, a job...

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

by radiotv10
10/10/2025
0

Abakunzi b’ikinyobwa kimwe gisembuye mu Rwanda, bagiye guhurira mu gitaramo kizanaririmbamo abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie ndetse n’Umuhanzi w’Umunyakenya Bien-Aimé...

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore wa Safi Madiba, yagaragaje ko we n’umugabo we King Dust bakoranye ubukwe muri Gicurasi uyu...

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

by radiotv10
07/10/2025
0

Umubyinnyi Titi Brown uri mu bagezweho mu Rwanda, yakoze impanuka ikomeye ya moto yari imutwaye igongwa na Howo, ariko Imana...

IZIHERUKA

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro
FOOTBALL

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

by radiotv10
11/10/2025
0

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

11/10/2025
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.