Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Byiringiro Lague uherutse gutandukana n’ikipe yo muri Sweden, byavugwaga ko ashobora kwerecyeza muri Rayon Sports, yamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Police FC.

Aya makuru yo kuba Byiringiro Lague yasinyiye ikipe ya Police FC, yatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025.

Ubutumwa bwatangajwe na Police FC, bugira buti “Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunyarwanda Byiringiro Lague yamaze kwinjira mu muryango wa Police FC ku masezerano y’umwaka umwe n’igice avuye muri Sandvikens IF.”

Ubuyobozi bwa Police FC bwakomeje buvuga ko uyu mukinnyi aje gufasha iyi kipe kubona ibitego n’intsinzi. Buti “Ikaze Lague, ngwino dukorane amateka.”

Hari nyuma y’amasaha abarirwa ku ntoki uyu rutahizamu asesekaye mu Rwanda, akakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe.

Ibi byari byanatumye abakunzi ba ruhago mu Rwanda bashimangira inkuru zari zimaze iminsi zicicikana ko uyu rutahizamu w’Amavubi yaba agiye kujya muri Rayon Sports agafasha iyi kipe mu mikino yo kwishyura dore ko ari na yo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Byiringiro Lague yari yagiye muri Sandvikens IF yo muri Sweden mu ntangiro za 2023, aho yari yasinye amasezerano y’imyaka ine, akaba yaratandukanye na yo nyuma y’imyaka ibiri ku bwumvikane bw’impande zombi nk’uko byatangajwe mu cyumweru gishize n’ubuyobozi bw’iyi kipe y’i Burayi.

Byiringiro Lague yahawe ikaze mu muryango wa Police FC
Ari kumwe n’umwe mu bayobozi ba Police FC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.