Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye rutahizamu Lague wavugwaga muri Rayon yagiye mu yindi kipe
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Byiringiro Lague uherutse gutandukana n’ikipe yo muri Sweden, byavugwaga ko ashobora kwerecyeza muri Rayon Sports, yamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Police FC.

Aya makuru yo kuba Byiringiro Lague yasinyiye ikipe ya Police FC, yatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025.

Ubutumwa bwatangajwe na Police FC, bugira buti “Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunyarwanda Byiringiro Lague yamaze kwinjira mu muryango wa Police FC ku masezerano y’umwaka umwe n’igice avuye muri Sandvikens IF.”

Ubuyobozi bwa Police FC bwakomeje buvuga ko uyu mukinnyi aje gufasha iyi kipe kubona ibitego n’intsinzi. Buti “Ikaze Lague, ngwino dukorane amateka.”

Hari nyuma y’amasaha abarirwa ku ntoki uyu rutahizamu asesekaye mu Rwanda, akakirwa ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddé na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe.

Ibi byari byanatumye abakunzi ba ruhago mu Rwanda bashimangira inkuru zari zimaze iminsi zicicikana ko uyu rutahizamu w’Amavubi yaba agiye kujya muri Rayon Sports agafasha iyi kipe mu mikino yo kwishyura dore ko ari na yo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Byiringiro Lague yari yagiye muri Sandvikens IF yo muri Sweden mu ntangiro za 2023, aho yari yasinye amasezerano y’imyaka ine, akaba yaratandukanye na yo nyuma y’imyaka ibiri ku bwumvikane bw’impande zombi nk’uko byatangajwe mu cyumweru gishize n’ubuyobozi bw’iyi kipe y’i Burayi.

Byiringiro Lague yahawe ikaze mu muryango wa Police FC
Ari kumwe n’umwe mu bayobozi ba Police FC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku mpamvu mu Rwanda hagiye gukoreshwa imiti mishya ya Malaria

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
MU RWANDA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

17/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.