Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in IMIBEREHO MYIZA
0
Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera, baravuga ko bafashe umwanzuro wo kujya bararana n’amatungo yabo mu nzu kuko ubujura bayakorerwa bumaze gufata intera.

Aba baturage bamaze iminsi bataka ubujura bw’amatungo aho abajura bitwikira amajoro bakaza aho ari mu biraro bakayiba.

Bavuga ko nta joro ritandukana hatagize itungo ryibwa mu gihe nyamara hari benshi bayakeshaga imibereho ya buri munsi kuko umusaruro wayo watumaga bagura umunyu n’ibindi bikenerwa mu rugo.

Umwe yagize ati “Inka mu giturage barazimaze, ubu nta muntu ugifite Inka, buri munsi buri munsi bajyana Inka.”

Babwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko ubu bafashe umwanzuro wo kurarana n’amatungo yabo mu nzu kabone nubwo babizi ko bigira ingaruka ndetse badahwema kubibuzwa n’ubuyobozi.

Umwe yagize ati “Njye ufite ihene nabigenza nte ahubwo ko nayiraza mu nzu nkararana na yo kugira ngo bataza kuyintwara.”

Akomeza agira ati “Kaba kamvunnye mba nayabonye nayakobokeye, barangiza bakaza kuyizana. Ubu ndararana na yo.”

Bavuga ko yaba itungo rigufi cyangwa iririre nta na rimwe abajura basiga inyuma ku buryo ubu biyemeje kujya bayaraza ahatagerwa n’aba bashaka kurya ibyo batavunikiye.

Undi yagize ati “None byagenda bite ko ari ukuyizirikaho. Ni ukiyizirika hafi y’aho urara kugira ngo batayiba kuko uyiraje hanze n’iyo yaba iri mu kiraro barara bagisenye bakayitwara.

Aba baturage basaba ubuyobozi kubashyiriraho irondo ry’umwuga cyangwa bakarindirwa umutekano wihariye n’inzego zirimo nka Polisi n’Igisirikare.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal akunze kuvuga ko ikibazo cy’abaturage bararana n’amatungo kidashingiye ku bujura buyakorerwa ahubwo ko ari imyumvire ikiri hasi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 8 =

Previous Post

Kigali: Umushoferi w’ivatiri yacaniwe maremare na Fuso ashiguka imodoka yayiroshye mu mugezi

Next Post

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.