Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in IMIBEREHO MYIZA
0
Biyemeje kurarana n’amatungo atari urukundo ruhebuje bayakunda ahubwo kuko abajura bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera, baravuga ko bafashe umwanzuro wo kujya bararana n’amatungo yabo mu nzu kuko ubujura bayakorerwa bumaze gufata intera.

Aba baturage bamaze iminsi bataka ubujura bw’amatungo aho abajura bitwikira amajoro bakaza aho ari mu biraro bakayiba.

Bavuga ko nta joro ritandukana hatagize itungo ryibwa mu gihe nyamara hari benshi bayakeshaga imibereho ya buri munsi kuko umusaruro wayo watumaga bagura umunyu n’ibindi bikenerwa mu rugo.

Umwe yagize ati “Inka mu giturage barazimaze, ubu nta muntu ugifite Inka, buri munsi buri munsi bajyana Inka.”

Babwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko ubu bafashe umwanzuro wo kurarana n’amatungo yabo mu nzu kabone nubwo babizi ko bigira ingaruka ndetse badahwema kubibuzwa n’ubuyobozi.

Umwe yagize ati “Njye ufite ihene nabigenza nte ahubwo ko nayiraza mu nzu nkararana na yo kugira ngo bataza kuyintwara.”

Akomeza agira ati “Kaba kamvunnye mba nayabonye nayakobokeye, barangiza bakaza kuyizana. Ubu ndararana na yo.”

Bavuga ko yaba itungo rigufi cyangwa iririre nta na rimwe abajura basiga inyuma ku buryo ubu biyemeje kujya bayaraza ahatagerwa n’aba bashaka kurya ibyo batavunikiye.

Undi yagize ati “None byagenda bite ko ari ukuyizirikaho. Ni ukiyizirika hafi y’aho urara kugira ngo batayiba kuko uyiraje hanze n’iyo yaba iri mu kiraro barara bagisenye bakayitwara.

Aba baturage basaba ubuyobozi kubashyiriraho irondo ry’umwuga cyangwa bakarindirwa umutekano wihariye n’inzego zirimo nka Polisi n’Igisirikare.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal akunze kuvuga ko ikibazo cy’abaturage bararana n’amatungo kidashingiye ku bujura buyakorerwa ahubwo ko ari imyumvire ikiri hasi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Kigali: Umushoferi w’ivatiri yacaniwe maremare na Fuso ashiguka imodoka yayiroshye mu mugezi

Next Post

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.