Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
3
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Saa kumi n’ebyiri (18:00’) zibura iminota micye, umutwe wa M23 wari wahawe kutarenza iyi saha utarubahiriza ibyo wasabwe, wemeye guhagarika imirwano ariko ugira icyo usaba Guverinoma ya DRC ndetse n’umuhuza.

Mu nama yahuje abakuru b’Ibihugu i Luanda muri Angola ku wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, umutwe wa M23 wari wasabwe ko kugeza uyu munsi saa kumi n’imwe z’umugoroba (18:00) ugomba kuba wahagaritse kugaba ibitero kuri FARDC no kuri MONUSCO.

Saa kumi n’ebyiri zibura iminota micye zo kuri kuri uyu wa Gatanu, ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwashyize hanze itangazo rivuga ko wemeye guhagarika imirwano nkuko byasabwe n’Abakuru b’Ibihugu ariko ugasaba Guverinoma ya DRC n’igisirikare cyayo kubahiriza iki cyemezo.

Ingingo ya gatatu y’iri tangazo ivuga kuri iki cyemezo cyo guhagarika imirwano, ikomeza ivuga ko M23 “na yo ifite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage mu gihe haba habayeho kurenga ku mwanzuro wo guhagarika imirwano wafashwe.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utigeze ugaba ibitero kuri FARDC ahubwo ko ari yo iyigabaho ibitero, biratuma na wo witabara ndetse ko ari na yo ntandaro yo gufata ibice binyuranye wagiye ufata, ugamije kwirinda no kuburizamo ibitero ugabwaho na FARDC ifatanyije n’imitwe inyuranye.

Iri tangazo rya M23 nubwo hanasinywe amasezerano atandukanye yo guhagarika imirwano ariko yagiye arengwaho na Guverinoma ya Congo binyuze mu bufatanye b’Igisirikare cyayo cya FARDC n’indi mitwe irimo FDLR, NYATURA, ACPLS, CODECO na Mai-Mai.

Uyu mutwe kandi wasabye ko wahura n’umuhuza muri iki kibazo ndete n’uruhande ruri gutanga ubufasha kugira ngo haganirwe ku buryo mu Gihugu hagarurwa amahoro.

RADIOTV10

Comments 3

  1. BENIMANA Eric says:
    3 years ago

    I’m happy for joining

    Reply
  2. Eric Benimana says:
    3 years ago

    I’m happy for joining

    Reply
  3. Eric Benimana says:
    3 years ago

    I’m happy for joining your team

    Reply

Leave a Reply to Eric Benimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Next Post

Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra

Related Posts

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko nyuma yuko hakomeje kugaragara imvugo z’ivanguramoko, ibikorwa...

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

by radiotv10
05/05/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Tushunguti wo muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bawukuyemo abarwanyi...

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya Jean-Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w'Intebe Wungirije, n'uw’Ubwikorezi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira...

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Nyuma y’umunsi umwe Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Perezida William Ruto wa Kenya na we aratangira...

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
04/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibitero bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye birimo ibyibasira amatungo y’abaturage, bigamije gukomeza gushyira mu kaga ubuzima n’imibereho...

IZIHERUKA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa
AMAHANGA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra

Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.