Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

radiotv10by radiotv10
15/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity
Share on FacebookShare on Twitter

Yari derby itegerejwe na benshi byumwihariko ku ruhande rwa Manchester United, abafana bayo impande zose z’Isi kugeza no mu Rwanda, bari bafashe iry’iburyo ngo ikipe yabo yigaranzure Manchester City yari imaze imyaka itatu itayitsinda, biza no kubahira ikipe yabo itsinda 2-1.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gandatu tariki 14 Mutarama 2023 ku kibuga cya Old Trafford cy’ikipe ya Manchester United.

Ni umukino wagiye kuba Manchester United ifite igishyika kuko mu mukino ubanza, Manchester City yari yahaye isomo rya ruhago, iyitsinda ibitego 6-3.

Gusa ariko nubwo ayo ari amateka ahari, ntibyabujije Umutoza Ten Hag n’abasore be kwitwara neza muri uyu mukino, cyane ko bashakaga intsinzi ya 9 yikurikiranya muri English Premier League, ibyo baherukaga ku Ngoma y’Umutoza Sir. Alex Ferguson.

Manchester City, ni yo yafunguye amazamu binyuze ku kazi gakomeye kakozwe na Kevin De Bruyne wahereje umupira umwongereza Jack Grealish na we ntiyapfusha ubusa ahita anyeganyeza incundura.

Grealish yatsinze iki gitego cy ambere muri uyu mukino, amaze iminota itatu gusa yinjiye mu kibuga asimbuye Phil Foden.

Benshi batangiye kwibaza niba amateka agiye kwisubiramo, gusa si ko byagenze kuko Manchester United yahise ikora impinduka zitandukanye, yinjiza abakinnyi barimo Antony wasimbuye Anthony Martial na Christian Eriksen wasimbuwe na Alejandro Garnacho.

Nyuma y’izo mpinuka, Manchester United yashyize igitutu gikomeye kuri Manchester City biza no gutuma abakinnyi ba City bibeshya ko Rashford yarariye, nyuma yuko yari ahawe umupira murere na Casemiro, na we awushorera atawukoze ndetse biza guha amahirwe Bruno Fernandez yo gutsindira ikipe ye igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 78.

Abakinnyi b’umutoza Pep Guardiola bahise basatira umusifuzi Stuart Attwell, maze na we yifashishe VAR yemeza ko ari igitego.

Umutoza wa Manchester City utari ufite ibisubizo byinshi yaje gutsindwa igitego cya kabiri na Marcus Rashford ku munota wa 82’ ku mupira mwiza yari ahawe na Alejandro Garnacho. Kuri Marcus Rashford yatsindaga igitego cya 8 mu mikino 7 iberuka.

Umukino ni na ko umukino wahumuje, Manchester United yegukana amanota atatu iyakuye kuri Manchester City idahagaze neza, dore ko iheruka no gusezererwa mu irushanwa rya Carabao Cup muri iki cyumweru hagati.

Uko gutsindwa kandi kwa Manchester City kwatumye hagati yayo na arsenal iyoboye urutonde rw’agateganyo hajyamo amanota 8, nubwo Arsenal igomba kwisobanura na Tottenham Hotspurs kuri iki Cyumweru na wo ukaba ari mukino utoroshye muri shampiyona y’u Bwongereza.

Bruno Fernandez yaboneye Man U igitego cya mbere cyatumye icyizere kigaruka
Casemiro na we hagati yari yabazonze

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − seven =

Previous Post

Kayonza: Uwari watawe n’umugore we yafashe icyemezo kibababaje

Next Post

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Related Posts

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

by radiotv10
14/10/2025
0

Phanuel Kavita uri mu bakinnyi bigaragaje mu mukino u Rwanda ruheruka gukina na Benin, byemejwe ko atagaragara mu mukino uhuza...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

by radiotv10
14/10/2025
0

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari...

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko bwahagaritse Umutoza Mukuru w'iyi kipe Afhamia Lotfi mu gihe kingana n'ukwezi, mu gihe...

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Abakinnyi bakanyujijeho mu mukino wa Volleyball mu Rwanda bakiniye amakipe anyuranye n’iy’Igihugu, bakinnye irushanwa ritegura Shampiyona, mu mikino y’ubusabane igamije...

IZIHERUKA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga
AMAHANGA

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.