Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

radiotv10by radiotv10
15/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity
Share on FacebookShare on Twitter

Yari derby itegerejwe na benshi byumwihariko ku ruhande rwa Manchester United, abafana bayo impande zose z’Isi kugeza no mu Rwanda, bari bafashe iry’iburyo ngo ikipe yabo yigaranzure Manchester City yari imaze imyaka itatu itayitsinda, biza no kubahira ikipe yabo itsinda 2-1.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gandatu tariki 14 Mutarama 2023 ku kibuga cya Old Trafford cy’ikipe ya Manchester United.

Ni umukino wagiye kuba Manchester United ifite igishyika kuko mu mukino ubanza, Manchester City yari yahaye isomo rya ruhago, iyitsinda ibitego 6-3.

Gusa ariko nubwo ayo ari amateka ahari, ntibyabujije Umutoza Ten Hag n’abasore be kwitwara neza muri uyu mukino, cyane ko bashakaga intsinzi ya 9 yikurikiranya muri English Premier League, ibyo baherukaga ku Ngoma y’Umutoza Sir. Alex Ferguson.

Manchester City, ni yo yafunguye amazamu binyuze ku kazi gakomeye kakozwe na Kevin De Bruyne wahereje umupira umwongereza Jack Grealish na we ntiyapfusha ubusa ahita anyeganyeza incundura.

Grealish yatsinze iki gitego cy ambere muri uyu mukino, amaze iminota itatu gusa yinjiye mu kibuga asimbuye Phil Foden.

Benshi batangiye kwibaza niba amateka agiye kwisubiramo, gusa si ko byagenze kuko Manchester United yahise ikora impinduka zitandukanye, yinjiza abakinnyi barimo Antony wasimbuye Anthony Martial na Christian Eriksen wasimbuwe na Alejandro Garnacho.

Nyuma y’izo mpinuka, Manchester United yashyize igitutu gikomeye kuri Manchester City biza no gutuma abakinnyi ba City bibeshya ko Rashford yarariye, nyuma yuko yari ahawe umupira murere na Casemiro, na we awushorera atawukoze ndetse biza guha amahirwe Bruno Fernandez yo gutsindira ikipe ye igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 78.

Abakinnyi b’umutoza Pep Guardiola bahise basatira umusifuzi Stuart Attwell, maze na we yifashishe VAR yemeza ko ari igitego.

Umutoza wa Manchester City utari ufite ibisubizo byinshi yaje gutsindwa igitego cya kabiri na Marcus Rashford ku munota wa 82’ ku mupira mwiza yari ahawe na Alejandro Garnacho. Kuri Marcus Rashford yatsindaga igitego cya 8 mu mikino 7 iberuka.

Umukino ni na ko umukino wahumuje, Manchester United yegukana amanota atatu iyakuye kuri Manchester City idahagaze neza, dore ko iheruka no gusezererwa mu irushanwa rya Carabao Cup muri iki cyumweru hagati.

Uko gutsindwa kandi kwa Manchester City kwatumye hagati yayo na arsenal iyoboye urutonde rw’agateganyo hajyamo amanota 8, nubwo Arsenal igomba kwisobanura na Tottenham Hotspurs kuri iki Cyumweru na wo ukaba ari mukino utoroshye muri shampiyona y’u Bwongereza.

Bruno Fernandez yaboneye Man U igitego cya mbere cyatumye icyizere kigaruka
Casemiro na we hagati yari yabazonze

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + three =

Previous Post

Kayonza: Uwari watawe n’umugore we yafashe icyemezo kibababaje

Next Post

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.