Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

radiotv10by radiotv10
15/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity
Share on FacebookShare on Twitter

Yari derby itegerejwe na benshi byumwihariko ku ruhande rwa Manchester United, abafana bayo impande zose z’Isi kugeza no mu Rwanda, bari bafashe iry’iburyo ngo ikipe yabo yigaranzure Manchester City yari imaze imyaka itatu itayitsinda, biza no kubahira ikipe yabo itsinda 2-1.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gandatu tariki 14 Mutarama 2023 ku kibuga cya Old Trafford cy’ikipe ya Manchester United.

Ni umukino wagiye kuba Manchester United ifite igishyika kuko mu mukino ubanza, Manchester City yari yahaye isomo rya ruhago, iyitsinda ibitego 6-3.

Gusa ariko nubwo ayo ari amateka ahari, ntibyabujije Umutoza Ten Hag n’abasore be kwitwara neza muri uyu mukino, cyane ko bashakaga intsinzi ya 9 yikurikiranya muri English Premier League, ibyo baherukaga ku Ngoma y’Umutoza Sir. Alex Ferguson.

Manchester City, ni yo yafunguye amazamu binyuze ku kazi gakomeye kakozwe na Kevin De Bruyne wahereje umupira umwongereza Jack Grealish na we ntiyapfusha ubusa ahita anyeganyeza incundura.

Grealish yatsinze iki gitego cy ambere muri uyu mukino, amaze iminota itatu gusa yinjiye mu kibuga asimbuye Phil Foden.

Benshi batangiye kwibaza niba amateka agiye kwisubiramo, gusa si ko byagenze kuko Manchester United yahise ikora impinduka zitandukanye, yinjiza abakinnyi barimo Antony wasimbuye Anthony Martial na Christian Eriksen wasimbuwe na Alejandro Garnacho.

Nyuma y’izo mpinuka, Manchester United yashyize igitutu gikomeye kuri Manchester City biza no gutuma abakinnyi ba City bibeshya ko Rashford yarariye, nyuma yuko yari ahawe umupira murere na Casemiro, na we awushorera atawukoze ndetse biza guha amahirwe Bruno Fernandez yo gutsindira ikipe ye igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 78.

Abakinnyi b’umutoza Pep Guardiola bahise basatira umusifuzi Stuart Attwell, maze na we yifashishe VAR yemeza ko ari igitego.

Umutoza wa Manchester City utari ufite ibisubizo byinshi yaje gutsindwa igitego cya kabiri na Marcus Rashford ku munota wa 82’ ku mupira mwiza yari ahawe na Alejandro Garnacho. Kuri Marcus Rashford yatsindaga igitego cya 8 mu mikino 7 iberuka.

Umukino ni na ko umukino wahumuje, Manchester United yegukana amanota atatu iyakuye kuri Manchester City idahagaze neza, dore ko iheruka no gusezererwa mu irushanwa rya Carabao Cup muri iki cyumweru hagati.

Uko gutsindwa kandi kwa Manchester City kwatumye hagati yayo na arsenal iyoboye urutonde rw’agateganyo hajyamo amanota 8, nubwo Arsenal igomba kwisobanura na Tottenham Hotspurs kuri iki Cyumweru na wo ukaba ari mukino utoroshye muri shampiyona y’u Bwongereza.

Bruno Fernandez yaboneye Man U igitego cya mbere cyatumye icyizere kigaruka
Casemiro na we hagati yari yabazonze

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + nine =

Previous Post

Kayonza: Uwari watawe n’umugore we yafashe icyemezo kibababaje

Next Post

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.